Shakira Kay uri mu banyarwandakazi babyina babigize umwuga yagaragaje ibyo amaze kugeraho

Imyidagaduro - 17/05/2023 10:19 AM
Share:
Shakira Kay uri mu banyarwandakazi babyina babigize umwuga yagaragaje ibyo amaze kugeraho

Shakira Kayitare [Shakira Kay] umaze kuba ubukombe mu kubyina mu ndirimbo z’abahanzi bakomeye no mu bitaramo bitandukanye, yavuze uko yabyinjiyemo n'icyo asaba abifuza kubikora.

Mu kiganiro na InyaRwanda, yagize ati: "Nakuze nkunda kubyina, nyuma nza kwiyemeza kubiga umwuga ubwo nasozaga amashuri yanjye yisumbuye binambera umugisha ubwo Meddy Saleh yanyiyambazaga mu mashusho y’indirimbo ya Meddy, Rayvanny na RJ The Dj."

Agaruka ku bintu yagezeho abicyesha umwuga wo kubyina, ati: "Bimaze kungeza kure kuko hari ibyo kugera ubu mbasha gukemura kandi ubushobozi mbonye nsangira n’abana batishoboye biganjemo ababa ku mihanda itandukanye."

Agaruka ku bifuza gutangira uyu mwuga ati " Icyo nabwira bagenzi banjye bifuza kwagura impano zabo zo guhanga bakagera kure, ni ukubikora babishyizemo umwete bakihanganira ababaca intege babavugaho amagambo atari meza."

Yongeraho ati: "Kuko izo ni inzira buri wese acamo uko abyitwayemo neza bikaba byamugeza ku cyo yifuza." Avuga kandi ko yifashisha n’impano ye mu gutanga ubutumwa bunyuranye bwafasha umuryango nyarwanda.

Shakira ati: "Ikindi simbyina by’akazi gusa, mbasha gushimisha abantu mbaha n’ubutumwa mbinyujije mu kubyina. Mbyinira ahantu hari abantu benshi nko mu isoko."

Yatanze ishusho y'uko abona ababyinnyi bahagaze none ati " Kubyina mu Rwanda, ubu byatangiye guhabwa agaciro. Kuba natwe icyiciro cyacu gisigaye kijya mu bihatanira ibihembo, ni ibigaragaza ko babona ko dukora."

Asobanura uko abona ibintu bihagaze, yagize ati:"Guha agaciro cyane ibyo dukora bya buri munsi kuko hari abo bitunze kuri bamwe, ibi bigakorwa natwe ababyinnyi ubwacu twiyubaha no kumenya guhakana ikitaricyo, hamwe n'abaduha akazi nabo bakarushaho guha agaciro ibyo dukora."

Shakira Kay yasoreje amashuri yisumbuye mu kigo cy’abakobwa cya Rambura. Yatangiye kubyina by’umwuga guhera muri 2020. Kuva icyo gihe yagiye yitabazwa mu ndirimbo zitandukanye.

Mu zo yabyinnyemo harimo: ‘We Don’t Care’ ya Meddy, Rayvanny na RJ,  Player ya Knowless, Basisori ya Passy Kizito na Chris easy, Boo &Bae ya Alyn Sano, Radiyo ya Alyn sano, Burijyana ya Niyo Bosco na Wherever you go ya Eloi.

Ari mu bakobwa bakomeje kugaragaza ubuhanga mu mwuga wo kubyina mu Rwanda Yitabazwa mu ndirimbo z'abahanzi batandukanyeByinshi mu birori n'ibitaramo bibera mu Rwanda abigaragaramo abyina Yifuza kubona urwego rw'umwuga wo kubyina rurashaho gutera imbere mu RwandaYifashisha impano ye mu gutanga ubutumwa no ku rubyiruko n'abandi ku bintu bishobora kubafasha Kanda hano ujye ubasha gukurikira ibikorwa bitandukanye bya Shakira Kay kuri Instagram


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...