Shaffy yasabye urubyiruko kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi no kwamagana ingengabitekerezo y’urwango

Imyidagaduro - 09/04/2026 1:42 PM
Share:

Umwanditsi:

Shaffy yasabye urubyiruko kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi no kwamagana ingengabitekerezo y’urwango

Umuhanzi Shaffy ukorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yatanze ubutumwa ku Banyarwanda, cyane cyane urubyiruko, abasaba kwiyumvamo inshingano zo kumenya amateka no kurwanya ingengabitekerezo y’urwango.

Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, muri iki gihe u Rwanda n’Isi bibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Shaffy yatangiye ahumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ati: “Mbanze mpumurize umunyarwanda wese ibi bihe bigora ku byo yabonye, yakorewe cyangwa yaciyemo. Iki ni igihe cyo kwibuka imbaraga z’ubumwe haba mu gukora ikibi, no gukora icyiza."

“Twabonye ingaruka z’ikibi. Bityo bitubere isomo ryo gufatira hamwe twamagana abashaka kudusubiza inyuma. Twe urubyiruko tugomba kurwanya twivuye inyuma abafite ingengabitekerezo zavuyeho ingaruka zatumye ingombyi iduhetse iva amaraso.”

Shaffy yagaragaje ko kugira uruhare mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside bitangirira ku kwiga amateka y’u Rwanda.

Ibi, nk’uko avuga, bituma umuntu abasha kwigisha abandi kandi agasobanukirwa neza impamvu ari ingenzi kwibuka no kumenya aho igihugu cyavuye.

Yavuze ati: “Uruhare mfite mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside icya mbere ni ugufata umwanya nkiga amateka yacu ngo nanjye nyigishe abandi mu buryo bwo kumenya aho twavuye n’impamvu ari Ingenzi kwibuka.”

Shaffy yibukije urubyiruko ko kwiga amateka atari igikorwa cyo gucika intege, ahubwo ari uburyo bwo gufata isomo rikomeye ry’ubuzima, bityo bagafata iya mbere mu kurwanya ikibi n’urwango.

Uyu muhanzi yasobanuye ko imbuga nkoranyambaga ari kimwe mu bikoresho by’ingenzi mu kurwanya urwango n’ingengabitekerezo.

Avuga ko atibanda gusa ku muziki, ahubwo agerageza kwigisha abantu binyuze ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ingaruka mbi z’ingengabitekerezo ya Jenoside, anashimangira amahoro yavuye mu gufatira hamwe no kwiyubaka.

Yongeraho ati: “Icya kabiri ni ugukoresha imbuga nkoranyambaga, nigisha, nibutsa Abanyarwanda ibibi by’ingengabitekerezo bya Jenoside, Amahoro yavuye mu gufatira hamwe twiyubaka, ishema riri mu kwitwa umunyarwanda twagezeho.”

Mu butumwa bwe, Shaffy asaba Abanyarwanda bose, cyane cyane urubyiruko, gufata umwanya wo kumenya amateka, kwibuka ibyabaye no gukoresha ubumenyi bafite mu gukumira ikibi no kubaka u Rwanda rwunze ubumwe, rwubaka amahoro n’iterambere.

Uyu muhanzi yibutsa ko kwibuka ari no gufata umwanzuro wo guharanira ko urwango n’ubugome bwabaye mu mateka bidasubira mu buzima bw’igihugu n’urubyiruko rw’ejo hazaza.

 

Shaffy yasabye urubyiruko kwiga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi bakamagana ingengabitekerezo y’urwango


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...