Ni
bwo bwa mbere uyu muhanzikazi wari umaze igihe kinini atigaragaza ku rubyiniro yari
agaragaye imbere y’abafana be benshi, akaba yaranatunguranye ubwo yazamukaga
kuri ‘stage’ ateruye umwana we, ariko yanze kugira icyo avuga ku se w’umwana.
Sheebah
yinjiriye ku rubyiniro mu buryo budasanzwe, mu mwambaro utangaje wanyuze abari
bitabiriye igitaramo. Abafana bari buzuye Serena Hotel batunguwe n’iyi
myinjiririre idasanzwe.
Iki
gitaramo cyari icy’akataraboneka, kuko cyari cyanitabiriwe n’umuhanzikazi
Natacha wo mu Burundi, nawe wahurije hamwe abafana be n’abakunzi ba Sheebah mu
birori by’ikirenga.
Mu
gihe Sheebah yari ku rubyiniro rwa Serena Hotel, mu kindi gice cy’Umujyi wa
Kampala naho hari undi muhanzi mushya uri kuzamuka witwa T Paul 256, wari
wakoze igitaramo gikomeye cya mbere mu rugendo rwe rwa muzika, kikabera kuri
Lugogo Cricket Oval.
Ibi
bitaramo byombi byabereye umunsi umwe, ariko byombi byabashije guhuriza hamwe
imbaga y’abantu batari bake, bigaragaza imbaraga z’uruganda rw’umuziki wa
Uganda ushobora gutanga ibirori binini ku munsi umwe mu byanya bitandukanye.
Iki
gitaramo cyiswe “Return of the Queen” cyari igikorwa cyo kwizihiza imyaka 15
Sheebah amaze mu muziki. Cyari kirimo ibihe bishimishije byarimo imbyino,
indirimbo zakunzwe n’abatari bake kuva yatangira umuziki kugeza ubu.
Mu
ndirimbo ze zagiye zigarukwaho harimo: Silwana (afatanyije na Carol Nantongo), Bwe
Paba (afatanyije na Fik Fameica), Wadawa (afatanyije na Chozen Blood), Sweet
Sensation (afatanyije na Orezi) n’izindi.
Sheebah
yongeye kwibutsa abafana be impamvu ari umwe mu bahanzi b’abagore bakomeye muri
Uganda no mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba, ndetse akomoza ku rugendo rwe
rwo kuva ku ndirimbo z’amanota make kugeza aho ageze ubu ari izina rikomeye.
Umuziki
wa Sheebah Karungi ni urugendo rurerure rwuzuyemo impinduka, guhanga udushya no
gutsinda imbogamizi zagiye zibangamira abahanzi b’abagore muri Uganda n’akarere
kose k’Afurika y’Iburasirazuba.
Sheebah
yagaragaye bwa mbere mu muziki nk’umwe mu bagize itsinda ry’abakobwa
Obsessions, ryamuhaye uburyo bwo kumenyera urubyiniro no gukorana n’abandi
bahanzi bakomeye. Iri tsinda ryamuhaye ikizere cyo guhagarara ku rubyiniro no
kwitegura urugendo rwe nk’umuhanzi wigenga.
Mu
2010, Sheebah yatangiye kwiyubaka ku giti cye. Indirimbo “Kunyenyenza” ni yo
yamufashije gutangira kumenyekana no gukundwa n’abafana benshi. Yagiye akorana
n’abahanzi nka Coco Finger na Pallaso, kandi buri ndirimbo ye yagiye ituma
arushaho kuzamuka.
Sheebah
yamenyekanye cyane kubera indirimbo zibyinitse kandi zifite ubutumwa bukomeye.
Indirimbo nka Ice Cream, Go Down Low (feat. Pallaso), John Rambo, Silwana
(feat. Carol Nantongo), na Sweet Sensation (feat. Orezi) zamuhaye izina
rikomeye mu ruganda rw’umuziki muri Uganda n’akarere k’Afurika y’Iburasirazuba.
Afatwa
nk’umwe mu bagore bakomeye cyane mu muziki wa Uganda. Uko imyaka yagiye ishira,
yakomeje gukurura imbaga y’abafana, cyane cyane urubyiruko, kandi yerekanye ko
n’umugore ashobora guhagarara ku rwego rumwe n’abagabo mu ruganda rwa muzika.
Mu
rugendo rwe, Sheebah yagiye atwara ibihembo bitandukanye birimo HiPipo Awards
na Buzz Teeniez Awards, ndetse yagiye anashyirwa ku rutonde rw’abagore bafite
impinduka zikomeye mu myidagaduro muri Afurika y’Iburasirazuba.
Uretse
kuba umuhanzi, Sheebah ni n’umucuruzi w’umuhanga. Afite ibikorwa bitandukanye
birimo inzu y’ubwogero (Sheebah Establishments), yerekana ko umuhanzi ashobora
guhuza ubuhanzi n’ubucuruzi.
Kandi
mu 2025, yashimangiye uruhare rwe mu buzima bwa nyakabyizi ubwo yaserukanaga umwana
we ku rubyiniro mu gitaramo cye gikomeye cyo kwizihiza imyaka 15 mu muziki.
Nyuma
yo kumara igihe atagaragara cyane ku rubyiniro, Sheebah yongeye gutaramira
abafana be muri Serena Hotel i Kampala, igitaramo cyiswe “Return of the Queen”,
aho yizihije imyaka 15 amaze mu muziki. Abafana benshi buzuye ibirori,
bishimira imbyino, indirimbo n’imbaraga Sheebah yashyizemo.
Uyu
muhanzikazi yagaragaje ko urugendo rwe rutari urw’indirimbo gusa, ahubwo ari
urugendo rw’ubwitange, guhanga udushya no kwiyubaka nk’umugore wigenga, uhora
wubaka izina rye n’icyubahiro mu muziki no mu buzima bwe bwite.
Sheebah blesses audience with first baby sight at
Concert#TheReturnOfTheQueen
pic.twitter.com/41ZcjKKanw
Queen Sheebah slaying the stage.#TheReturnOfTheQueen
#SanyukaUpdates
pic.twitter.com/fOsYF0DpHw
Swag Mama, Queen Sheebah Karungi
✨ https://t.co/nQzX0yNj1K
pic.twitter.com/VS6wuexcbN
Sheebah KARUNGI performing live at serana hotel pic.twitter.com/GKDTCEpuf1
Sheebah
Karungi yinjira ku rubyiniro mu mwambaro udasanzwe imbere y'abafana be i
Kampala
“Return of the Queen” – Uburyo Sheebah
yagaragaye kuri 'stage' yizihiza imyaka 15 mu muziki
Abafana
bahagurutse bose ubwo Sheebah yagaragazaga imbyino n’imbaraga zidasanzwe ku
rubyiniro
Sheebah ashyushya Serena Hotel mu gitaramo cyitabiriwe n’ibihumbi by'abantu
Sheebah
Karungi yaserukanye imfura ye bwa mbere imbere y’abafana be.
Umwambaro
udasanzwe wa Sheebah Karungi watunguye abantu benshi bitabiriye iki gitaramo
Sheebah
yongeye kwerekana impamvu ari umwe mu bahanzi b’abagore bakomeye muri Uganda
Imbaraga
z’ikirenga kuri stage: Sheebah yanyuze abafana mu ndirimbo zakunzwe mu myaka 15
ishize
Indirimbo nka “Silwana” na “Sweet Sensation” zafashije kuzamura ikinyuranyo cy’iki gitaramo