Shallipopi yanyuze abafana be mu gitaramo cya mbere yakoreye i Kigali - AMAFOTO

Imyidagaduro - 30/05/2026 1:43 PM
Share:

Umwanditsi:

Shallipopi yanyuze abafana be mu gitaramo cya mbere yakoreye i Kigali - AMAFOTO

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria Shallipopi yanditse amateka mashya mu rugendo rwe rwa muzika nyuma yo gutaramira bwa mbere mu Rwanda, mu gitaramo cyitabiriwe n’imbaga y’abiganjemo urubyiruko rwari rwaturutse mu bice bitandukanye by’igihugu.

Iki gitaramo cyiswe “Africast Fest: A Shallipopi Xperience” cyabereye muri Camp Kigali ku mugoroba wo ku wa 29 Gicurasi 2026, gitegurwa ku bufatanye bw’abategura ibitaramo n’uruganda rwa Skol Rwanda binyuze mu kinyobwa cya Skol Malt.

Mbere y’umunsi nyirizina w’igitaramo, habanje ibikorwa bitandukanye byo kucyamamaza no kugishyushya, birimo gahunda z’imyidagaduro zatambukaga ku izina rya “Shallipopin’ Ahanad”, zafashije abakunzi b’umuziki kumenyera no gutegereza uku gutaramana na Shallipopi.

Abari bitabiriye iki gitaramo bagaragaje ko bari bariteguye bihagije, aho benshi bari bashatse imyambaro itandukanye igaragaza ko ari abanyabirori.

Mu masaha ya saa ine, MC Policy yafashe iya mbere atangira kuganiriza no gushimisha abari bamaze kwinjira, abizeza ko bagiye kubona igitaramo kitazibagirana.

Nyuma y’igihe gito, umuhanzi Kid From Kigali yahamagawe ku rubyiniro maze atangira gutaramira abakunzi be. Yatangiriye ku ndirimbo “Rich” yakoranye na Arnaud Gray ndetse na Ish Kevin, akurikizaho izindi ndirimbo zirimo “Inyota”, zakiriwe neza n’abafana.

Mu rwego rwo gushyigikira impano nshya, Kid From Kigali yanahaye umwanya umuhanzi ukizamuka uzwi nka Mwiza, ibintu byashimishije benshi bari bitabiriye iki gitaramo.

Nyuma y’aho mu masaha ya saa sita z’ijoro, ni bwo Shallipopi wari utegerejwe cyane yasesekaye ku rubyiniro, ahita atangirana imbaraga nyinshi n’indirimbo “Sharpiru”, imwe mu zamugize icyamamare ku mugabane wa Afurika.

Yakomeje kuririmba izindi ndirimbo zirimo “High Tension” n’izindi zakunzwe n’abafana, aho buri ndirimbo yaririmbaga yakirwaga n’amajwi y’abari bateraniye aho.

Nyuma y’iminota isaga makumyabiri ari ku rubyiniro, Shallipopi yasoje igitaramo cye n’indirimbo “Laho”, ifatwa nk’imwe mu ndirimbo zimuranga cyane. Mbere yo kuyiririmba yasabye abafana kumufasha kuyiririmba, na bo bamwereka urukundo rwinshi bayimufashamo kuva itangiye kugeza irangiye.

Iki gitaramo cyasize benshi banyuzwe n’imikorere ya Shallipopi ku rubyiniro, ndetse kiba intangiriro nziza y’umubano we n’abakunzi b’umuziki bo mu Rwanda bataramanye nawe ku nshuro ya mbere.

Abiganjemo urubyiruko baturutse hirya no hino mu gihugu bitabiriye igitaramo Africast Fest: A Shallipopi Xperience

Kid From Kigali yanyuze abitabiriye igitaramo cyatumiwemo Shallipopi

Kid From Kigali yazanye ku rubyiniro umukobwa ukizamuka 

Shallipopi yatanze ibyishimo ku bihumbi by'abafana be bari baje kumusyigikira mu gitaramo cya mbere akoreye mu Rwanda


Uko Shallipopi yaserutse yambaye mu gitaramo cya mbere yakoreye i Kigali


AMAFOTO: Dox_Visual


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...