“Share a Coke” yagarutse! Coca-Cola yongeye gushimangira ubusabane n’inshuti mu buryo bwihariye -AMAFOTO

Kwamamaza - 09/08/2025 7:21 AM
Share:

Umwanditsi:

“Share a Coke” yagarutse! Coca-Cola yongeye gushimangira ubusabane n’inshuti mu buryo bwihariye -AMAFOTO

Coca-Cola yongeye kuzana ku isoko rya Rwanda gahunda yayo ya “Share a Coke”, igikorwa cyatangijwe bwa mbere mu 2014 aho abantu babashaga kubona amazina yabo ashyizwe ku icupa rya Coca-Cola, aho kuba ‘logo’ isanzwe y’iyi sosiyete.

Ubu iyi gahunda yagarutse mu buryo bushya kandi bugezweho, igamije gufasha abakunzi ba Coca-Cola gusangira n’inshuti zabo no kwibuka ibihe byiza bahuriyeho.

Yamurikiwe abantu b’ingeri zinyuranye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Kanama 2025, mu birori bikomeye byabereye kuri Century Park i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali.

Byitabiriwe na bamwe mu bantu bazwi mu ruganga rw’imyidagaduro barimo nka Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda 2020 n’inshuti ze; ndetse byaririmbyemo umuhanzikazi Alyn Sano waririmbye indirimbo nyinshi zakunzwe kugeza kuri ‘Chop Chop’ yakoranye na Bensoul aherutse gushyira ku isoko.

Mu gihe umubano n’itumanaho bikorwa cyane binyuze kuri murandasi, ubushakashatsi bwa Kantar bwo mu 2023 bwerekanye ko 72% by’abagize ‘Generation Z’ bifuza kuba inyangamugayo no kugirana imibanire ifatika n’abandi bantu. Coca-Cola ibinyujije muri “Share a Coke” igamije gufasha abantu kugaragaza urukundo n’ubusabane mu buryo bufatika.

Mu gutangiza iyi gahunda mu Rwanda, Coca-Cola ku bufatanye na Brasseries et Limonaderies du Rwanda (BRALIRWA), nibo batumiye abantu muri ibi birori, byasize benshi batahanye akanyamuneza, ndetse bahawe impano zirimo n’amacupa ya Coca-Cola yanditseho izina rya buri umwe, imipira yanditseho izina rya buri umwe n’ibindi.

Aha ni ho abantu bishimiye ibihe byiza barimo gusangira Coca-Cola ziriho amazina yabo cyangwa ay’inshuti zabo, ndetse bagira n’amahirwe yo kwifatanya mu bikorwa birimo n’imyidagaduro

Lieke Bouwhuis, Umuyobozi ukuriye iyamamazabikorwa muri Bralirwa yasobanuye ko iyi gahunda ya “Share a Core” igamije guhuza abantu mu ngeri zinyuranye basangira Coca-Cola ‘yaba yanditseho izina ryawe, cyangwa se wahisemo kuyisangira na mugenzi wawe yanditseho izina ryawe’.

Ati “Uyu munsi dushyize imbaraga muri iyi gahunda, aho uzajya hose haba muri supermakert n’ahandi uzahasanga ‘Share a Coke’ n’ahandi hose mu gihugu, niyo mpamvu nshaka gusaba buri wese kubigiramo uruhare.”

Lieke Bouwhuis yashimye buri wese witabiriye ibi birori, abafatanyabikorwa, ndetse n’abanyuzwe na Coca-Cola, abacuruzi “ndetse n’ikipe yose ya Coca-Cola hamwe na Bralirwa bakoze ibishoboka byose kugira ngo ibi bishoboke.” Ati “Dukomeze gusangira, kwishimira ibyiza no guhuza ubusabane binyuze muri Coca- Cola.”

Yayora Karamoko ‘Senior- Manager’ wa Coca-Cola muri Afurika, yabanje kuvuga ko ari ubwa mbere ageze mu Rwanda kuko asanzwe abarizwa muri Cote d’Ivoire. Yavuze ko yishimiye uko yakiriwe ‘muri iki gihugu cyiza’.

Yavuze ko ubukangurambaga bwo gushishikariza abantu kunywa Coca-Cola yanditseho amazina yabo cyangwa ay’inshuti zabo ‘bushingiye ku kwishima, guhuza abantu no gusangira’. Ati “Biba ibintu byiza iyo abantu bahuriye hamwe basangira Coca-Cola nk’uko bimeze uyu munsi’.

Yakomeje avuga ko ubuzima buba bwiza iyo usangiye ibihe byiza n’abandi. Ati “Ni yo mpamvu turi hano mu kwishimira ibyo byiza. Kuva ku kwandikirwaho izina kuri Coca-Cola kugera ku kwandikaho izina ry’inshuti zabo, ni itangiriro.”

