Uyu
muhanzi amazina ye nyakuri akaba Charles Nii Armah Mensah Jr., yabigarutseho mu
kiganiro yagiranye n’umunyamakuru w’inararibonye Bola Ray ku wa 28 Gicurasi
2026.
Mu
gihe yabazwaga niba amafaranga amaze imyaka akorera mu muziki yarageze ku rwego
rwamufasha kubaho neza atagikora umuziki, Shatta Wale yasubije adashidikanya
ati: “Nasezeye ku muziki hashize imyaka itatu.”
Aya
magambo yahise akwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru,
kuko benshi bibajije uburyo umuntu uvuga ko yasezeye ku muziki ari nawe ukomeje
gusohora indirimbo nshya, gukora ibitaramo bikomeye no gukomeza kuba mu bahanzi
bavuga rikijyana muri Ghana.
Shatta
Wale yavuze ko n’ubwo abantu benshi bakimubona nk’umuhanzi, muri iki gihe
imbaraga ze nyinshi yazishyize mu bucuruzi n’ishoramari rigamije kumuhesha
umutungo uzamufasha ndetse n’abazamukomokaho mu bihe biri imbere.
Yagaragaje
ko afite ibikorwa bitandukanye by’ubucuruzi birimo serivisi yo gutwara abantu
izwi nka Shaxi ndetse n’indi mishinga y’ubucuruzi ikorera ku izina rya Hot
Wave.
Yavuze
kandi ko amaze kubaka umuyoboro mugari w’abafatanyabikorwa mu bihugu
bitandukanye birimo u Bushinwa na Dubai, ndetse ko afite itsinda ry’inzobere mu
ikoranabuhanga ryamufashije gukora urubuga rw’ubucuruzi bwo kuri internet
rugamije koroshya ibikorwa by’abacururiza mu isoko rizwi nka Tuesday Market ryo
muri Accra.
Ati:
“Hari ikintu gikomeye kiri kuza. Ejo twamuritse iyo porogaramu kandi ni ibintu
byiza cyane.”
Nubwo
avuga ko yasezeye ku muziki, ibikorwa bye bikomeje gutanga indi shusho.
Mu
myaka itatu ishize, Shatta Wale yakomeje gusohora indirimbo zakunzwe, gukomeza
kumvikana cyane ku mbuga zitangirwaho umuziki no gukomeza kugirana umubano
ukomeye n’abakunzi be bazwi nka Shatta Movement.
Si
ibyo gusa kuko akomeje no gutaramira imbaga mu bitaramo bikomeye hirya no hino
muri Afurika y’Iburengerazuba, harimo n’iserukiramuco ngarukamwaka rya
Shattafest, rikurura ibihumbi byinshi by’abafana buri mwaka.
Kugeza
ubu, uyu muhanzi ari i Londres mu Bwongereza aho ari kumenyekanisha ku rwego
mpuzamahanga igitaramo cya Shattafest UK giteganyijwe muri Kanama uyu mwaka.
Ibi
ni byo bituma benshi mu bakurikiranira hafi imyidagaduro bavuga ko amagambo ya
Shatta Wale ashobora kuba atavuze ko yahagaritse umuziki burundu, ahubwo ko
ashaka kugaragaza ko atakiri umuntu ubaho ashingiye ku muziki gusa, ahubwo ko
ubu ubucuruzi ari bwo bwabaye inkingi ya mwamba y’ubuzima bwe.
Icyakora,
uko byagenda kose, Shatta Wale yongeye kwerekana ko azi gukurura impaka no
gutuma izina rye rikomeza kuvugwa cyane, ibintu byamuranze kuva yatangira
urugendo rwe mu muziki.

Shatta
Wale yatangaje ko yahagaritse umuziki burundu, nyamara akomeje ibitaramo hirya
no hino ku Isi
KANDA HANO UBASHE KUREBA IMWE MU NDIRIMBO ZA SHATTA WALE ZAMENYEKANYE
