Uyu musangiro wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 3
Nzeri 2026 muri RG Sports Center Rooftop mu karere ka Kicukiro.
Jules Karangwa yavuze bakeneye gutegura ibikorwa
bihuza abantu benshi bitari ku mukino gusa bafatanyije na SKOL.
Yavuze ko SKOL yiteguye gukemura ikibazo cy’abafana
bajya kuri Stade bakaba babura icyo kurya cyangwa kunywa.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubucuruzi muri SKOL,
Jean-Dominique Marcireau, yavuze ko izafatanya n’urwego ruyobora Shampiyona y’u
Rwanda, bagateza imbere ruhago.
Ati “Imishinga yacu muri siporo, ni ugufatanya na
Rwanda Premier League guteza imbere urwego rw’umupira w’amaguru mu Rwanda,
tudasize impano z’abakiri bato.”
Mu kwezi kwa 6 nibwo SKOL yasinyanye amasezerano
y’imyaka itatu na Rwanda Premier League
aho uru Ruganda rwabaye ‘Official Beer
Partner ‘wa shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda, BK Pro League.
Aya masezerano afite agaciro kayingayinga Miliyari 1 Frw aho SKOL buri mwaka izajya itanga Miliyoni 305 Frw, bivuze ko SKOL izatanga Miliyoni 915 Frw.
Kuri aya mafaranga harimo azajya ahabwa amakipe yatsinze aho
buri kipe izajya ihabwa Miliyoni Frw ku mukino yatsinze ndetse hanahembw
abafana.
Ibinyobwa bya SKOL ni byo binyobwa bisembuye bizajya
bicuruzwa kuri Stade muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

Perezida wa Gasogi United,Kakooza Nkuliza Charles(KNC) ari mu bitabiriye uyu musangiro

Juno Kizigenza yataramiye abawitabiriye

Abitabiriye uyu musangiro bakirijwe ibinyobwa bya SKOL


Abayobozi batandukanye bo mu mupira w'u Rwanda

Jules Karangwa yavuze bakeneye gutegura ibikorwa bihuza abantu benshi bitari ku mukino gusa bafatanyije na SKOL

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubucuruzi muri SKOL, Jean-Dominique Marcireau, yavuze ko izafatanya n’urwego ruyobora Shampiyona y’u Rwanda, bagateza imbere ruhago

Ariel Wayz yataramiye abitabiriye uyu musangiro






