Shaddyboo yajyanywe muri ‘Rehab’

Imyidagaduro - 08/07/2026 8:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Shaddyboo yajyanywe muri ‘Rehab’

Umunyamideli Mbabazi Shadia wamenyekanye ku mbuga nkoranyambaga nka Shaddyboo yajyanywe mu kigo ‘Isango Rehabilitation Centre’ i Huye kugirango afashwe kureka gukoresha ibiyobyabwenge.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr. Murangira B. Thierry yabitangarije InyaRwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Nyakanga 2026.

Yavuze ko Shaddyboo yajyanywe muri ‘Rehab’ ku bushabe bwe. Ati: “Shaddyboo ntabwo afuze. Hari ibihuha byari bimaze iminsi bivuga ko afunzwe, ariko ntabwo afunzwe. Yajyanywe muri ‘Rehab’ ku bushake bwe.”

Akomeza agira ati: “Hashingiwe ku bisubizo byo muri RFI, byafashwe igihe cy’iperereza, byagaragaje ko Shadia Mbabazi akoresha ibiyobyabwenge, ku bushake bwe, Ubugenzacyaha bwamwohereje muri ‘rehab’ ngo afashwe kuva ku gukoresha ibiyobyabwenge. Kujyanwa muri Rehab ni ukugira ngo bamufashe kubivaho cyangwa se kubireka.”

Yungamo ati: “Muri ‘Rebah’ habayo abahanga mu mitekerereze ya muntu, bamugira inama, ndetse bakamufasha kubivaho. Gusa dosiye kw'ikurikuranwa ku gukoresha ibiyobyabwenge ikomeza kuba ifunguye, iyo avuyeyo agakomeza kubikoresha, akurikiranwa mu nkiko.”

Amakuru avuga ko Shaddyboo yajyanywe muri ‘Rehab’ ku wa mbere w’iki Cyumweru, ni ukuvuga tariki 6 Nyakanga 2026.

Shaddyboo ajyanywe muri ‘Rehab’ mu gihe umusore ashinja kumusambanya ku gahato, ari we Yugi Umukaraza muri iki gihe dosiye ye yagejejwe mu Bushinjacyaha.

Uyu muhanzi akaba n’umucuranzi, akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo: Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato n’icyo gukoresha ibiyobyabwenge.

Huye Isange Rehabilitation Center ni ivuriro rigenzurwa na Leta binyuze muri Polisi y’u Rwanda, ryita ku bafite ibibazo byo gusabikwa n’ibiyobyabwenge n’ubundi burwayi bwo mu mutwe.

Umurwayi cyangwa umuryango we ni bo bisabira ko ajyanwa kwivurizayo aho guhabwa igifungo, kugira ngo afashwe gusubira mu buzima busanzwe.

Si bwo bwa mbere abantu bazwi mu myidagaduro bajya kwivurizayo. Mu ntangiriro za 2025, Fireman yivurijeyo ku bushake bwe, mu gihe abandi barimo Emeline Nyambo, Xinda ndetse na Afrique bafatanywe urumogi, nabo bahoherejweyo. Abenshi bavuyeyo bavuga ko byabafashije mu rugendo rwo kureka ibiyobyabwenge, no kongera kwiyubaka.

Umuhanzi umwe uherutse kuhivuriza yabwiye InyaRwanda ko mu kwezi kumwe yishyuye 600,000 Frw, mu gukurikiraho akishyura 700,000 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa Huye Isange Rehabilitation Center, Dr Patrick Rwagatare, yigeze gusobanura ko abivuza bacumbikirwa mu byumba bibiri bitandukanye:

Icyumba gisangirwa (sharing room): 8,200 Frw ku munsi (246,000 Frw ku kwezi).

Icyumba cyihariye (private room): 15,200 Frw ku munsi (456,000 Frw ku kwezi).

