Iyi poromosiyo idasanzwe yatangijwe na SKOL Malt irahamagarira abafana b’umupira w'amaguru bafite imyaka 18 y'amavuko kuzamura gutega amakipe ane azagera muri ½ cy’irangiza (semi-final) cy’irushanwa rikomeye ry’umupira w’amaguru rigiye kuba ku rwego rw’Isi, uhuje n'uko bizarangira agatsindira urugendo rwishyuwe rwose rugana mu gihugu kizaba cyegukanye igikombe.
SKOL Malt yavuze ko iyi poromosiyo igamije kurushaho guhuza abakunzi b’umupira w’amaguru mu tubari, ahabera imyidagaduro n’ahareberwa imikino, mu gihe banahabwa amahirwe yo gutsindira ibihembo bitandukanye mu gihe cyose irushanwa rizaba rikomeje.
Uko umuntu yitabira iyi poromosiyo
Ushaka kwitabira iyi poromosiyo asabwa kugura SKOL Malt, agahitamo amakipe ane yizera ko azagera muri ½ cy’irangiza, hanyuma agakusanya udupapuro two ku mugongo w’icupa (back labels) duhagarariye ayo makipe.
Nyuma yaho, ashyira ifoto igaragara neza y’utwo dupapuro tune ku rubuga rwa www.skolfootball.rw, akanuzuza amakuru ye bwite ndetse akanohereza amakipe yahisemo.
Buri kwitabira gusabwa kuba kurimo amakipe ane atandukanye kandi utudupapuro twoherejwe tugomba guhura n’amakipe yatoranyijwe.
Umuntu yemerewe kwitabira rimwe ku munsi, kandi uko yitabira inshuro nyinshi ni ko yongera amahirwe yo kugera ku bihembo bikuru, igihe amakipe ye yose ane yaba ageze muri ½ cy’irangiza.
SKOL yatangaje ko uzatsindira igihembo gikuru muri iyi poromosiyo azahembwa gukora urugendo rwose rwishyuwe rugana mu gihugu kizaba cyegukanye igikombe.
Mu gihe abantu barenze umwe baba bavuze neza amakipe ane azagera muri ½ cy’irangiza, hazakoreshwa tombola iyobowe n’umuhesha w’inkiko kugira ngo hatoranywe utsinda.
Abemerewe kwitabira n’ibisabwa iyi poromosiyo
Iyi poromosiyo igenewe gusa abantu bafite nibura imyaka 18 y’amavuko kandi bemera amabwiriza n’amategeko ayigenga. Uzegukana igihembo gikuru azasabwa kuba yujuje ibisabwa kugira ngo akore urugendo mpuzamahanga, harimo no kugira pasiporo ifite agaciro.
SKOL Malt yanibukije ko amakuru yose atangwa n’abitabira iyi poromosiyo agomba kuba yuzuye kandi ari ukuri, kuko amakuru atuzuye cyangwa atari yo ashobora gutuma umuntu avanwa mu irushanwa.
Urubuga www.skolfootball.rw rushobora gukoreshwa kuri telefoni zigezweho (smartphones). Abadafite bene izo telefoni na bo bazafashwa n’abakozi ba SKOL bazaba bari mu tubari twatoranyijwe, kandi bazajya bahabwa ubutumwa bwo kubemeza ko biyandikishije binyuze kuri SMS.
SKOL Football Village igiye kwakira abafana b’umupira
Mu rwego rwo kurushaho gushimisha abafana, SKOL Malt izanategura SKOL Football Village izabera muri Camp Kigali kuva ku wa 11 Kamena kugeza ku wa 19 Nyakanga 2026.
Aha ni ho abafana bazajya barebera imikino yose y’irushanwa ku mashusho manini (live screenings), banitabire ibikorwa bitandukanye byo kwidagadura.
Muri ibyo bikorwa harimo umukino wa sitting football, imikino ya kicker, gukina kuri PS5 ndetse n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro bizahuza abakunzi b’umupira w’amaguru mu gihe cyose irushanwa rizaba rikomeje.
Mu gihe ibyishimo by’umupira w’amaguru bikomeje kwiyongera hirya no hino ku Isi, “Fly to the Home of Champions” igamije guhuza imyidagaduro, kurebera hamwe imikino, gushimangira ubufatanye hagati y’abafana no gutanga ibihembo, byose bigashingira ku rukundo rusangiwe rw’umupira w’amaguru.


SKOL Malt yatangije poromosiyo “Fly to the Home of Champions” irimo ibihembo bikomeye
