Tinuke umugore wo muri Nigeria yashyize hanze amashyusho
ku mbuga nkoranyambaga ashyigikira imyumvire yo gushaka abagore benshi, maze
atanga uburenganzira ku mugabo we bashyingiranwe, amwemerera kurongora abagore
bane.
Yatangaje ko yiteguye gusangira umugabo we n’abandi
bagore nta mururumba anasaba abagore bagenzi be guhindura imyumvire yo
kwikubira, bakareka abagabo babo bagashaka abagore ku bw’umutekano w’urugo.
Abagabo bamwe bahitamo gushaka abagore barenze umwe, ariko kubera amakimbirane yaza hagati yabo n'abo bashakanye, bakabikora rwihishwa cyangwa biyiba.
Uyu mugore avuga ko kutangana kw’imibare y’abagore
n’abagabo kutateza ibibazo igihe abagabo bashatse abagore benshi, kuko bisa
nk'aho abagore ari benshi kuruta abagabo.
Tinuke wanze kwikunda yatanze inama ku bagore ko,
bashaka abagabo bafite amafaranga ahagije, kugira ngo babashe gutunga abo bagore
igihe bafashe umwanzuro wo kubarongora.
Inkuru dukesha Faceofmalawi ivuga ko uyu mugore usengera mu idini ry'abasiramu, yatanze uburenganzira ku mugabo we, amwemerera nibura gushakana n’abagore bane.

Yemereye umugabo we kurongora abagore bane, asaba abagore bagenzi be kureka kwikunda. Ati "Sinakwikunda! umugabo wanjye agomba kurongora abagore bane".