Aya mafaranga aba arimo icumbi, ifunguro n’ubuvuzi. Iyo umurwayi amaze koroherwa, asohoka ariko agasabwa gukomeza kwisuzumisha kenshi.

Serivisi zitangirwa muri iki kigo

-Kuvura ibibazo by’ubusabane n’ibiyobyabwenge.

-Kuvura uburwayi bwo mu mutwe burimo guhungabana n’ingaruka zituruka ku biyobyabwenge.

-Gutegura abarwayi gusubira mu buzima busanzwe (rehabilitation).

-Gutanga ubujyanama ku giti cy’umuntu no ku miryango yabo.

-Gucumbikira abarwayi igihe bakiri mu kwitabwaho.

-Kwakira ubwishingizi butandukanye burimo na Mutuelle de Santé.

Ubwo yari mu bukangurambaga "Ibiyobyabwenge birica tubyirinde kandi tubyamagane", ku wa 17 Kanama 2022, Dr Rwagatare yavuze ko ubuvuzi batanga ari ubwihariye kuko buri murwayi avurwa hashingiwe ku rugero rw’ibiyobyabwenge biri mu mubiri we.

Ati: “Dufite abaganga b’inzobere bavura indwara zo mu mutwe, abagenzura abarwayi n’abandi bafite inshingano zo kubitaho kugeza bakize.”

Ubwo yari mu bukangurambaga bw’iminsi 10 bwo kurwanya ibiyobyabwenge hitegurwa umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya ibiyobyabwenge wizihizwa buri taliki ya 26 Kamena, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yagaragaje ishusho y’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’imibare y’abamaze kubifatirwamo kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025.

Ati: “Muri uyu mwaka wa 2025 guhera mu kwa mbere kugera ku itariki 15 z’ukwezi kwa 6, twagize ibirego 2073 by’ibiyobyabwenge byafatiwemo abantu bagera kuri 683, harimo ababicuruza, ababyikorera ndetse na bamwe babikoresha, muri abo 210 bashyikirijwe ubutabera abasigaye bo ni urubyiruko rw’abana bato cyangwa abo ubutebera bubona ko bakwiriye kujya kugororwa, kwigishwa no kugirango bahabwe andi mahirwe yo kuba bakwikosora bakagaruka muri sosiyete”.

Kuva mu 2015 kugeza mu mpera za 2024, abarwayi 2,278 bamaze kunyura muri Huye Isange Rehabilitation Center. Impuzandengo y’igihe umurwayi amara mu kigo iri hagati y’ukwezi kumwe n’amezi atatu, ariko hari n’abagaruka nyuma yo kongera guhura n’ibibazo.

Ubushakashatsi bwerekana ko abajya muri iki kigo barimo:  38% by’abarwayi ari abakoresha urumogi. 34% bakoresha mugo (heroine). 31% bakoresha inzoga mu buryo buhatse uburwayi. 0.07% bakoresha imiti isanzwe yo kwa muganga bayitindaho nk’ibiyobyabwenge. 0.02% bakoresha Cocaine, n’aho 0.02% bafatwa n’ubusabane bushingiye ku myitwarire nka betting n’imikino y’amahirwe.

Huye Isange Rehabilitation Center iherereye mu Karere ka Huye, mu Ntara y’Amajyepfo y’u Rwanda. Gitandukanye n’Ikigo cya Iwawa Rehabilitation Center, kuko cyo gifasha cyane abasore gusubizwa mu buzima busanzwe nyuma yo kujya mu ngeso mbi.

Iki kigo cyakomeje kugirirwa icyizere, ku buryo n’abaturutse mu bihugu bitandukanye nka Congo, Uganda, Cameroun, Côte d’Ivoire na Guinea Conakry bajya kuhivuriza.

Shaddyboo yajyanywe muri ‘Rehab’ ku bushake bwe, kugira ngo afashwe kureka gukoresha ibiyobyabwenge

REBA IKIGANIRO TWAGIRANYE N'UMUVUGIZI WA RIB


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...