Smart World Education yahuguye abifuza kumenya byisumbuye ubwenge buhangano na Bitcoin – AMAFOTO + VIDEO

Uburezi - 16/11/2025 5:57 AM
Share:

Umwanditsi:

Smart World Education yahuguye abifuza kumenya byisumbuye ubwenge buhangano na Bitcoin – AMAFOTO + VIDEO

Ku nshuro ya mbere i Kigali, abifuza kumenya byinshi kuri AI (Ubwenge buhagano), Ifaranga rya murandasi nka Bitcoin ndetse n’uburyo bwo gucunga umutekano w’ayo mafaranga (Blockchain) bahawe amahugurwa n’inzobere yaturutse mu Budage, Jörg Molt akaba ari nawe washinze Smart World Education.

Ni amahugurwa yatanzwe mu rwego rwo kongerera ubumenyi abanyarwanda ku ifaranga rikoranye ubuhanga ricururizwa kuri murandasi ndetse n’uburyo bwo gukoresha neza iryo faranga hagamijwe kwirinda abatekamutwe bo kuri murandasi.

Aya mahugurwa yateguwe na Smart World Education yashingiwe mu Budage ariko ikaba ikorera muri Nigeria ndetse n’u Buhinde, bivuze ko u Rwanda rubaye igihugu cya kabiri cyo muri Africa Smart World Education ikoreyemo.

Inzobere Jörg Molt wanatanze amasomo uyu munsi akaba ari nawe washinze iri shuri rya Smart World Education, yatumiwe ndetse asabwa n’abanyarwanda benshi bitabiriye “Africa Blockchain Festival” bamusaba ko ubumenyi yabasangije icyo gihe yakomeza kububasangiza na nyuma y’iyo nama yari yabahuje, nuko ategura uyu munsi wa none.

Mu masomo yibanzeho uyu munsi, harimo kugaragaza akamaro ko gucukura amafaranga yo kuri murandasi (Mining), ibisabwa ndetse n’inyungu zibamo n’impamvu bikorwa. Yagarutse kandi buryo bwo kwirinda ibitero by’abajura bakoresha ikoranabuhanga.

Bamwe mu bitabiriye aya mahugurwa barimo Ntare Junior, bavuga ko bakuye amasomo menshi n’ubumenyi muri aya mahugurwa agiye kubafasha gukomeza kwiteza imbere binyuze mu gutangira gucuruza no gukoresha aya mafaranga yo kuri murandasi nka Bitcoin.

Ati: “Kuba batwigishaga blockchain na AI, nifuzaga kumenya amakuru menshi kuri ibyo. Ndumva AI tuyikoresha kenshi cyane kandi na Blockchain nabashije kumenya amakuru menshi kuri ibyo.”

Jörg Molt watanze aya mahugurwa yavuze ko uko abantu bashyira imbaraga mu kwiga no kumenya ibi biragano bishya by’imitegekere y’ifaranga mu bihe biri imbere, bizongera abashoramari mu gihugu kandi bizateza imbere Igihugu kuko abantu bazaba bazi gukoresha iryo faranga ryo kuri murandasi.

Umugore wa Jörg Molt avuga ko ari ingenzi kugira uruhare rw’abagore muri iki gihe iterambere n’ikoranabuhanga biri ku muvuduko udasanzwe cyane ko abagore bafite ubushobozi n’ubudasa bwo gusobanura ibintu neza.

Yagize ati: “Ndatekereza ko ari ingenzi kugira uruhare rw’abagore muri iri terambere ry’ikoranabuhanga ndetse n'uburezi bwaryo kuko abagore basobanura ibintu neza kurusha abagabo.

Abagore baracyitinya mu kwiga no kwitabira amahugurwa menshi hamwe n’abagabo, baracyafite ubwoba bwo kubaza cyangwa se bakaba badafite ubumenyi buhagije. Ndatekereza ko ari ingenzi cyane kandi muri iki cyiciro natangiye kubona hazamo abagore.”

Aya mahugurwa ya AI, Blockchain na Bitcoin azakomeza gutangwa binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga ndetse abazabasha kuyasoza bazahabwa icyangombwa kigaragaza ko bayakoze ndetse bashobora no gutangira guhugura bagenzi babo.

Benshi biganjemo urubyiruko, bahawe amahugurwa na Smart World Education

Jörg Molt akaba ari na we washinze Smart World Education, yatanze amasomo kuri AI, Blockchain na Bitcoins

REBA AMASHUSHO UBWO MU RWANDA HATANGIZWAGA ISHURI RYA AI, BLOCKCHAIN NA BITCOIN


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...