Ni ubwa mbere mu mateka y’Igikombe cy’Isi hateguwe
igitaramo gikomeye kizabera hagati mu mukino wa nyuma, ibintu byafashwe
nk’intambwe nshya FIFA iri gutera mu rwego rwo guhuza umupira n’imyidagaduro
nk’uko bikorwa muri Super Bowl yo muri Amerika.
Kwamamaza aba bahanzi byakozwe biciye kuri Instagram
ya FIFA, aho byatangajwe ko umuririmbyi Chris Martin wo mu itsinda Coldplay ari
we wafashije gutoranya abazatarama, ku bufatanye n’umuryango Global Citizen.
Shakira yongeye kugaruka mu ndirimbo z’Igikombe
cy’Isi
Abatari bake bishimiye kongera kubona Shakira muri
gahunda z’Igikombe cy’Isi, cyane ko ari umwe mu bahanzi bafite amateka akomeye
muri iri rushanwa nyuma y’indirimbo “Waka Waka (This Time for Africa)” yabaye
ikimenyabose mu Gikombe cy’Isi cya 2010 cyabereye muri Afurika y’Epfo.
Uyu muhanzikazi aherutse no gushyira hanze indi
ndirimbo nshya y’Igikombe cy’Isi yise “Dai Dai” yakoranye n’umunya-Nigeria
Burna Boy.
Madonna na BTS baritezwe cyane
Madonna, uzwi nka “Queen of Pop”, nawe ari mu
bahanzi benshi bategerejwe cyane muri iki gitaramo. Abasesenguzi bavuga ko
azazana umwihariko ukomeye bitewe n’uburambe bwe mu bitaramo bikomeye ku rwego
mpuzamahanga.
Ku rundi ruhande, BTS iri mu matsinda ya K-pop akunzwe
cyane ku Isi, by’umwihariko nyuma y’indirimbo yabo “Dynamite” yakunzwe cyane ku
rwego mpuzamahanga ndetse ikagira miliyari zirenga ebyiri z’abayirebye kuri
YouTube.
Iri tsinda riherutse no kugaruka mu bikorwa bya
muzika nyuma y’igihe bamwe mu barigize bari mu gisirikare nk’uko amategeko ya
Koreya y’Epfo abiteganya.
Abasesenguzi ba siporo n’imyidagaduro bavuga ko uku
guhuriza hamwe Shakira, Madonna na BTS bizatanga ari uruvange rw’amajwi n’imico
itandukanye ariko rushimishije cyane rushobora gutuma umukino wa nyuma
w’Igikombe cy’Isi uba kimwe mu birori bikomeye byigeze bibaho muri ruhago.
Hari n’abavuga ko bishoboka cyane ko Burna Boy
azatungurana akagaragara muri icyo gitaramo bitewe n’ubufatanye bwe na Shakira
ku ndirimbo nshya y’Igikombe cy’Isi.
Igikombe cy’Isi cya 2026 kizatangira ku wa 11 Kamena muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico.

BTS bazasusurutsa abafana ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026

Shakira azasusurutsa abafana ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026

Madonna nawe azasusurutsa abafana ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026
