Ibikorwa nk'ibi ni ukunyuranya gukomeye n'ingingo ya 20 y'Itegeko nshinga rya Repubulika ya Koreya y'Epfo, yemeza ubwisanzure mu madini n'ihame ryo gutandukanya amatorero na leta.
Shincheonji itorero rya Yesu rigaragaza ko rihangayikishijwe cyane n’iri hohoterwa ry’ubutegetsi bwa leta ku ruhande rumwe, kandi rinasaba cyane ubuyobozi kubahiriza amahame y’imiyoborere iboneye, irangwa no kwigenga ndetse kubahiriza itegeko nshinga.
Kuwa 12 Mutarama, umuyobozi w'igihugu Lee Jae-Myung yavuze mu nama n'abayobozi b'amadini ko "ingaruka mbi ku mibereho [biterwa n'idini runaka] byirengagijwe igihe kirekire, bitera ingaruka mbi zikomeye."
Ibi byakurikiwe n'inama yabaye kuya 13 Mutarama yakozwe na Minisitiri w'Intebe Kim Min-seok, ubwo yari mu nama y'Abaminisitiri, akaba yarakoresheje amagambo nka "Ubuyobe" n'ibinyoma" kugira ngo ategeke iperereza rihuriweho n'ingamba zo "kubirandura burundu".
Aya magambo yatanzwe neza mbere y'uko iperereza ritangira, imvugo nk'iyo y'umuyobozi w'ishami ry'ubuyobozi yashyize imbere itsinda ry'idini runaka nk'umutwe ufitanye ibibazo mu mibanire, bishobora gusobanurwa nko kubangamira inzira ikwiye n'amahame y'iperereza.
Mu gihe iperereza rihuriweho na leta ririmo gukorwa, ubuyobozi burimo gusenya burundu imipaka ishingiye ku itegeko nshinga butangaza ko iri tsinda ari "Ubuyobe" n'Ibinyoma" nk'umwanzuro wabanje.
Ni ubuhe bubasha guverinoma igenderaho ku idini isobanura kandi igacira imanza inyigisho z'idini? Ni mu buhe buryo intebe nkuru y'ubutegetsi itanga "amabwiriza y'iperereza" abangamira ubwigenge bw'ubutabera?
Ibipimo ngenderwaho by’ "amahame y’idini" cyangwa "ubuyobe" ntibigomba gushingira ku kuba politiki yegereye cyangwa inyungu z’isi; bigomba gushingira gusa mu Byanditswe Byera.
Amateka yisubiramo ubwayo. Mu myaka ibihumbi bibiri ishize, Yesu Kristo bamwitaga "ubuyobe" kandi agatotezwa n'amadini yari yarashinzwe muri icyo gihe. Nyamara, amateka atwereka ko Yesu ari we buye mfatizo ryo kwizera.
Mu buryo nk'ubwo, ese bifite ishingiro kwita ishyirahamwe ry'idini "ubuyobe" hashingiwe ku bunini bw'itorero cyangwa ku byo abapasiteri bahanganyemo bavuga aho kwita ku biri muri Bibiliya muri iki gihe?
Tugendeye kuri icyo kibazo, Shincheonji itorero rya Yesu ryagiye ritanga ibisubizo bisobanutse mu buryo burambuye: Mureke dukemure ayo makimbirane yerekeye kuri tewolojiya ku mugaragaro, dukora ikizami cya Bibliya cya rusange, dushingiye ku byanditswe byera aho kugendera ku byiyumviro cyangwa igitutu cya politike, kugeza kuri iyi taliki nta gisubizo gikwiye kuri ubu butumire turakira.
Shincheonji Itorero rya Yesu ntiryigeze rivuga ko ritabeshya. Niba hari amakosa nyayo mu by’inyigisho cyangwa mu mibanire y’abantu, "turasaba ko yamenyekana mu buryo bwihariye. Twiyemeje gukosora amakosa ayo ari yo yose kandi twakomeje kugira iyi myumvire".
"Inyigisho za Bibiliya ziyobora ibikorwa byacu mu gihe duharanira kuba abizera b’inyangamugayo bubahwa mu baturage. Kuva ku gukora ku bushake mu gihe cy’ibiza mu gihugu kugeza ku kuba abakora ibikorwa byo gutanga amaraso mu buryo butangaje mu gihe cy’ibiza, twashatse kuba igice cy’ingenzi cy’abaturage."
Nubwo bimeze bityo, leta ikomeje gukoresha amagambo adafite ishingiro nka "ingaruka" nta rugero na rumwe rw’ibyangiritse byemejwe cyangwa byagaragajwe.
Byongeye kandi, nubwo hari ibirego byinshi byatanzwe mbere, inzira y'ubutabera yagiye itera abantu guhanagurwaho ibyaha cyangwa ibyagaragaye ko nta gushidikanya.
Ibibazo byokongera gukoresha ibyavuye mu nkiko byamaze gukemurwa nk'ingufu z'ibitero bya politiki n'itangazamakuru bituma ababireba n'impande zose zibireba bibaza niba bigaragaza icyo Repubulika ya Koreya ihagarariye cyangwa niba bigaragaza ko inyuranyije n'amahame yaleta ya demokarasi igengwa.
Perezida n'inzego za politiki bagomba kuva muri politiki yo kwibasira abandi, ahubwo bakajya muri politiki y'ubumwe ikorera abantu bose bahagarariye.
Kugerageza gukoresha inzego z'amadini kugira ngo birinde ibyago bya politiki, cyangwa gukoresha intwaro z'ibitekerezo bya rubanda kugira ngo bahagarike idini rya rubanda nyamwinshi, ntibifasha iterambere ry'igihugu cyangwa demokarasi.
Leta ifite inshingano zo kugenzura ko nta muturage uhezwa cyangwa ngo ahorwe bitewe n'imyizerere ye. Iyo idini rimwe ryibasiwe uyu munsi, itsinda iryo ari ryo ryose ry’abahejwe rishobora kuba ari ryo ryibasirwa ejo.
Shincheonji Itorero rya Yesu rizahagarara rishikamye mu kuri no mu kwizera mu rwego rw’amategeko n’umurongo muzima ngenderwaho, kandi ntirizacecekeshwa, ryemeza uburenganzira bwaryo bushingiye ku itegeko nshinga ry'ubwigenge mu madini.
Turasaba guverinoma kureka gushyira hejuru amarangamutima, ahubwo ishingire ku bimenyetso n’amategeko, kandi isubire ku nshingano zayo z’ibanze zo gukorera abantu bose kimwe.
Abagize umuryango wa Shincheonji Itorero rya Yesu bahoranye ubunyangamugayo nk'abantu ba Repubulika ya Koreya. Babigaragaje binyuze mu bikorwa byabo, birimo gukorana n'abayobozi mu mwuka w'ubufatanye, kwitabira ubukorerabushake buzira umuze, no gutanga amaraso yarokoye ubuzima bwa benshi.
Nk'abantu b'abizera bizera Imana na Yesu, kandi nk'abantu b'iki gihugu, abayoboke b'itorero bazakomeza kubaho bakurikije abo bari bo nk'uko basanzwe babikora.
Ku wa 19 Mutarama 2026
Abagize umuryango wa Shincheonji Itorero rya Yesu
