Iki
gitaramo giteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe 2026 mu mujyi wa
Brussels mu Bubiligi, kikazayoborwa na Miss Muyango.
Sheebah
Karungi yagaragaye ku mafoto yagiye hanze ari kumwe n’umwana we, ibintu
byashimishije abakunzi be benshi bamaze igihe bakurikirana ubuzima bwe kuva
yaba umuhanzi kugeza ubwo yabaye umubyeyi.
Iki
gitaramo cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza ‘International Women's Day’ wizihizwa
buri mwaka tariki ya 8 Werurwe, kikaba kizahuriza hamwe abakunzi b’umuziki
w’Afurika batuye mu Burayi.
Ku
wa 25 Ugushyingo 2024 ni bwo Sheebah Karungi yibarutse imfura ye, ibintu
byabaye inkuru ikomeye mu myidagaduro ya Uganda kuko yari amaze imyaka myinshi
ari umwe mu bahanzikazi bavugwa cyane muri iki gihugu.
Sheebah
Karungi ni umwe mu bahanzikazi bafite izina rikomeye muri Afurika
y’Iburasirazuba. Yatangiye kumenyekana mu myidagaduro akiri muto cyane, aho
yabanje kuba umubyinnyi mu itsinda ryari rikomeye muri Uganda ryitwa
Obsessions.
Nyuma
yo kumara igihe muri iri tsinda, Sheebah yaje gufata icyemezo cyo gutangira
umuziki ku giti cye. Mu 2010 ni bwo yatangiye kumenyekana kurushaho, ariko
izina rye ryatangiye kuvugwa cyane mu 2014 ubwo yasohoraga indirimbo “Ice
Cream” yakunzwe cyane muri Uganda no mu karere.
Nyuma
y’iyi ndirimbo, Sheebah yakomeje gushyira hanze izindi ndirimbo zakunzwe cyane
zirimo: “Twesana”, “Nkwatako” ,“Enyanda”, “Sweet Sensation”, “Empeta” n’izindi.
Izi
ndirimbo zamufashije kuba umwe mu bahanzikazi bakomeye muri Uganda, ndetse aza
no kwiyita “Queen Karma”, izina rihinduka nk’ikirango cye mu muziki.
Sheebah
kandi yagiye atsindira ibihembo byinshi mu muziki muri Uganda, anitabira
ibitaramo bikomeye mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika no hanze yayo.
Kuba
Sheebah Karungi yarabyaye ntibyabujije ko akomeza ibikorwa bye bya muzika. Mu
minsi ishize yakomeje kugaragara mu bitaramo no mu bikorwa bitandukanye
by’umuziki, ibintu byerekana ko akomeje gukomera mu mwuga we.
Igitaramo
agiye gukorera mu Bubiligi ari kumwe na Bruce Melodie kiri mu bigaragaza ko
akomeje gutaramira abakunzi b’umuziki mu bice bitandukanye by’Isi, cyane cyane
mu bihugu bituyemo Abanyafurika benshi.
Ku
rundi ruhande, iki gitaramo kizaba ari n’umwanya wo guhuza abakunzi b’umuziki
w’Afurika batuye mu Burayi, mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga
w’Umugore no kwishimira uruhare rw’abagore mu iterambere ry’umuziki
n’imyidagaduro.
Abakunzi
b’umuziki w’Afurika batuye mu Bubiligi no mu bihugu bihana imbibi na bwo biteze
igitaramo gikomeye, cyane ko kizahuriramo abahanzi bafite izina rikomeye mu
karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Sheebah
Karungi yageze i Brussels mu Bubiligi ari kumwe n’imfura ye Amir, aho
yitabiriye igitaramo azahuriramo na Bruce Melodie mu kwizihiza Umunsi
Mpuzamahanga w’Umugore

Sheebah
Karungi yaserukanye bwa mbere n’umwana we Amir mu rugendo rw’akazi, berekeje mu
Bubiligi aho azataramira abakunzi b’umuziki w’Afurika batuye i Burayi

Nyuma
yo kwibaruka mu Ugushyingo 2024, Sheebah Karungi akomeje guhuza ubuzima bwo
kurera n’umuziki, aho akomeje gutaramira abakunzi be mu bihugu bitandukanye




