Sheebah Karungi yavuze uko yakubiswe ubwo yajyaga mu rusengero bwa mbere

Imyidagaduro - 14/09/2026 8:39 AM
Share:

Umwanditsi:

Sheebah Karungi yavuze uko yakubiswe ubwo yajyaga mu rusengero bwa mbere

Umuhanzikazi w’Umunya-Uganda Sheebah Karungi yatangaje ko yagiye mu rusengero ku nshuro ye ya mbere akiri umwana, ariko aho kugira ngo abashe gusenga, yarakubiswe bituma atongera kuhagaragara mu gihe kirekire.

Uyu muhanzikazi yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 13 Nzeri 2026, asangiza abakunzi be inkuru y’uburyo ubuzima bwe bwamwegereje mu rusengero mu bihe bitandukanye, ariko atari buri gihe ajyayo agamije gusenga.

Sheebah yavuze ko yavukiye mu muryango w’Abayisilamu, bityo ko kuba yaragiye mu rusengero akiri umwana byari ibintu bitari bisanzwe kuri we. Yavuze ko ku nshuro ya mbere yagerageje kujyayo, yakubiswe, bikamuviramo kutazongera kuhagaruka mu buryo bwo gusenga.

Ati: “Uyu munsi nagiye mu rusengero ku bushake bwanjye, ku nshuro ya mbere mu buzima bwanjye. Navutse ndi Umuyisilamu, kandi ku nshuro ya mbere nagiye mu rusengero nkiri umwana, narakubiswe. Ni yo mpamvu ntigeze nsubirayo.”

Nubwo atari asanzwe ajya mu rusengero agamije gusenga, Sheebah yavuze ko ubuzima bwe bwamujyanaga muri izo nsengero cyane cyane mu gihe yari akiri muto kandi ari mu bihe bikomeye.

Yasobanuye ko kuva afite imyaka hafi 14, hari igihe atabaga azi aho ari burare cyangwa aho yari bubonere umutekano. Muri ibyo bihe, urusengero rwaje kuba ahantu yumvaga ashobora guhungira, akaruhukira ndetse akabona akanya ko gutuza.

Ati: “Tekinikiye, maze kujya mu rusengero inshuro nyinshi. Ariko njyayo kugira ngo mbeho, si ugusenga. Kuva hafi mfite imyaka 14, hari igihe ntari nzi aho ndi burare cyangwa aho ndi bubone umutekano, urusengero rwabaye ahantu nahungiraga.”

Sheebah yavuze ko rimwe na rimwe yajyaga mu rusengero abantu bamaze gutaha, akinjiramo bucece, agashaka ahantu hitaruye akaharyama. Hari n’igihe yajyagayo kugira ngo yihishe ibibazo byo mu bwana bwe, yumve umuziki, abone amahoro ndetse abashe guhumeka no gutuza.

Ibyo byose byatumye urusengero rumubera ahantu yari amaze kumenyeramo kuva kera, nubwo icyo gihe atari asobanukiwe Imana nk’uko ayumva uyu munsi.

Yavuze ko iyo asubije amaso inyuma, yumva ko Imana yari iri kumwe na we no muri ibyo bihe, nubwo we atari yabasha kubyumva neza.

Ati: “Maze kujya mu rusengero kera cyane mbere y’uko nsobanukirwa Imana nk’uko nyumva uyu munsi. Iyo nsubije amaso inyuma, numva ko mu buryo runaka yari iri kumwe nanjye aho hantu kuva kera.”

Ku Cyumweru tariki ya 13 Nzeri 2026, Sheebah yagarutse mu rusengero ariko kuri iyi nshuro ibintu byari bitandukanye.

Ntiyari yagiye kuhahungira ubuzima cyangwa gushaka aho aruhukira, ahubwo yari yahisemo kujyayo ku bushake bwe kugira ngo ashimire Imana ibyo yamukoreye mu buzima.

Yavuze ko uyu mwaka wamubereye umwanya wo gutekereza cyane ku buzima, urupfu, amasengesho yasubijwe ndetse n’ibintu byinshi Imana yamuhaye ataranamenya niba abikwiye.

Ati: “Uyu munsi byari bitandukanye. Uyu munsi nagiye kuko nashakaga kuba aho hantu nigeze kujya nshaka kurokoka no kubona umutekano, ariko noneho nkaba nari ngiyeyo gusa kugira ngo nshimire Imana.”

Sheebah yavuze ko yifuje gukoresha uwo mwanya mu gushimira Imana, cyane ko amaze kubona ko hari byinshi yamuhaye mbere y’uko ubwe abasha kubisobanukirwa cyangwa kumenya agaciro kabyo.

Sheebah yahisemo kujya gusengera mu rusengero rwa Pastor Wilson Bugembe, umushumba uzwi cyane muri Uganda.

Yasobanuye ko impamvu yamuteye guhitamo uru rusengero ari uko yumva afite umubano wihariye n’Imana, kandi ko Wilson Bugembe yamusengeye mu rugo rwe ndetse no mu bindi bihe bitandukanye by’ubuzima bwe.

Sheebah yavuze ko buri gihe iyo ari kumwe na we yumvaga ubudahemuka n’imbaraga z’umwuka zimuranga, ari na yo mpamvu yumvise ko ari ho yakwifuza kujya kuri uwo munsi udasanzwe.

Yashimye kandi uburyo yabonye abantu benshi bateraniye hamwe, basenga kandi basingiza Imana bafite ukwizera gukomeye, avuga ko byamukoze ku mutima.

Ati: “Nishimiye kubona abantu bateraniye ahantu hamwe basingiza Imana bafite ukwizera gukomeye. Byari byiza kandi numvise meze neza.”

Nubwo Sheebah yavuze ko yagiye mu rusengero ku bushake bwe bwa mbere, yirinze gutuma abantu bumva ko yahise ahinduka cyangwa afata indi myemerere.

Yasobanuye ko kuba yaragiye gusenga atavuze ko ubu ari undi muntu cyangwa ko yahise ahinduka mu buryo bwose. Ahubwo yavuze ko akiri wa wundi, ariko ko muri we afite urukundo akunda Imana ndetse n’umutima wo kuyishimira.

Ati: “Ntabwo nahise nkizwa cyangwa ngo mbe undi muntu. Ndacyari wa mukobwa umwe. Gusa nkunda Imana, ndashimira ibyo yankoreye kandi nishimiye ko naje.”

Ni amagambo agaragaza ko kuri Sheebah, urugendo rwo gusenga kuri uwo munsi rutari urw’impinduka zigaragara ku bantu bo hanze, ahubwo rwari umwanya wihariye wo kureba inyuma ku buzima bwe, ku byo yanyuzemo no ku byo avuga ko Imana yamufashijemo.

Sheebah yashimiye Pastor Wilson Bugembe ku bw’amasengesho yamusengeye, uburyo yamwakiriye ndetse n’uko yamufunguye imiryango nta kumucira urubanza.

Sheebah yavuze ko atazi igihe azongera gusubira muri urwo rusengero, ariko ko yishimiye kuba yaragiye kuri uwo munsi, asiga ubutumwa bugufi bugira buti: “Ntabwo nzi igihe bizongera kubera, ariko tuzongera kubonana.”



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...