Sir Jim Ratcliffe wa Manchester United uheruka mu Rwanda yatakaje hafi Miliyari 2 z’Amapawundi ku mutungo we

Imikino - 15/05/2026 7:33 AM
Share:

Umwanditsi:

Sir Jim Ratcliffe wa Manchester United uheruka mu Rwanda yatakaje hafi Miliyari 2 z’Amapawundi ku mutungo we

Umunyemari Jim Ratcliffe usanzwe ari umwe mu bafite imigabane muri Manchester United akaba aheruka mu Rwanda, umutungo we wagabanutseho hafi miliyari 2 z’amapawundi nk’uko byatangajwe na The Sunday Times mu rutonde rw’abakire bo mu Bwongereza rwa 2026.

Nk’uko uru rutonde rubigaragaza, umutungo wa Ratcliffe ubu ubarirwa muri miliyari £15.19 (asaga miliyari $20.5), uvuye kuri miliyari £17.046 yari afite mu 2025. Ibi byatumye ava ku mwanya wa 8 ajya ku wa 9 mu bakire ba mbere mu Bwongereza.

Uyu mugabo w’imyaka 73 y’amavuko yamenyekanye cyane binyuze mu kigo cye cy’imiti n’inganda cya INEOS yashinze mu 1998. Mu 2018 ni we wari uyoboye urutonde rw’abakire kurusha abandi mu Bwongereza, aho yari afite umutungo urenga miliyari £21.

Mu mpera za 2023, Ratcliffe yaguze imigabane ingana na 25% muri Manchester United, ahabwa ububasha bwo kuyobora ibikorwa bya siporo muri iyi kipe. Uretse Manchester United, afite n’indi migabane mu makipe arimo Mercedes-AMG Petronas Formula One Team, OGC Nice, FC Lausanne-Sport ndetse n’ikipe y’amagare ya Ineos Grenadiers.

Nubwo Manchester United yasoje shampiyona ebyiri zibanza iri ku mwanya wa 8 n’uwa 15 muri Premier League kuva Ratcliffe yinjira muri iyi kipe, muri uyu mwaka ibintu byongeye kugenda neza kuko iyi kipe yamaze kubona itike ya Champions League isigaje imikino itatu ngo shampiyona irangire.

Manchester United yanatwaye FA Cup mu 2024 iyobowe na Erik ten Hag, mbere y’uko asezererwa agasimburwa na Ruben Amorim nawe waje kwirukanwa muri Mutarama 2026.

Mu bikorwa remezo, Ratcliffe yayoboye ivugururwa rya miliyoni £50 ry’ikibuga cy’imyitozo cya Carrington ndetse anatangaza umushinga wo kubaka stade nshya ya Manchester United izajya yakira abantu 100,000, biteganyijwe ko izatwara miliyari £2.

Gusa uyu munyemari yakunze kuvugwaho cyane gufata ibyemezo byo kugabanya abakozi benshi muri iyi kipe agamije kugabanya amafaranga yakoreshwaga. Yigeze no kuvuga ko iyo batafata izo ngamba “iyi kipe yari kubura amafaranga mbere ya Noheli”.

Ratcliffe yanavuzwe cyane mu ntangiriro z’uyu mwaka nyuma yo gutangaza amagambo yavuze ko u Bwongereza “bwigaruriwe n’abimukira”, ibintu byateje impaka ndetse bikamaganwa n’abarimo Minisitiri w’Intebe Keir Starmer, umuyobozi wa Greater Manchester Andy Burnham ndetse n’amatsinda y’abafana ba Manchester United.

Nyuma Ratcliffe yasabye imbabazi ku magambo yavuze. Mu minsi yashize byamenyekanye ko  uyu mugabo yasuye u Rwanda hagati ya tariki 7 na 11 Mata mu gihe Abanyarwanda bari mu Cyumweru cy’icyunamo mu Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Sir Jim Ratcliffe yasuye ahantu hatandukabye by'umwihariko muri Pariki y’Igihugu y’Akagera ndetse anajya mu karere ka Musanze muri  Pariki y’Igihugu y’Ibirunga icumbikiye ingagi zo mu misozi miremire.

Mu bandi banyabigwi ba siporo bagaragaye ku rutonde rw’abakire mu Bwongereza  harimo:

        David Beckham na Victoria Beckham bafite miliyari £1.185

        Lewis Hamilton afite miliyoni £435

        Rory McIlroy afite miliyoni £325

        Anthony Joshua afite miliyoni £240

        Tyson Fury afite miliyoni £162

        Harry Kane afite miliyoni £110

        Andy Murray afite miliyoni £110.

Sir Jim Ratcliffe aheruka mu Rwanda yatakaje hafi Miliyari 2 z’Amapawundi ku mutungo we



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...