Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Ndandambara yavuze ko kuba atarashyizwe mu
bahatanira ibi bihembo yabifashe nk’akarengane ndetse n’ibikorwa byo kumwima
agaciro mu karere avukamo ka Rubavu.
Uyu
muhanzi yavuze ko ikibazo cyo kutitabwaho mu bikorwa by’imyidagaduro byo mu
karere ka Rubavu atari ubwa mbere kibayeho, ahubwo ko kimaze imyaka myinshi,
aho yavuze ko kuva mu 2017 yatangira kumenyekana cyane binyuze mu ndirimbo ye
“Ndandambara Yandera Ubwoba”, yakomeje guhura n’imbogamizi zitandukanye zirimo
kudatumirwa mu bitaramo, kutagaragara mu bikorwa by’imyidagaduro ndetse no
kutitabwaho mu bihembo.
Ndandambara
yavuze ko yigeze kwegera bamwe mu bayobozi bafite aho bahuriye n’itegurwa
ry’ibi bihembo ndetse n’abayobozi bo mu karere ka Rubavu ngo bamusobanurire impamvu
atagaragara ku rutonde rw’abahatana, ariko ngo ntiyigeze ahabwa ibisobanuro
bimunyuze.
Ati: “Nabibajije bamwe mu babitegura ndetse n’abayobozi bafite aho bahuriye n’iki
gikorwa ariko sinigeze mbona ibisobanuro bifatika. Hari abansubije ko ntari ku
rwego rw’izo ‘Awards’, ibintu nabonye nk’agasuzuguro no kunyima agaciro.”
Uyu
muhanzi yavuze ko atumva uburyo ibikorwa yakoze ku rwego rw’igihugu bidahabwa
agaciro iwabo mu Rubavu, nyamara ngo yagiye yitabira ibikorwa bikomeye birimo
ibyo kwamamaza gahunda zitandukanye z’igihugu ndetse no gutaramira ahantu
hatandukanye ku rwego rw’igihugu.
Yavuze
kandi ko yigeze gutumirwa mu bikorwa bikomeye birimo ibitaramo bya “Gerayo
Amahoro” ndetse n’ibindi bikorwa byitabiriwe n’abayobozi bakuru mu gihugu,
ibintu avuga ko byagakwiye gutuma ibikorwa bye bihabwa agaciro.
Ati: “Nzakomeza gukora umuziki no guhatana kugeza ku munota wa nyuma w’ubuzima
bwanjye. Sinteze guhagarara gusaba guhabwa agaciro nkwiye nk’umuhanzi wakoze
ibikorwa bifatika.”
Uyu
muhanzi kandi yasabye inzego zibishinzwe gukurikirana uburyo ibikorwa
by’imyidagaduro n’ibihembo bitegurwa, avuga ko hakwiye kubaho ubutabera
n’amahirwe angana ku bahanzi bose.
Ku
rundi ruhande, abategura “Rubavu Music Awards” bavuga ko ibi bihembo bishingira
ku bipimo n’imikorere yihariye mu gutoranya abahatanira ibihembo, nubwo
Ndandambara we avuga ko atanyuzwe n’uburyo byakozwemo muri uyu mwaka.
Ibi
bihembo bya “Rubavu Music Awards” biteganyijwe gutangwa ku nshuro ya kabiri tariki ya 13 Kamena 2026, bigamije gushimira no guteza imbere abahanzi n’abakora ibikorwa
by’imyidagaduro bo mu karere ka Rubavu n’Intara y’Iburengerazuba muri rusange.

“Sinzi icyo bampora iwacu i Rubavu” — Ndandambara yavuze ko yababajwe no kutagaragara ku rutonde rw’abahataniye “Rubavu Music Awards”, ashimangira ko ibikorwa yakoze mu muziki nyarwanda bikwiye guhabwa agaciro

