Urukiko
rwemeje ko ayo mafaranga yari yarishyuye mu makimbirane y’imisoro atari akwiye
kwishyurwa, bityo Leta ya Espagne igomba kuyamusubiza hiyongereyeho n’inyungu
zabonetse kuri ayo mafaranga.
Urukiko
rwemeje ko inzego z’imisoro zitashoboye kugaragaza ko Shakira yamaze iminsi 183
cyangwa irenga muri Espagne mu mwaka wa 2011, ari yo ntera fatizo ituma umuntu
afatwa nk’umuturage ugomba kwishyura imisoro y’umuntu ku giti cye muri icyo
gihugu.
Icyo
cyemezo cyagaragaje ko mu mwaka w’imisoro wa 2011, uyu muhanzikazi yaba
yarahamaze iminsi 163 gusa, bikaba byari munsi y’iyo ntera isabwa, bityo
n’ihazabu yari yaraciwe igafatwa nk’itemewe.
Shakira
yavuze ko yishimiye iki cyemezo, avuga ko “gishyize ibintu ku murongo nyuma
y’imyaka 8 yagiye anyura mu bihe bikomeye byo gutotezwa mu ruhame, ibikorwa byo
kumusebya, ndetse n’ihungabana ryakomotse kuri ibyo byose byamugizeho ingaruka
no ku muryango we.”
Yagize
ati “Nta buriganya na bumwe bwigeze bubaho, kandi inzego ubwazo ntizigeze
zibasha kubigaragaza kuko bitari byo. Ariko imyaka hafi icumi nari narafashwe
nk’uhamwa n’icyaha.”
Yakomeje
avuga ko igihe cyose amakuru ye yagiye asohorwa mu buryo butagororotse,
bigakoreshwa mu kumusebya no kohereza ubutumwa bugamije gutera ubwoba abandi
basora.
Uru
rubanza rwerekeye umwaka wa 2011 gusa, ntirureba ibindi bihe byakurikiyeho.
Uretse
iki cyemezo, Shakira yari yarigeze no kwemera kumvikana n’ubushinjacyaha bwa
Espagne mu 2023 ku kindi kirego cy’imisoro cyerekeranye n’imyaka ya 2012 kugeza
2014, aho yemeye kwishyura ihazabu ya miliyoni €7.5 kugira ngo yirinde
kuburanishwa.
Muri
izo manza zose, ubushinjacyaha bwa Espagne bwagiye bumushinja uburiganya
bw’imisoro, ndetse no mu yindi dosiye yo mu 2018 yari yarafunguwe ariko nyuma
ikaza guhagarikwa kubera kubura ibimenyetso.
Iyi
ntsinzi ije mu gihe Shakira ari mu mpera z’urugendo rwe rw’ibitaramo yise Women
Don’t Cry Anymore World Tour, harimo n’aho azakorera residency i Madrid guhera
muri Nzeri.
Yanatangajwe
kandi nk’umwe mu bazaririmba mu gice cy’ibirori bya nyuma by’Igikombe cy’Isi
cya FIFA kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari kumwe n’abandi bahanzi
bakomeye barimo Madonna ndetse na BTS.
Mu
minsi ishize kandi, Shakira yakoreye igitaramo gikomeye ku mucanga wa
Copacabana muri Rio de Janeiro, cyitabirwa n’abantu barenga miliyoni ebyiri.

