Iki
gitaramo kizahuza abahanzi nyarwanda n’abanyamahanga barimo Bensoul na Nviiri
The Storyteller bakomoka muri Kenya, kikazaba umwanya wo gususurutsa abafana no
kugaragaza umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.
Gibril
Shema Mico [Shemi] yamenyekanye mu 2023 ubwo yasohoraga indirimbo ye ya mbere
“Peace of Mind”, yahise ikwirakwizwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, ndetse igera
kuri za miliyoni z’abayumvise ku mbuga zicururizwaho umuziki.
Uyu
musore yatangiye kuririmba akiri muto, ahanini ashyigikiwe na The Ben, umwe
mu bahanzi bakomeye mu njyana ya R&B.
Mu
ndirimbo ze zakunzwe cyane harimo Peace of Mind, Solo yakoranye na DJ Pyfo,
Ntagotwa ya Kevin Klein, One Time, n’izindi nyinshi. N’ubwo yageze ku izina rikomeye,
yigeze guhagarika ibikorwa bye by’umuziki kugira ngo abanze asoze amashuri ye
yisumbuye.
Brian Kimonyo wamamaye nka Kid from Kigali, ni
umuraperi wakoreraga cyane umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko muri
iki gihe abarizwa mu Rwanda.
Uyu
musore afite indirimbo zirimo nka “Business”, yakoranye n’umuraperi wa Amerika
Skilla Baby, isaba urubyiruko rufite impano mu Rwanda kwizerera mu muco
wabo.
Kid
yatangiye kumenyekana mu 2019 ku mbuga nkoranyambaga binyuze mu mashusho ye ya ‘freestyle’,
akaba yaragiye agaragara ku rubuga rwa BBC 1Xtra nk’umuraperi ufite impano
ikomeye iri kuzamuka.
Shampiyona
y’Isi y’Amagare ni rimwe mu marushanwa akomeye ku Isi yateguwe n’Ishyirahamwe
Mpuzamahanga ry’Umukino w’Amagare (UCI). Iyi shampiyona ihuza abakinnyi
b’amagare bakomeye ku rwego rw’Isi bahagarariye ibihugu byabo, bakarushanwa mu
byiciro bitandukanye birimo: ‘Road race, isiganwa ry’umuntu ku giti cye
(individual time trial) n’isiganwa ry’amakipe (Team relay).
Kuva
yatangira mu 1921, iri rushanwa ryagiye rihuza ibihugu birenga 70, rikanakurura
ibihumbi by’abafana. Muri 2025, Kigali yabaye umujyi wa mbere muri Afurika
wakiriye iri rushanwa, ishema rikomeye ku Rwanda no ku mugabane w’Afurika, kuko
ryerekana ubushobozi bwo kwakira ibirori mpuzamahanga no guteza imbere siporo
y’amagare.
Uyu
mwaka, Shampiyona y’Isi y’Amagare yatangiye ku itariki ya 21 Nzeri 2025
ikazasozwa ku wa 28 Nzeri 2025, igatwara umunani y’ibikorwa bikomeye ku rwego
rw’Isi.
Iki
gitaramo “World Champs Night Life” kizaba umwanya mwiza wo kwerekana umuziki
nyarwanda ku rwego mpuzamahanga, binyuze mu bufatanye bwa Shemi na Kid from
Kigali, Nviiiri na Bensoul banahuza imbaraga n’abahanzi baturutse muri Kenya,
bitezweho kongera imbaraga mu gususurutsa abafana b’umuziki n’abakunzi
b’amagare baturutse imihanda yose.
Shemi
yiteguye gususurutsa abafana be mu gitaramo kizabera muri Kigali Universe
Umuraperi
Kid from Kigali azaririmba muri iki gitaramo kizaherekeza Shampiyona y’Isi y’Amagare
Abahanzi
b’icyitegererezo b’u Rwanda bazahurira n’abanyamahanga nka Bensoul na Nviiri
The Storyteller mu gitaramo kizaherekeza Shampiyona y’Isi y’Amagare
Shampiyona y’Isi y’Amagare – abahanzi bakomeye bategerejwe mu Mujyi wa Kigali ku wa 27 Nzeri 2025
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO YINDIRIMBO 'NTIBANYURWA' YA SHEMI NA BULL DOGG