Shakira yanditse amateka ku Isi ataramira abantu Miliyoni 2 ku mucanga

Imyidagaduro - 04/05/2026 8:19 AM
Share:

Umwanditsi:

Shakira yanditse amateka ku Isi ataramira abantu Miliyoni 2 ku mucanga

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Shakira yanditse amateka mashya mu muziki, nyuma yo gutaramira imbaga y’abantu barenga Miliyoni 2 mu gitaramo gikomeye yakoreye ku mucanga wa 'Copacabana Beach'.

Ibi byabereye mu mujyi wa Rio de Janeiro mu ijoro ryo ku wa 3 Gicurasi 2026, aho uyu muhanzikazi ukomoka muri Colombia yakoreye igitaramo cy’ubuntu cyitabiriwe n’imbaga, kugeza n’aho ubuyobozi bw’umujyi bwemeje ko abantu bagera kuri Miliyoni 2 bari bahari.

Iki gitaramo cyari mu rwego rw’urugendo rwe rwa muzika yise “Las Mujeres Ya No Lloran World Tour”, izina rishingiye kuri Album ye yasohoye mu 2024.

Cyabaye kimwe mu bitaramo by’amateka, cyane cyane ku bahanzi b’Abanya-Latin, kuko ari we wa mbere ushoboye gukusanya abantu benshi gutyo mu gitaramo kimwe.

Igitaramo cyatangiye ahagana saa tanu z’ijoro (23h00), cyatinze gutinda gato ugereranyije n’igihe cyari giteganyijwe.

Abafana bari bamaze amasaha menshi ku mucanga, bamwe bahageze kuva mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, bategereje kubona uyu muhanzikazi bakunda.

Mu gutangira igitaramo, Shakira yakiriwe n’urusaku rwinshi rw’abafana baririmbaga bamusuhuza, mu gihe mu kirere hagaragaraga ‘drones’ zandikaga amagambo mu kirere agira ati “Ndagukunda Brazil” mu rurimi rw’Igiporutugali/Protugal.

Yagarutse ku rugendo rwe rwa mbere muri Brazil, aho yavuze ko yahageze afite imyaka 18 afite inzozi zo kuzataramira Abanya-Brazil. Yagize ati: “Naje hano nkiri muto, mfite inzozi zo kuzabaririmbira… none reba aho tugeze. Ubuzima buratangaje.”

Muri iki gitaramo, yaririmbye indirimbo ze zakunzwe cyane zirimo “Hips Don’t Lie”, “La Tortura” na “La Bicicleta”, asoza aririmba indirimbo “BZRP Music Sessions #53” yasohoye nyuma yo gutandukana n’umukinnyi w’umupira w’amaguru Gerard Piqué.

Uyu muhanzikazi kandi yakoresheje umwanya wo gutanga ubutumwa bukomeza abagore, agaragaza ko nubwo bahura n’ibibazo, bakomeza guhaguruka bafite imbaraga nshya. Yagize ati: “Twebwe abagore, buri gihe turagwa ariko tugahaguruka turi abanyabwenge kurushaho.”

Umuyobozi w’Umujyi wa Rio, Eduardo Cavaliere, yatangaje ko iki gitaramo cyitabiriwe n’abantu Miliyoni 2, anavuga ko “She-Wolf” (imwe mu ndirimbo za Shakira) yakoze amateka muri Rio.

Iki gitaramo cyitezweho kwinjiriza ubukungu bw’umujyi wa Rio amafaranga menshi agera kuri miliyoni 155 z’amadolari ya Amerika, bitewe n’ubukerarugendo, amafaranga yakoreshejwe muri Hoteli, Resitora n’andi masoko atandukanye.

Abasesenguzi bavuga ko urukundo Shakira afitanye n’Abanya-Brazil rumaze imyaka irenga 30, kandi ko iki gitaramo ari ikimenyetso gikomeye cy’uko uwo mubano ukomeje gukura no gukomera.

By’umwihariko, iki gitaramo cyaje gikurikira ibindi byabaye ku mucanga wa Copacabana byakozwe n’ibyamamare nka Madonna na Lady Gaga, ariko Shakira we akaba ari we uciye agahigo ko gukusanya imbaga y’abantu benshi kurusha abandi bose.

Shakira yanditse amateka i Rio de Janeiro, ataramira abantu barenga miliyoni 2 ku mucanga wa Copacabana, mu gitaramo cyahinduye amateka y’umuziki wa Latin

 

Ijuru rya Brazil ryanditseho “I love you Brazil” mu kirere, Shakira akora igitaramo cy’amateka cyitabiriwe n’imbaga  


Ku myaka myinshi amaze mu muziki, Shakira yongeye kwerekana ko ari icyamamare gikomeye, ataramira miliyoni 2 mu gitaramo cy’ubuntu cyabereye i Rio



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...