Shaffy yagarutse i Kigali gusura umuryango we nyuma y’ibyago bagize - VIDEO

Imyidagaduro - 30/12/2025 6:48 AM
Share:

Umwanditsi:

Shaffy yagarutse i Kigali gusura umuryango we nyuma y’ibyago bagize - VIDEO

Kuri uyu wa Mbere, umuhanzi Shaffy ukorera umuziki we muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yaje mu Rwanda aho yitabiriye igitaramo cye Kevin Kade no gusura umuryango we nyuma y’ibyago bagize byo gupfusha umuvandimwe wa Shaffy.

Umuhanzi Shaffy ukomoka mu Rwanda ariko agakorera umuziki muri Amerika, aherutse kugira ibyago byo gupfusha mukuru we witwa Kalisa Amani. Kalisa Amani yitabye Imana ku wa Gatatu, tariki ya 17 Ukuboza 2025, azize uburwayi butunguranye.

Icyo gihe, Shaffy yari mu myiteguro yo gutaramira mu gihugu cya Uganda ariko yahise asubika igitaramo akimara kumva iby’iyo nkuru mbi.

Avuga ko yihaye igihe cy’icyumweru, yitekerezaho, araruhuka aho yashakaga gutekereza ku cyo yakora ariko nyuma y’icyo gihe yumva afite imbaraga kandi yakora buri kintu yemera kuza gushyigikira Kevin Kade basanzwe bari inshuti magara.

Yagize ati: “Nari naravuze ngo nziha icyumweru ndebe uko ibintu bimeze, ninumva nkwiye gufata igihe nyifate, ninumva mfite imbaraga zo gushyigikira Kade, nze. None nyuma y’icyumweru ibintu byose bimaze kujya ku murongo, numvishe ko naza gushyigikira Kade n’umuryango.”

Avuga ko mu byamuzanye mu Rwanda, harimo gushyigikira Kevin Kade mu gitaramo “The Last Night” no gusura umuryango we no kuwukomeza muri ibi bihe bitoroshye.

REBA IKIGANIRO SHAFFY YAGIRANYE N'ITANGAZAMAKURU AKIGERA MU RWANDA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...