Shaffy agiye gukorera igitaramo muri Canada

Imyidagaduro - 14/03/2026 7:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Shaffy agiye gukorera igitaramo muri Canada

Umuhanzi nyarwanda Kalisa Uzabumwana Sharif, uzwi ku izina rya Shaffy, akaba akorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko agiye gutaramira mu Mujyi wa Ottawa muri Canada.

Mu butumwa yashyize kuri konti ye ya Instagram, Shaffy yatangaje ko igitaramo cye cya mbere muri uwo mujyi kizaba mu kwezi kwa Gicurasi 2026, anamenyesha ko amakuru arambuye ku bijyanye n’igihe n’aho kizabera azatangazwa mu minsi iri imbere.

Shaffy yamamaye mu ndirimbo nka “Akabanga”, “Sukuma”, na “Naruguyemo”, ndetse ni umwe mu bahanzi banyuze mu nzu ifasha abahanzi mu by’umuziki ya Rock Hill.

Uyu muhanzi yaherukaga gutaramira mu Rwanda mu mpera za 2026, mu gitaramo yahuriyemo na Kevin Kade, wizihizaga imyaka itanu yari amaze mu muziki. Icyo gitaramo cyabereye ku mbuga ya Kigali Convention Center, kikaba cyarakunzwe n’abakunzi b’umuziki mu gihugu.

Shaffy kandi aherutse gutaramira mu Mujyi wa Kampala mu gihugu cya Uganda, aho yitabiriye igitaramo yahuriyemo na The Ben, cyabaye mu gihe hizihizwaga Umunsi wa Saint-Valentin, uzwi nk’umunsi w’abakundana.

 

Shaffy, umuhanzi nyarwanda ukorera muri Amerika, yatangaje ko agiye gutaramira i Ottawa muri Canada muri Gicurasi 2026


Nyuma yo gutaramira mu Rwanda mu gitaramo cyizihizaga imyaka 5 ya Kevin Kade ndetse no mu Kampala ,Shaffy akomeje kwagura urugendo rwe rw’umuziki ku rwego mpuzamahanga

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'SERELA' Y'UMUHANZI SHAFFY




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...