Uyu mugabo yavuze ko n’ubwo iyi gahunda itangiriye mu Mujyi wa Kigali izagezwa no mu zindi Ntara ‘ku buryo buri wese azagirana ibihe byiza na Coca-Cola’. Ati “Icyo twasaba ni uko buri wese yifashishije imbuga nkoranyambaga yagaragaza ibihe byiza yagiranye na bagenzi be binyuze mu busabane bwa Coca-Cola.”

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Umuyobozi Mukuru wa BRALIRWA, Ethel Emma-Uche, hari aho avuga ati “Twishimiye gukorana na Coca-Cola mu kugarura ‘Share a Coke’ hano mu Rwanda. Iki ni igikorwa kigaragaza ubushake bwacu bwo guha Abanyarwanda uburambe budasanzwe kandi bubagirira akamaro mu buryo bwihariye.”

Charli Azanfack Dongmo, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibijyanye n’amasoko ya Coca-Cola muri Afurika y’Iburengerazuba n’Amajyepfo y’Iburasirazuba, we yagize ati “Muri iki gihe cy’ikoranabuhanga, ni ngombwa kwizihiza imibanire y’abantu n’ubusabane budasanzwe bagirana. ‘Share a Coke’ itwibutsa ko ibihe byiza biba iyo duhuriye hamwe tukishimana, tugaseka, tuganira, tukagirana ibihe bidusigira urwibutso.”

Abakunzi ba Coca-Cola bashishikarizwa kwifatanya muri iyi gahunda banyuze kuri Instagram na Facebook, basangiza amafoto yabo bifashishije #ShareACoke, bakagaragaza uburyo basangiye n’inshuti zabo, ndetse bagira n’amahirwe yo kugira ibyo batsindira.

Mu gihugu hose, abantu bashobora kubona Coca-Cola ziriho amazina y’abantu mu masoko, muri ‘restaurants’ n’ahandi hahurira abantu benshi. Ibi bigatuma buri wese ashobora kubona icupa rya Coca-Cola ririho izina ry’inshuti cyangwa irye ubwe, akarisangira n’abandi mu gushimangira ubusabane.

The Coca-Cola Company (NYSE: KO) ni sosiyete mpuzamahanga icuruza ibinyobwa mu bihugu n’uturere birenga 200. Intego yayo ni ugutanga ibisubizo byongera ubuzima kandi bigira impinduka nziza.

Mu bikoresho byayo birimo Coca-Cola, Sprite, Fanta, Dasani, Smartwater, Minute Maid, Powerade, Costa n’ibindi. Coca-Cola ikorera hamwe n’abafatanyabikorwa mu nganda zo gutunganya ibinyobwa barenga 700,000 ku isi hose, bagafasha guteza imbere ubukungu bw’aho bakorera.

Lieke Bouwhuis, Umuyobozi Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Bralirwa [Uri iburyo] yavuze ko gahunda ya 'Share a Coke' yatangijwe mu 2014, kandi ko kuva icyo gihe hari amazina yakomeje kwiganza cyane ku macupa ya Coca-Cola 


Lieke Bouwhuis [Ubanza ibumoso] ari kumwe na Yayoro Karamoko [Uri iburyo] mu gikorwa cyo gukomeza gahunda ya 'Share a Coke'

Yayoro Karamoko uri mu bayobozi ba Coca-Cola muri Afurika yo hagati yaserutse yambaye ikote ryanditseho izina rye mu kugaragaza uburyo Coca-Cola ihuza abantu

Bamwe mu bana bo muri Sherrie Silver Foundation bitabiriye gahunda ya 'Share a Coke'

Umubyinnyi Mpuzamahanga, Sherrie Silver yashyigikiye Coca-Cola mu gukomeza ubukangurambaga bwa 'Share a Coke'

Umunyarwenya akaba n'umukinnyi wa filime, Nkusi Arthur niwe wayoboye ibirori byo gukomeza gahunda ya 'Share a Coke' 


Umuhanzikazi Alyn Sano yataramiye abitabiriye ibi birori kugeza ku ndirimbo 'Chop Chop' aherutse gukorana na Ben Soul

 

Ababyinnyi banyuranye bahawe umwanya bataramira abantu binyuze mu kubyina indirimbo zinyuranye 


Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda 2020 [Uri iburyo] yitabiriye gahunda ya 'Share a coke' ya Coca-Cola




Kanda HANO urebe Amafoto menshi yaranze ibirori bya "Share a Coke"


AMAFOTO: Dox Visual- InyaRwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...