Ni
igitaramo cyaranzwe n'ibihe byinshi by'amateka, amarangamutima n'ibitunguranye,
ariko kimwe mu byafashe imitima y'abari muri BK Arena ni uburyo Shaffy yakiriwe
n'abafana, ibintu byagaragaje ko n'ubwo amaze igihe adashyira hanze indirimbo
nyinshi, izo yakoze zigifite agaciro gakomeye mu mitima y'abakunzi b'umuziki
nyarwanda.
Byari
ubwa mbere uyu muhanzi akandagiye ku rubyiniro rwa BK Arena nk'umuhanzi uje
gutaramira imbaga y'abafana bari bitabiriye igitaramo cyuzuye iyi nyubako
yakira ibitaramo bikomeye kurusha ibindi mu Rwanda.
Ntiyatinze gushaka uko
yigarurira imitima y'abafana.
Akigera
ku rubyiniro, yahise atangira n'indirimbo "Akabanga", imwe mu
ndirimbo zamuhesheje izina rikomeye. Mu kanya gato, BK Arena yahindutse
nk'ikoraniro ry'abantu bahuje ijwi, buri wese ayiririmba kuva ku ntangiriro
kugeza ku musozo.
Byari
bigoye gutandukanya ijwi rya Shaffy n'iry'abafana. Buri murongo waririmbwaga
n'imbaga y'abantu, ibintu byagaragazaga ko imyaka ishobora gushira ariko
indirimbo nziza zikaguma mu mitima y'abazikunda.
Uko
indirimbo yagendaga isatira kurangira, ni ko ibyishimo byarushagaho kwiyongera.
Mu
rwego rwo gushimira urukundo yeretswe, Shaffy yikuyemo ikoti ritukura yari
yambaye, ariterera mu bafana, ibintu byakurikiwe n'impundu nyinshi, amashyi
n'urusaku rw'ibyishimo rwakomeje kumvikana muri BK Arena.
Ariko
nubwo ibyo byari ibyiza, hari ikindi gihe cyabaye nk'igisongero cy'urugendo rwe
kuri urwo rubyiniro.
"Bana"
yahindutse indirimbo y'abafana
Nyuma
ya "Akabanga", Shaffy yakomereje ku ndirimbo "Bana"
yakoranye na Chriss Eazy, imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane kuva yasohoka.
Icyakurikiyeho ni cyo
cyatunguranye.
Amajwi
y'abafana yumvikanye asumba umuziki, buri wese aririmba amagambo yose
y'indirimbo nta kuyibeshyamo.
Shaffy
yabanje guhagarara, areba imbaga y'abafana, agaragaza ko ibyo yabonaga bitari
biri mu byo yari yiteze.
Ku
isura ye hagaragaraga ibyishimo n'amarangamutima, nk'umuhanzi wari umaze kubona
gihamya ko ibihangano bye bikomeje kubaho mu buzima bw'ababikunda.
Ni
kimwe mu bihe byatumye benshi bavuga ko nubwo atamaze umwanya munini ku
rubyiniro, ari umwe mu bahanzi basize amateka muri icyo gitaramo.
Iminota mike, ariko
yibukwa igihe kirekire
Shaffy
ntiyari yaje gukora igitaramo cye bwite, ahubwo yari yitabiriye gushyigikira
King James mu kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki.
Ntiyavuye
ku rubyiniro nk'umuhanzi wahamagawe gusa ngo aririmbe, ahubwo yahavuye afite
urwibutso rushya rw'urukundo yeretswe n'abafana.
Ni
urukundo rwagaragariye mu kuririmba indirimbo ze ijambo ku rindi, mu
kumushimira buri ntambwe yateraga no mu byishimo byuzuye BK Arena kuva yinjira
kugeza asoje.
Mu
ijoro ryari irya King James, Shaffy na we yanditse umurongo we mu mateka y'icyo
gitaramo.
Ku
nshuro ye ya mbere ataramiye muri BK Arena, ntiyahasize gusa indirimbo ze,
ahubwo yahasize ikimenyetso cyerekanye ko izina rye rigifite uburemere mu
muziki nyarwanda.
Niba hari icyo yatahanye muri iryo joro, si impundu gusa cyangwa amashyi, ahubwo ni icyizere ko urugendo rwe rugifite indi ntera, ndetse ko BK Arena ashobora kuzagarukamo atakiri nk'umutumirwa w'undi muhanzi, ahubwo nk'umuhanzi ushobora no kuyuzuza wenyine.

Shaffy yaririmbye bwa mbere muri BK Arena, yisunze indirimbo ze zamamaye nka 'Akabanga' n'izindi zinyuranye

Shaffy yahuriye ku rubyiniro na King James nyuma y'igihe kinini atangiye urugendo rw'umuziki nk'umuhanzi wigenga


Shaffy yaririmbye indirimbo ze zirimo na 'Sesa' aherutse gushyira hanze yakunzwe mu buryo bukomeye
