Impaka
ku myambarire y’abakobwa n’abagore zikomeje kuvugisha benshi mu Rwanda, cyane
cyane nyuma y’aho bamwe mu bakobwa bagaragaye babuzwa kwinjira mu bikorwa bimwe
na bimwe kubera imyenda bari bambaye.
Iki
kibazo cyazamuye impaka ku bijyanye n’aho umudendezo w’umuntu wo guhitamo
imyambaro urangirira, aho amabwiriza y’ahantu runaka atangirira, ndetse n’icyo
amategeko ateganya ku muntu wambaye imyenda igaragaza bimwe mu bice by’umubiri.
Muri
izi mpaka, Butera Knowless yagaragaje ko imyambarire y’umukobwa cyangwa umugore
idakwiye na rimwe kuba impamvu yo kumuhutaza cyangwa kumugirira nabi.
Butera Knowless
ati “Si iby’i Rwanda”
Mu
butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Butera Knowless yavuze ko gufata umukobwa
nabi kubera imyambaro yahisemo kwambara ari amakosa.
Mu
yandi magambo, Butera Knowless yumvikanisha ko kuba umukobwa yambaye imyenda
umuntu adakunda cyangwa adasanga ikwiye, bidaha uwo muntu uburenganzira bwo
kumutuka, kumuhutaza cyangwa kumufata nabi.
Uyu
muhanzikazi kandi yashimangiye ko imyambarire y’umugore cyangwa umukobwa
itigera iha undi muntu uburenganzira bwo kumuhutaza, kumukorera ihohoterwa,
kumukoraho ku gahato cyangwa kumusambanya.
Yagize
ati: “Imyambarire y’umugore cyangwa umukobwa ntigera iha umuntu uwo ari we wese
uburenganzira bwo kumuhutaza, kumukorera ihohoterwa, kumukoraho cyangwa
kumusambanya.”
Knowless
kandi yavuze ko yizeye ko Polisi y’u Rwanda izakurikirana ibyabaye, igafata
ibyemezo bikwiye.
Nubwo
yashimangiye ko ibitagenda neza bikwiye gukosorwa, Knowless yanagaragaje ko
ibyo bidakwiye gutuma abantu birengagiza akazi keza Polisi y’u Rwanda ikora mu
kurinda umutekano, cyane cyane uw’abagore n’abakobwa.
Ati:
“Ni ngombwa kandi ko ibyabaye muri iki kibazo kimwe bitatuma abantu birengagiza
ibikorwa byiza Polisi y’u Rwanda ikora mu gutuma u Rwanda rugira umutekano,
cyane cyane mu kurinda abagore n’abakobwa.”
Yongeyeho
ati: “Polisi y’u Rwanda, musanzwe mukora akazi keza. Dufite ikizere ko
ibitagenda neza muzabishyira ku murongo.”
Mu
bihugu byinshi by’u Burayi no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, amategeko
ntabwo ashyiraho urutonde rusange rw’imyenda umugore cyangwa umukobwa yemerewe
cyangwa atemerewe kwambara mu muhanda.
Ahubwo,
amategeko menshi yibanda ku bikorwa birimo kwerekana ubwambure mu ruhame
cyangwa gukora ibikorwa bifatwa nk’ibiteye isoni, bitewe n’amategeko y’igihugu
cyangwa agace runaka.
Ibi
bivuze ko hari itandukaniro rikomeye hagati yo kwambara umwenda ugaragaza igice
runaka cy’umubiri no kwerekana ubwambure mu buryo amategeko abuza.
Ni
iryo tandukaniro rikwiye gusobanuka neza mu gihe hakomeje impaka ku myambarire.
Mu
Bwongereza hari ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa biteye isoni bikorerwa mu
ruhame, birimo icyitwa “outraging public decency”, gishobora gukoreshwa ku
bikorwa bifatwa nk’ibibangamira cyane ubupfura rusange.
Hari
kandi amategeko ajyanye no kwerekana ubwambure mu buryo bushobora kuba icyaha.
Ariko
ibi ntibihinduka itegeko rusange rivuga ko umukobwa wambaye ikanzu ngufi
cyangwa umwenda ugaragaza amaguru aba akoze icyaha.
Icy’ingenzi
ni ukureba icyo umuntu yakoze, aho yagikoze n’uko amategeko y’aho hantu
abiteganya.
Bityo,
kwambara umwenda mugufi ntabwo bihita bihwanywa no kwerekana ubwambure cyangwa
gukora igikorwa cy’urukozasoni mu ruhame.
Muri
Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nta tegeko rimwe rigenzura imyambarire mu gihugu
cyose. Leta zitandukanye zifite amategeko azigenga.
Urugero,
muri North Carolina hari itegeko ryerekeye “indecent exposure”, ryibanda ku
muntu wiyemeje kwerekana imyanya y’ibanga ye mu ruhame imbere y’abandi.
Ibi
bigaragaza ko amategeko ashobora kwibanda ku kwerekana imyanya y’ibanga, aho
gushyiraho urutonde rw’imyenda umugore cyangwa umukobwa yemerewe kwambara.
Muri
New York na ho hari amategeko arebana no kwerekana ibice by’umubiri bifatwa
nk’iby’ibanga cyangwa gukora ibikorwa by’urukozasoni mu ruhame.
Ariko
na ho hari itandukaniro hagati yo kwambara imyenda igaragaza igice runaka
cy’umubiri no gukora igikorwa amategeko afata nk’icyaha.
Impaka
ku myambarire si iz’u Rwanda gusa. Mu bihugu bitandukanye ku Isi, uko umuntu
yambara bishobora kugengwa n’umuco, imyemerere, akazi, ahantu ari cyangwa
ubwoko bw’ibirori yitabiriye.
Hari
ababona ko imyenda imwe n’imwe idakwiye ahantu runaka, kandi ahantu
nk’ahakorerwa imirimo, amashuri, insengero cyangwa ibindi bikorwa hashobora
gushyirwaho amabwiriza y’imyambarire.
Ikibazo
gitangira gukomera iyo imyambarire itangiye gukoreshwa nk’impamvu yo kwambura
umuntu agaciro cyangwa kumugirira ihohoterwa.
Kuba
abantu batemeranya ku myambarire y’umuntu ntibivuze ko uwo muntu aba yemeye
gukorwaho ku gahato cyangwa guhohoterwa.

Butera
Knowless yavuze ko gufata nabi cyangwa guhohotera umukobwa kubera imyambaro
yahisemo kwambara bidakwiye
