Siboyintore yiyemeje gutoza umuco nyarwanda abakiri bato – AMAFOTO

Umuco - 05/09/2026 3:22 PM
Share:

Umwanditsi:

Siboyintore yiyemeje gutoza umuco nyarwanda abakiri bato – AMAFOTO

Mu rwego rwo gusigasira umuco no kugaragaza urukundo afitiye Igihugu, Siboyintore Felix arakataje mu gutoza abato umuco nyarwanda ndetse kuwubakundisha kugira ngo bazakurane indangagaciro Igihugu kifuzamo umunyarwanda.

Mu gihe ibigo byinshi by’abana byifashisha ibiruhuko mu kubaha amahugurwa atandukanye, itorero ndangamuco ry’abana rizwi ku izina ry’Uruhongore rw’Umuco rikomeje kugaragaza uruhare ridasanzwe mu kwigisha no gusigasira umuco nyarwanda mu bato.

Iri torero rigizwe n’abana bato rifasha abarikoreramo kumenya umuco w’u Rwanda, kuwusigasira no kuwukunda bakiri bato. Imyitozo yaryo ikorerwa mu kigo cya Mother Mary International School Complex, cyane cyane mu gihe cy’ibiruhuko, aho abana bahurira bagakora imyitozo y’imbyino n’umuco gakondo.

Mu gusozwa kw’ibi biruhuko, Uruhongore rw’Umuco rwateguye igitaramo cyahuje ababyeyi n’abana, aho aba bana bagaragaje ibyo bamaze kwiga mu gihe cyose cy’imyitozo.

Ni igitaramo cyaranzwe n’ibyishimo ku babyeyi, aho benshi bagaragaje kunyurwa n’intambwe abana babo bagezeho mu gusobanukirwa no gukunda umuco w’igihugu cyabo.

Imbyino, indirimbo n’imigirire by’aba bana byagaragaje ko bafite impano iri gutyazwa kandi igamije kubaka ejo hazaza h’umuco nyarwanda.

Umutoza mukuru w’Uruhongore rw’Umuco, Tuyisabe Siboyintore Felix, yavuze ko icyamuteye gufata icyemezo cyo gutoza abana ari urukundo abafitiye n’urukundo akunda igihugu cye.

Yagize ati: “Inshuti zanjye za hafi kurusha izindi ni abana. Ikindi ni urukundo nkunda u Rwanda n’umuco warwo, niyo mpamvu numvise ko kuwutoza abakiri bato ari bwo buryo bwiza bwo kuwusigasira.”

Umubyeyi uhagarariye abandi bafite abana mu Uruhongore rw’Umuco yashimangiye ko kugira igihugu gifite umuco ari umugisha ukomeye, asaba ko uwo muco wakomeza kwigishwa abakiri bato.

Yagize ati: “Ni iby’agaciro kuba dufite igihugu cyiza nk’u Rwanda gifite umuco wihariye utaboneka ahandi. Turashimira cyane umutoza Siboyintore wagize igitekerezo cyo gushinga iri torero rifasha abana bacu gukura bazi uwo ari bo.”

Rwabigwi Cyprian uhagarariye ikigo cya Mother Marry, yavuze ko icyemezo cyo gutanga aho abana bitoreza cyari gisanzwe muri gahunda ye yo gushyigikira uburezi n’umuco.

Yagize ati: “Ubu busitani nabwubakiye abana b’igihugu. Nkunda cyane umuco, kandi uburezi kugira ngo bugire ireme bugomba gushingira ku muco. Igihugu kitagira umuco kiracika.”

Siboyintore Felix ari gufasha abato gukurana urukundo rw'umuco nyarwanda

Siboyintore Felix avuga ko ibyo akora ari ukundo rw'Igihugu



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...