Nubwo
ibyishimo by’ubu bukwe bikomeje gucaracara ku mbuga, hari indi nkuru yatunguranye
cyane ya Karen Bujulu, wahoze ari umukunzi wa Jux, washyize hanze ubutumwa
bukomeye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Kamena 2025, bwongera gusuka
amavuta ku muriro w’ibivugwa ku itandukana ryabo.
Jux
aherutse gukorera Priscilla ubukwe bwa kabiri mu gihugu cya Tanzania, nyuma
y’ibyabereye muri Nigeria, igihugu Priscilla akomokamo. Ibi byatumye urukundo
rwabo ruvugwa cyane muri Afurika y’Iburasirazuba n’Iburengerazuba.
Muri
uwo muhango, Jux yakoze igikorwa cyashimishije benshi ubwo yahaga umugeni we
imodoka nshya yo mu bwoko bwa Range Rover Velar, ayimushyikiriza imbere
y’abashyitsi bari bafite ibyishimo, abacuranzi gakondo n’ibyishimo byari
byabaye byinshi.
Karen wahoze ari
umukunzi wa Juma Jux yatoboye
Mu
gihe abantu benshi bagikurikirana iby’ubu bukwe, Karen Bujulu yafashe umwanya
wo gutangaza ko ibyo abantu bamushinja ko yaciye inyuma Jux atari byo.
Yavuze
ko atigeze aca inyuma Juma Jux, kandi ko n’amakosa yagiye amufatiramo yamuhaye
imbabazi igihe kinini. Avuga ati “Nacecetse igihe kinini abantu banshinja
ibinyoma. Sinigeze muca inyuma Jux, ahubwo ni njye wakorewe(ho) iraha. Namubabariye
kenshi, ariko bigeze aho birenga imbabazi… mpitamo kugenda,”
Karen
yavuze ko impamvu yabivuze atari ukugira ngo asubirane na Jux cyangwa ngo
amwivugaho, ahubwo ari uko ashaka gushyira iherezo ku bivugwa kuri we.
Akomeza
ati “Ndashaka ibisobanuro bigaragara. Narakize. Ndabifuriza amahoro. Icyo nsaba
gusa ni uko mwamvamo muri icyo gice cy’inkuru cyarangiye mu buzima bwanjye.”
Hari
abashyigikiye Karen bavuga ko buri wese afite uburenganzira bwo kwisobanura
igihe yumva arengana. Ariko hari n’abandi batishimiye igihe yabivugiye, bavuga
ko yabitangaje ku bushake nyuma gato y’ubukwe bwa Jux, ashaka kumenyekana.
Nubwo
byateje impaka, benshi bamugaragajeho impuhwe, bavuga ko umuntu wese agira
igihe cyo gukira no kugira amahoro nyuma y’ibikomere.
Mu
gusoza ubutumwa bwe, Karen yavuze ko impamvu nyamukuru yamuteye kuvuga ari
ukwiyubakira ubuzima bushya no kurangiza inkuru yashaje.
Ati
“Sinigeze mbona impamvu yo kwisobanura kuri internet. Ariko niyemeje kuvuga
kuko nkeneye amahoro n’ituze. Ibyabaye narabiretse. Ndifuza ubuzima bushya.”
Naracecetse
igihe kinini, ariko ubu ijwi ryanjye rirumvikana- Karen avuga ku itandukana rye
na Juma Jux
Karen yavuze ko atigeze aca inyuma Juma Jux ahubwo ko yamukoreyeho iraha, kandi ko mu bihe bitandukanye yagiye amuha imbabazi
Juma
Jux aherutse kurushinga na Priscilla mu bukwe bwabereye muri Nigeria no muri
Tanzania
Karen wakunze kugenderera u Rwanda, yavuze ko yavuzwe igihe kinini ariko “Sinashakaga kugaruka ku byashize, ariko simera kubeshyerwa”