Ibi
byatangiye kumenyekana cyane mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 22 Werurwe 2026,
ahagana saa tatu z’ijoro, ubwo abakunzi b’uyu muhanzi batangiraga kubona
impinduka zidasanzwe kuri shene ye ya YouTube.
Gusa
amakuru agaragaza ko ikibazo cyari cyatangiye mbere yaho ku gicamunsi, ahagana
saa munani, ubwo bamwe mu bayikurikirana batangiraga kubona ibintu bitari
bisanzwe. Kugeza ubu, iyi shene yakuwe ku murongo kuko ntigaragara.
Abasuraga
iyi shene basangaga igifite izina rya Ross Kana, ariko iyo winjiraga mu
mashusho (videos), ugahita ubona ibiganiro n’amakuru ya televiziyo yo muri
Amerika, by’umwihariko iby’igitangazamakuru Fox News.
Aya
makuru yanyuzwagaho yibandaga ku ntambara iri kuvugwa hagati y’ibihugu bya
Amerika na Israel bihanganyemo na Iran.
Muri
ayo mashusho, havugwaga ko Perezida wa Amerika, Donald Trump, ategerejwe kugeza
ijambo ku baturage, abagezaho aho ibintu bigeze muri iyi ntambara.
Mu
kiganiro kigufi Ross Kana yagiranye na Isibo binyuze muri ‘The Choice Live’,
yavuze ko shene ye yinjiriwe n’abantu ataramenya, ashimangira ko yahise atangira
gukorana n’abantu banyuranye ndetse na YouTube mu gushaka uko yayigarura.
Ibi
bibaye mu gihe hakomeje kwiyongera ibibazo by’ubujura bwo kuri internet
(hacking), byibasira cyane cyane shene z’abahanzi n’ibyamamare bifite
abakurikirana benshi, bikunze gukoreshwa mu gukwirakwiza amakuru atari ayabo
cyangwa agamije kuyobya abantu.
Mu
gihe imbuga nkoranyambaga zikomeje kuba inkingi ya mwamba mu kumenyekanisha
ibikorwa by’abahanzi n’ibyamamare, ni na zo ziri kwibasirwa n’abajura
b’ikoranabuhanga barushaho gukoresha amayeri akomeye.
Ibi
si ikibazo cyihariye kuri Ross Kana gusa, ahubwo ni ikibazo kiri gufata indi
ntera ku rwego mpuzamahanga, aho shene zifite abakurikirana benshi ziri ku
isonga mu kwibasirwa.
Abasesenguzi
mu by’ikoranabuhanga bagaragaza ko kwinjira muri shene za YouTube bitabaho ku
bw’impanuka, ahubwo biterwa n’amayeri aba yateguwe neza.
Uburyo
bukunze gukoreshwa ni ubwitwa phishing, aho nyiri konti yoherezwa ubutumwa
bumwiyitirira nk’ubuva kuri YouTube cyangwa ku bafatanyabikorwa. Aba basabwa
gukanda ku murongo runaka cyangwa kwinjiza amakuru yabo, batabizi bagahita
bayashyikiriza abajura.
Hari
kandi uburyo bwo kohereza dosiye zirimo virusi (malware), zishobora kwiyitirira
indirimbo, amasezerano cyangwa software runaka. Iyo zimaze gufungurwa, zihita
ziha abajura uburenganzira bwo kugera kuri konti z’umuntu.
Ikindi
ni uko hari benshi bagikoresha amagambo y’ibanga yoroshye cyangwa amwe kuri
konti nyinshi, bigatuma iyo imwe yibwe, n’izindi zihita ziboneka.
By’umwihariko, kudakoresha uburyo bwo kongeraho ubwirinzi (Two-Factor
Authentication) bituma konti zoroshya kwinjirwamo.

Shene ya YouTube ya Ross Kana yateje urujijo nyuma yo kwinjirwamo n’abajura bayinyuzaho amakuru y’intambara

Ross Kana yavuze ko ari gukora ibishoboka byose ngo agarure shene ye yibwe

Abakunzi ba Ross Kana batunguwe no kubona shene ye yahindutse nk’iya Fox News



