Ibi
yabigarutseho mu kiganiro cy’imbonankubone (Live) yakoze ari kumwe n’uwo mugabo
we, basubiza bimwe mu bibazo byibajijwe n’ababakurikira ku mbuga
nkoranyambaga ndetse banaganira bisanzwe.
Bimwe
mu bibazo Nana yabajijwe, harimo kuba mu irahira rye yaravuze “Nemeye ku gahato”
hanyuma baramukosora avuga indahiro ya nyayo ko “Nemeye nta gahato” niba
yarasezeranye ku gahato koko.
Yavuze
ko atari agahato ahubwo yibeshye mu mivugire kubera ubwoba yari afite ndetse
yungamo ko umugabo we atari umudiyasipora nk’uko bamwe bari batangiye kuvuga ko
yishakira visa.
Yavuze
kandi ko atazi aho ikibazo cyiri ku bantu bavuga ko umugabo we afite abana
benshi yungamo ko umugabo ari ubyara cyane ko hari uwari umaze kwandika
ahatangirwa ibitekerezo ko umugabo we afite abana 68.
Mu
bamushinjaga kujya gusezerana yambaye impenure, Nana yavuze ko wari umunsi we
udasanzwe, yari akwiye guhitamo imyambaro abona ko ari myiza kandi imubereye
kugira ngo uwo munsi udasanzwe umubere uwo kwibuka iteka ryose kandi yari
yambaye neza.
Kubyo
kuba yaribye umugabo w’abandi, Nana yavuze ko umugabo we atari ihene yo kwiba
ndetse ko impamvu yasezeranye avuga indahiro ye mu Cyongereza ari uko azi
kuvuga Ikinyarwanda ariko ntamenye kugisoma no kucyandika.
Ati: “Umugabo wange ntabwo azi gusoma Ikinyarwanda. Azi kuvuga Ikinyarwanda ariko
ntabwo azi kugisoma cyangwa kucyandika, mumureke rero. Mwagira ngo asome nabi?
Nange mwari mwanyihaye.”
Akomeza agira ati “Ubundi umugabo ni ihene? Umugabo wange nta mugore yagiraga, hanyuma
umugore we azaze atanga ikirego.”
Ibyo byose, Nana yabivuze ari kumwe n’umugabo we Jean Paul baherutse gusezerana imbere y’amategeko.

