Bahati yabwiye InyaRwanda ko Bruce
Melodie azi neza ikibuga cy'umuziki wo mu Ntara kurusha The Ben, bityo ko ibi
bitaramo bazahuriramo mu mpeshyi, buri wese afite uko azitwara binatewe n'uko
abafana bazamwakira.
Bahati yibukije ko Bruce Melodie yagiye
muri Primus Guma Guma Super Stars inshuro nyinshi, ndetse ku nshuro ya nyuma
yabashije gutwara iri rushanwa. Ni mu gihe, The Ben nta munsi n'umwe yigeze
ahatana muri iri rushanwa ryatigisaga imitima ya benshi.
Akavuga ko hejuru y'ibyo Bruce Melodie
yanaririmbye mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival byazengurutse igihugu,
bityo ko afite ubunararibonye mu gutaramira abaturage.
Ati: "Bruce Melodie ni wa muhanzi
n'ubundi ugiye gutaramira abaturage. Nta hantu na hamwe atataramiye, bariya
baturage arabizi. Ariko muri ibyo bitaramo byose mvuze, nta na kimwe The Ben
yaririmbyemo. Urumva ko ubunararibonye bwabo buratandukanye."
Yavuze ko itsinzi y'umuhanzi, ari igihe
akoze indirimbo ikagera kuri "wa muturage
Bahati wanyuze mu itsinda rya Just Family,
avuga ko bagiye bahatana mu bihe
Ariko kandi anarizikana ko "The Ben
ari umuhanzi munini mu gihugu ufite indirimbo nyinshi wa muturage wo hasi
azi."
Ati: "Ariko kandi indirimbo umuturage
yiyumva, igomba kuba yujuje ibisabwa. Mbese, n'uko King James yabikoraga muri
MTN Iwcu Muzika Festival, za ndirimbo zituma ivumbi ritumuka."
Bahati avuga ko mu ndirimbo ze nk'umuhanzi
"Mbona Bruce Melodie kiriya kibuga bagiye kujyaho arakizi cyane kurusha
The Ben. Iyo ugiye kujya ahantu uzi,
Bahati avuga ko ibi bitaramo bidakwiye
gufatwa cyangwa se kugereranywa
AtiK "Ntabwo nabigereranya na Guma
Guma. Kuko Guma Guma n'ikindi kintu,

Bahati Makaca yagaragaje ko ibitaramo bya Bruce Melodie na The Ben bidakwiye kugereranywa na Guma Guma, ashimangira ko uzarusha undi azashingira ku buryo azi neza umutima w’umuturage uzitabira ibitaramo bizazenguruka igihugu

The Ben agarukwaho na Bahati nk’umuhanzi munini wubatse izina rye mu cyubahiro, ufite indirimbo nyinshi zizwi n’abakunzi b’umuziki, ariko ubunararibonye bwe mu gutaramira abaturage bo mu Ntara bukaba butandukanye n’ubwa Bruce Melodie

Bruce
Melodie ashyizwe imbere na Bahati nk’umuhanzi ufite ubunararibonye mu
gutaramira abaturage, by’umwihariko ab’i Ntara, aho yagiye anyura mu mishinga
itandukanye yamwegereje umuturage wo hasi
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA BAHATI MAKACA
