Shaddyboo yongeye gukozanyaho na YewëeH bakanyujijeho mu rukundo

Imyidagaduro - 07/11/2025 7:07 AM
Share:

Umwanditsi:

Shaddyboo yongeye gukozanyaho na YewëeH bakanyujijeho mu rukundo

Urukundo rwa kera rwari rwarashize hagati y’umunyamideli Shaddyboo n’umuhanzi akaba na Producer YewëeH, rwongeye kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko bombi bagarutse ku bihe byabo byahise mu buryo bweruye, ariko busa n’ubuteye urwenya.

Byatangiye ubwo YewëeH yari mu kiganiro kuri Kiss FM, aho yabajijwe impamvu atarasubira mu rukundo nyuma yo gutandukana na Shaddyboo.

Mu gusubiza, uyu musore wamenyekanye mu gukora indirimbo zakunzwe cyane mu myaka ishize, yagize ati “Abakobwa bose ni beza. Biterwa n’uko uri kureba. Si uko nabonye n’abandi benshi, gusa mba numva nkeneye umwanya wo gukora ku bintu byanjye. Urukundo rufata umwanya, kandi iyo mbigiyemo mbijyamo wese. Numvaga nkeneye umwanya ngo mbanze nkora ku bihangano byanjye nk’umuhanzi, nari mfite ingendo. Ku buryo n’icyashoboraga kumpuza n’umukunzi cyabaga ari kure yanjye.”

Aya magambo ya YewëeH yahise akwira ku mbuga nkoranyambaga, benshi batangira kwibaza niba koko uyu musore yaba atarigeze asohoka mu rukundo rwa Shaddyboo, cyangwa niba ari uburyo bwo kugaragaza ko urwo rukundo rwabahaye isomo rikomeye.

Ntibyatinze, Shaddyboo nawe yasubije abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yerekana ko amagambo ya YewëeH atamuciye ku ruhande. Mu butumwa bwe, yanditse agaragaza ko iyo umuntu avuze ukuri kuryana, bishobora kumubabaza ariko bikanamwigisha. Ati “Niba radio intumiye, bazamenya mu buryo bubabaza ko ukuri gashobora kuryana.”

Aha byasaga n’aho byarangiye, ariko YewëeH nawe yagarutse ku magambo ya Shaddyboo mu buryo bugaragaza ko yabyakiriye nk’umuntu wumva ko ukuri kudashobora guhunga. Yongeyeho ko ashimishwa n’uko uwahoze ari umukunzi we yamenye ko ukuri gashobora kuryana. Ati ““Yee, rwose! Nishimiye ko wamenye ko ukuri gashobora kubabaza.”

Uko amagambo yombi yakurikiranye hagati yabo byongeye gusubiza mu matwi y’ababakurikira ikivugo cy’urukundo rwabahuje kera, ruvanzemo amarangamutima, ukuri n’urwenya rugaragaza ko hagati yabo hakiri imvugo y’abantu bahoze hafi cyane.

Shaddyboo na YewëeH ni bamwe mu bantu bagaragiye urubuga rw’imyidagaduro nyarwanda mu buryo butandukanye.

Uyu munyamideli ni umwe mu bagore bamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bitaramo bitandukanye, mu gihe Yeweeh yigaragaje cyane mu muziki, haba mu gukora indirimbo ze no gufasha abandi bahanzi mu buhanzi bwabo. Ndetse aherutse gushyira hanze indirimbo ye nshya yitwa “Dizaya.”

Kuva batandukana, bombi bakomeje inzira zabo ariko bagahuzwa kenshi n’ibihe bya kera abantu bakunze kwibutsa, by’umwihariko iyo umwe avuze ijambo rifite aho rihurira n’urukundo.

Icyo bagaragariza abakurikira muri iki gihe, ni uko n’ubwo urukundo rwashize, inkuru yarwo igikurura amatsiko y’abarukurikiranaga, bityo igakomeza kuba imwe mu zigaragaza uko ibyahise bishobora kugaruka mu buryo bw’urwenya ariko bukomoza ku byumvikanisha byinshi mu mitima y’abigeze gukundana.

 

Shaddyboo na Producer YewëeH bongeye guhurira ku magambo agaragaza ishusho y’urukundo rwabahuje kera, rwasize amasomo yerekana ko ukuri rimwe na rimwe gashobora kubabaza

Shaddyboo yasubije YewëeH wavuze ko atigeze asubira mu rukundo nyuma yo gutandukana nawe

PRODUCER YEWEEH AHERUTSE KUVUGA KU RUKUNDO RWE NASHADDYBOO

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘DIZAYA’YA YEWEEH


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...