Shema Ngoga Fabrice witeguye kuyobora FERWAFA yavuze uko azahangana n’igitutu cya APR FC na Rayon Sports

Imikino - 21/08/2025 9:37 AM
Share:

Umwanditsi:

Shema Ngoga Fabrice witeguye kuyobora FERWAFA yavuze uko azahangana n’igitutu cya APR FC na Rayon Sports

Shema Ngoga Fabrice uhabwa amahirwe menshi yo kuzatorerwa kuyobora Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru mu Rwanda [FERWAFA], yavuze ko hazajyaho ingamba zikakaye zo gutanga ubutabera mu mupira w’amaguru cyane cyane imisifurire ikajya ku murongo.

90% Shema Ngoga Fabrice ni we uhabwa amahirwe yo kuzatorerwa kuyobora FERWAFA, kuko mu matora azaba ahanganye na Yego na Oya kuko we n’itsinda rye ni bo bonyine bahanganiye umwanya wo kuyobora FWRWAFA.

Mu kiganiro yagiranye na Radiyo Rwanda, Shema Ngoga Fabrice nawe yashimangiye ko APR FC na Rayon Sports ari amakipe akomeye hano mu Rwanda ndetse biba bigomba kwitondera kuyafatira ibyemezo kubera ko ari amakipe aba ahanganiye ibikombe.

Shema Ngoga Fabrice yagize ati: “Icya mbere ni amakipe afite abafana benshi kandi ahora mu rugamba rwo gutwara ibikombe kandi buri muntu aba ashaka gutsinda. Buri kanya iyo twumvishe amakimbirane tuyumva mu mikino ariko hafatwa ibyemezo ntibivugweho rumwe."

Shema Ngoga Fabrice yifashishije urugero rwa Mukura VS na Rayon Sports mu mukino wigeze guhuza aya makipe yombi mu gikombe cy’Amahoro maze umuriro ukabura, avuga ko ikibazo cy’amategeko cyabayeho impaka zikaba nyinshi kitakagombye kubaho kuko nabyo biteza amakimbirane mu mupira w’amaguru

Ati: “Hari ibintu bimwe bigomba gusobanuka mbere y’igihe. Reka ntage urugero. Rayon yigeze gukina na Mukura, sinzi niba ari ku munota wa mirongo itandatu na kangahe umukino urahagarara. Ihagarara kubera iki, ikibazo cy’umuriro.

Iyo ukurikirana ntabwo ufata umwanzuro, bakubwira ko habayeho Cas de Force Mageure. Cas de Force Mageure ni ikintu cyakwituraho utabifitemo uruhare. Ibura ry’umuriro ni ku giti cyawe nk’umuntu wafashe icyemezo cyo gukina nijoro. Uwo mwanzuro ni nk’ibintu ujya wumva ariko hari hari uburyo wari gukosora na mbere”

Yashimangiye ko kwirinda ibibazo nk’ibi ari ugushyiraho amategeko abisobanura. Ati “Icya mbere cyo gukosora ni iki? Ni amabwiriza ajyanye na shampiyona yacu abantu bakabisobanukirwa ndetse n’abantu bakabisinyira. Nihaba ikibazo itegeko twashyizeho rifite uko rizabisobanura utarinze uvuga ngo turajya muri komite y’ubujurire, iryo tegeko ryonyine rigomba kuguhana nta ndimi ebyiri."

Ku kijyanye n’ikibazo cy’abasifuzi kitajya kivugwaho rumwe naho yavuze ko kigomba gukosorwa hakarebwa impamvu ibitera. Ati: “Hari ibindi utavuze, hari ubwo bavuga ngo hari umuntu uhamagara muri FERWAFA akavuga ngo muduhe uyu musifuzi, koko wajya no kubireba ugasanga umusifuzi umwe yasifuriye ikipe runaka imikino nka 70%.

Hari ikintu nita Kinyamwuga, ibivugwa biravugwa ariko icyo nasaba muduhe amahirwe turebe ko twabihindura niba binahari kuko njyewe nta muntu urampamagara kandi nanjye sindahamagara kuri FERWAFA ngo muduhe uyu musifuzi. Umusifuzi iyo bamuhamagaye aba aje gukora akazi ke, ntabwo aba aje gukorera akazi ikipe iri gukina."

Shema Ngoga Fabrice yemeje ko we n’ikipe bazafatanya bari mu ngamba zikakaye zo gukebura abasifuzi. Ati:“Nagiye nganira n’abo tuzakorana ko tuzareba ibihano bikakaye mu gihe umusifuzi ufatiwe muri icyo cyuho akabibazwa. Tugomba guhindura imyumvire y’abantu bumva ko kanaka yampamagaye reka mufashe. Natwe FERWAFA hari ikintu turi gutekereza gukora. Ni gute dufata icyo bita abasifuzi Elite bamwe badafite akazi bakitwa ko ari abakozi ba FERWAFA, akajya ahembwa umushahara."

Shema Fabrice yijeje abanyarwanda gukora impinduka muri FERWAFA 

Shema Fabrice yijeje impinduka mu misifurire 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...