Kenny Sol ni umwe mu bahanzi
bakomeje kwigaragaza cyane mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2026, aho
buri gitaramo agenda asiga amateka yihariye binyuze mu ndirimbo ze zigeza
abafana ku byishimo.
Mu gitaramo cyabereye kuri Stade ya
Nyagatare ku wa Gatandatu tariki ya 18 Nyakanga 2026, uyu muhanzi yongeye kwerekana impamvu ari umwe mu bahanzi bafite
umwanya ukomeye mu muziki w’u Rwanda, asusurutsa imbaga y’abari bitabiriye iki
gitaramo.
Yinjiye ku rubyiniro aririmba
“Haso”, indirimbo yahise ifasha abafana kumwakira neza, akomereza ku ndirimbo
zirimo “Ikinyafu” yakoranye na Bruce Melodie, “Igitangaza” yakoranye na Juno
Kizigenza na Bruce Melodie, “Joli”, “Umurego”, “Phenomena” ndetse na “Molomita”.
Nyuma y’iminota 25 ari ku
rubyiniro, Kenny Sol yasabye abari muri Stade ya Nyagatare gucana amatara ya
telefoni zabo, maze atangira kuririmba indirimbo “Haje Gushya” yahise ihindura
ikirere cy’igitaramo, abantu benshi bahaguruka babyina ndetse baririmba hamwe
na we.
Kenny Sol yageze ku rubyiniro nyuma
y’igihe gito asohoye indirimbo nshya yise “Godzilla”, yakozwe na Producer
Element EleéeH.
Iyi ndirimbo yasohotse mu gihe hari
bamwe mu bahanzi bagiye bagaragara mu itangazamakuru bavuga ko batakibona
impamvu yo gukorana na Element, bavuga ko atabageraho ku gihe cyangwa ko
batabona umwanya uhagije wo gukorana na we.
Ariko Kenny Sol we avuga ko abantu
bakwiye kureba neza uruhare rwa Element mu iterambere ry’umuziki nyarwanda
ndetse bakibuka ko ari umwe mu ba Producer bafite ibikorwa byinshi byakoze
amateka.
Yabwiye InyaRwanda ati: “Ntabwo
byoroshye, kubera ko Element ntabwo ari umuntu usanzwe. Ni uko tubyibagirwa.
Ariko ngerageza gukomeza gushyiramo imbaraga kugira ngo mubone.”
Yakomeje avuga ko nubwo Element
ashobora kuba afite byinshi ahugiyemo, iyo abonye umwanya ahita atanga
umusaruro ufatika.
Kenny Sol yavuze ko ikibazo atari
uko abahanzi bamubura burundu, ahubwo ko ari uko umwanya bahuriraho na we
wahindutse bitewe n’ubwinshi bw’ibikorwa afite.
Element EleéeH ni umwe mu ba Producer
bagize uruhare rukomeye mu mpinduka z’umuziki nyarwanda mu myaka ya vuba, aho
yagiye akorana n’abahanzi batandukanye ndetse akabyara indirimbo zakunzwe
cyane.
Mu bikorwa bye harimo indirimbo nka
“Godzilla” ya Kenny Sol, “Chocolate” ya Chriss Eazy, “Ndi Ready” n’izindi
zakomeje kumugaragaza nk’umwe mu bantu bafite ijambo rikomeye mu bijyanye
n’umuziki.
Nubwo bamwe mu bahanzi bagiye
bagaragaza ko kubona umwanya we bitakiri nk’uko byahoze, Kenny Sol we asanga
bikwiye gusobanurwa mu buryo bwagutse, kuko impamvu nyamukuru ari uko Element
ari umwe mu bantu bafite ibikorwa byinshi ndetse n’abamushaka ari benshi.
MTN Iwacu Muzika Festival 2026
ikomeje kuzenguruka intara zitandukanye z’u Rwanda, ihuza abahanzi bakomeye
n’abakunzi b’umuziki mu bitaramo byitabirwa n’abantu benshi.

Kenny Sol yasusurukije ibihumbi by'abantu mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival cyabereye i Nyagatare

Kenny Sol yavuze ko indirimbo 'Godzilla' aherutse gushyira hanze yayikorewe na Element, kandi ashimira uruhare rwe

Kenny Sol yavuze ko abahanzi bakwiriye kumva uruhare rwa Element ndetse n'urwego agezeho mu gutunganya indirimbo

Kenny Sol yavuze ko ashingiye ku kuntu yakiriwe i Nyagatare, afite icyizere cy'uko i Musanze aho azahacana umucyo



