Ku
nshuro iyi nshuro ya Kabiri, ariko ubwa mbere muri BK Arena, Sherrie Silver
azakira abashyitsi be mu birori bizaba ku ya 1 Ugushyingo 2025, aho ibiciro by’amatike,
bigaragaza ko itike ya menshi afitemo ihagaze Miliyoni 1.2 Frw (Platinum Table
Fron Row).
Harimo
kandi itike ya Miliyoni 1 Frw (Gold Table), 130,000 Frw (Individual
Ubusanzwe
The Silver Gala yagiye iba mu buryo busanzwe bwo gusabana, ariko uyu mwaka
ibintu byafashe indi ntera, kuko ibirori bizayoborwa n’umunyarwenya
Mpuzamahanga, Eric Omondi afatanyije na Makeda.
BK
Arena izwiho kwakira ibirori by’imiryango ikomeye, abahanzi bakomeye ku isi
n’ibitaramo by’igitangaza, igiye no kwakira uyu mubyinnyi w’Umunyarwanda
wubakiye izina mu Bwongereza.
Ibirori
bya Sherrie Silver bizaba bifite umwihariko: si ugusabana gusa, ahubwo ni
uburyo bwo gukusanya inkunga yo gufasha abana batishoboye binyuze muri Sherrie
Silver Foundation. Abo bana biga amasomo asanzwe ariko banahabwa umwanya wo
gutyaza impano zabo mu kubyina no mu bindi bikorwa by’ubuhanzi.
Sherrie
Silver aherutse kuvuga ko ‘ibi birori si ibyanjye njyenyine, ni ibyacu twese
dufasha ejo hazaza h’abo bana’.
Ushingiye
ku rutonde rw’ibiciro by’amatike yo kwinjira mu birori bye, byatumye yinjira ku
rutonde rw’abantu bake bazwi mu Rwanda bagiye gukora ibirori muri BK Arena
biherekejwe n’amafaranga atari make.
Mu
ntangiriro z’uyu mwaka, umuhanzi The Ben yamuritse Album ye ‘Plenty Love’ muri
iyi nzu y’imyidagaduro, aho itike ya Business Suite yaguraga Miliyoni 1.5 Frw
igenewe abantu 25, bisobanuye ko umuntu umwe yishyuraga ibihumbi 60 Frw.
Ugereranyije
n’ibitaramo mpuzamahanga byahabereye, aya ni yo matike yabaye manini kurusha
andi: Umunyamuziki John Legend, yataramiye muri iriya nyubako muri Gashyantare
2025, aho itike ya menshi 135,000 Frw.
Itsinda
rya Boys II Men ryahataramiye mu Ukwakira 2023, aho itike ya menshi 100,000
Frw. Ni mu gihe Hillsong London yahataramiye mu 2019 na 2022), aho itike ya
menshi yari 5,000 Frw.
Nubwo
itike ya The Ben yari Business Suite igenewe itsinda ry’abantu, iya Sherrie
Silver nayo biteganyijwe ko izaba ari ameza y’abantu runaka, ari na byo bituma
igaragara nk’itike y’umwihariko mu mateka ya BK Arena.
Amatike
ahenze mu bitaramo akenshi aba ari ay’imyanya yihariye nka VIP cyangwa amapaki
agenewe abantu bafite icyubahiro n’inyungu zindi zijyanye n’ubucuruzi cyangwa
umutekano.
Uretse
kuba bikurura isura y’ubudasa, bifasha no gukusanya amafaranga menshi mu buryo
butabangamiye umubare munini w’abashaka kwitabira ibitaramo ku biciro bisanzwe.
Ku
ruhande rwa Sherrie Silver, amafaranga ava mu birori agomba gufasha abana
baturuka mu miryango ikennye babarizwa muri Sherrie Silver Foundation, ibyo
bigaha agaciro gakomeye buri tike igurwa.
The
Silver Gala ntabwo ari igitaramo cy’umuziki cyangwa icy’imbyino gusa, ahubwo ni
urubuga rwo guhuza abantu bafite umutima wo gufasha.
Aha,
abashyitsi bazahabwa ibyishimo binyuze mu muziki, imbyino, n’imihango yo
gusangira, ariko icy’ingenzi ni uko amafaranga yinjira azongera imbaraga muri
gahunda z’uburezi n’imyidagaduro y’abana barererwa muri Sherrie Silver
Foundation.
Ibi
birori bizarangwa n’udushya twinshi, harimo imyambaro yihariye, ibirori byo mu
rwego rwo hejuru, ndetse n’amahirwe yo guhurira ahantu hamwe n’abantu bafite
izina rikomeye mu Rwanda no hanze yarwo.
The
Silver Gala yitezweho kuba ikimenyetso cy’uko ibikorwa by’abahanzi
b’Abanyarwanda bigenda bigera ku rwego rwo hejuru, haba mu mitegurire, mu rwego
rw’inyungu, ndetse no mu nyungu z’imibereho myiza.
Sherrie
Silver utegura ibirori bya “The Silver Gala” bigiye kubera muri BK Arena ku
nshuro ya mbere
Itike
ya menshi mu birori bya Sherrie Silver izaba igura miliyoni 1.2 Frw – ibintu
bitari bisanzwe mu bitaramo byabereye muri BK Arena
Umunyarwandakazi Sherrie Silver umaze kwamamara mu kubyina ku rwego mpuzamahanga, akomeje gushyira imbere ibikorwa byo gufasha abana batishoboye
“The Silver Gala” ni ibirori bigamije gukusanya inkunga yo gufasha abana binyuze muri Sherrie Silver Foundation
The
Ben mu gitaramo cyo kumurika Album ye “Plenty Love” cyabereye muri BK Arena ku
ya 1 Mutarama 2025
Itike
ya Business Suite mu gitaramo cya The Ben yaguraga miliyoni 1.5 Frw igenewe
abantu 25
Mu bitaramo byabereye muri BK Arena, The Ben ni umwe mu bahanzi baciye agahigo mu gutanga itike zihenze cyane
Imbonerahamwe igaragaza uko amatike mu birori 'The Silver Gala' bya Sherrie Silver ahagaze ku isoko
KU NSHURO YA MBERE, IBIRORI 'THE SILVER GALA' BYARANZWE N'UBWITABIRE BWO HEJURU