Sinamuciye ugutwi, barabeshya - Umuraperi SKY2 n’umugore we bageze mu nzira za gatanya

Imyidagaduro - 11/05/2026 9:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Sinamuciye ugutwi, barabeshya - Umuraperi SKY2 n’umugore we bageze mu nzira za gatanya

Umuraperi Timothée Hahirwagusenga uzwi nka SKY2, yavuze ko amakimbirane amaze igihe aranga urugo rwe n’umugore we Bakarere Sandrine ari yo yagejeje bombi ku cyemezo cyo gusaba gatanya (Divorce), ndetse ashimangira ko hasigaye gushyira umukono ku nyandiko zemeza ko batandukanye mu buryo bw’amategeko.

SKY2 yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, mu gihe ku mbuga nkoranyambaga na shene zitandukanye za Youtube hakomeje gukwirakwira amakuru ajyanye n’ibibazo byo mu rugo rwe ndetse n’itandukana rye n’umugore we bari bamaranye imyaka irenga icumi baziranye.

Aba bombi basezeranye kubana nk’umugabo n’umugore imbere y’amategeko muri Mutarama 2022, nyuma y’imyaka myinshi babana. SKY2 avuga ko n’ubwo bari bamaze igihe kinini baziranye, urugo rwabo rwakunze kurangwa n’amakimbirane ya hato na hato.

Mu minsi ishize, umugore wa SKY2 yabwiye shene ya Youtube ya Emmy Nyawe ko yanyuze mu bihe bikomeye mu rugo, ndetse avuga ko umwana wabo yagize ihungabana rikabije (Depression) bitewe n’ibibazo byabaga hagati y’ababyeyi be.

Gusa SKY2 yabihakanye, abwira InyaRwanda ko umwana wabo atigeze agira ‘depression’ ahubwo ngo “yararwaye kubera ko twamutereranye.” Avuga ko bamuvuza mu buryo butandukanye harimo no kwitabaza amasengesho kugira ngo amererwe neza.

Uyu muraperi yavuze ko imwe mu mpamvu zikomeye zateje ibibazo mu rugo rwabo ari ubusinzi ndetse no kutumvikana ku miyoborere y’urugo.

Ati: “Ibyabaye byose hagati yanjye n’umugore wanjye byatewe n’ubusinzi bukabije ndetse n’amakimbirane twari dusanganywe. Twageze aho Umudugudu uduhuza utujyana no ku Kagari kubera ibirego bya buri munsi.”

Yongeyeho ko buri wese yashakaga kugira ijambo rya nyuma mu rugo, ibintu yavuze ko byakomeje kubakururira kutumvikana. Ati: “Intandaro ya byose ni ubusinzi. Yari umusinzi nanjye ndi umusinzi. Hari ugushaka kuyobora hagati yacu, buri wese ashaka ko ibyo avuga ari byo bikorwa.”

SKY2 yavuze kandi ko yigeze gushakira umugore we amafaranga yo gushinga akabari kacuruzaga inzoga, ariko ngo ntikatinze gukora.

Uyu muraperi yavuze kandi ko umugore we yigeze kumusaba kuva mu gace ka Gasanze batuyemo, ariko we akabyanga kuko yumvaga bazagurisha inzu yabo igihe cyiza cyageze.

Ati: “Yarambwiye ati ‘reba intonganya ziba hano buri munsi, urashaka ko tuzagurisha aha hantu ari uko hiciwe umuntu?’ Mubwira ko ibyo atari byo nizeye.”

Ku bijyanye n’amakuru amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaciye ugutwi umugore we mbere yo guhungira hanze y’u Rwanda, SKY2 yabiteye utwatsi avuga ko ibyo ari ibinyoma.

Ati: “Sinamuciye ugutwi, ibyo barabeshya. Twashwanye turi mu nzu, akatwa n’ikirahure cy’akabati. Nanjye icyo kirahure cyankase ku ntoki.”

Yavuze kandi ko umugore we yakunze kumukangisha kumufungisha, ndetse ko aherutse no guhamagarwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku Gisozi aho yitabye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026.

SKY2 yavuze ko kuri ubu we n’umugore we bamaze guhabwa inyandiko z’ibanze zemeza ko bashobora gutandukana mu buryo bw’amategeko, ashimangira ko hasigaye gusa gushyira umukono kuri gatanya.

Ati: “Twamaze guhabwa inyandiko zigaragaza ko dushobora guhabwa divorce. Inyandiko yanditswe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari, bivuze ko isaha n’isaha twasinyira gatanya.”

N'ubwo bimeze gutya ariko, umugore wa SKY2 we avuga ko iriya nyandiko atari iya gatanya. Gusa, avuga ko "SKY2 ni we wagiye ku Akagari atanga ikirego ashaka ko dutandukana." Muri iyi nyandiko, hari aho ubuyobozi bw'Akagari bwanditse bugira buti "Impande zombi zikomeza zivuga ko zishaka gutandukana kubera ko bumva batagishoboye kubana." Umugore ati "Niko bimeze, sinyishaka kubana nawe."

Kuri ubu SKY2 yavuze ko ari kuba mu Karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo.

SKY2 yatangaje ko we n’umugore we bemeranyije kuzahana gatanya ‘Divorce’ bagatandukana mu buryo bwemewe n’amategeko


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...