Uyu mugore w’abana
2 yabyaranye na Meddy Saleh bakundanyeho bakaza gutandukana mu wa 2016, yavuze
ko yize Imibare, Ubugenge n’Ubumenyi bw’isi [MPG] akaba aresha na metero 1.70; avuga ko afite kandi ibiro 73 n’ubwo yifuza kugira byibuze 68/69. Yanagarutse ku
birebana n’ubutunzi bwe.
Muri ibyo
yasubizaga uwari umubajije niba atunze imodoka akamusubiza agira ati: “Yego
ariko sintunze imodoka ntunze amamodoka." Bivuze ko afite imodoka zirenze imwe. Ni
mu gihe dore ko amaze igihe kirekire mu ruganda rw’imyidagaduro agenda
aboneramo ibiraka byinshi mu buryo bumwe cyangwa ubundi, cyane mu birebana no
kwamamaza n’andi mahirwe.
Gusa n’ubwo
atunze amamodoka akaba yanemeje ko amaze igihe kirekire yibitseho uruhushya rwo
gutwara imodoka, yatangaje ko adakunda gutwara abajijwe ku mpamvu ituma kugera ubu
nk’umuntu ufite imbuga nkoranyambaga zikurikirwa n’abarenga miliyoni atari
yatangira gufasha abana be kubaka nabo izina kurizo.
Shaddyboo
yasubije agira ati: “Mfite kurinda abana banjye imbuga nkoranyambaga, ariko nibakura
bagahitamo kuzijyaho bazabikora. Ni ngombwa kurinda abana no kubaha amahitamo
yabo." Iki kikaba ari ikintu abantu benshi bahoraga bibaza impamvu abana ba
Shaddyboo batagira imbuga nkoranyambaga, nk’uko bamwe mu byamamare birimo n’abo mu
Rwanda babikora.
Mbabazi Shadia uheruka
kwizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 30 dore ko yabonye izuba kuwa 20 Mata
1992, yavuze kandi ku bwiza bwe ati: “Imana yangize mwiza ariko na none
naniyitaho, kugira nkomeze kurinda ubusugire bw’ubwiza bwanjye."
Kugeza ubu Shaddyboo akaba ari mu rukundo na Manzi Jeannot uherutse no kumwerekana mu muryango, yongeye guhamya ko akunda cyane nk’uko ifi ikunda amazi.
Shaddyboo yatangaje ko atunze amamodoka menshi uretse ko adakunda gutwara anamaranye igihe kirekire urushya rwo gutwara ibinyabiziga
Yatangaje ko kuba abana be atabakorera imbuga nkoranyambaga ari uburyo bwo kubaha uburenganzira ku buryo bifuza kuzabaho
Shaddyboo yatangaje ko mu bintu akunda cyane harimo kurera
Aha Keza na Kaze bari kumwe na se Meddy Saleh
Abana ba Shaddyboo bamaze no kuba bakuru, aha bari kumwe na we n'umukunzi we Manzi mu bihe by'iminsi mikuru isoza umwaka wa 2022
