Seyn
Muziki yahawe impamyabumenyi ye ku wa Gatanu tariki ya 18 Nzeri 2026, nyuma yo
kurangiza amasomo mu bijyanye no guteza imbere ubuhanzi n’umuco ku rwego mpuzamahanga (International
Arts & Culture Management).
Uyu
munyarwanda usanzwe ahuza ibikorwa by’ubuhanzi, umuziki no gukora amashusho,
avuga ko iyi mpamyabumenyi ari intambwe nshya mu rugendo rwe rwo gukomeza
kugira uruhare mu guteza imbere urwego rw’ubuhanzi n’umuco muri Afurika.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Seyn Muziki yavuze ko yahawe impamyabumenyi
ari kumwe n’abandi banyeshuri 68 biganaga, nyuma y’urugendo rw’amasomo
yamufashije kurushaho gusobanukirwa imikorere n’imicungire y’urwego rw’ubuhanzi
n’umuco.
Yagaragaje
ko kuba yarize ibijyanye no guteza imbere ubuhanzi n’umuco ku rwego
mpuzamahanga bijyanye n’ibyo amaze imyaka akora mu ruganda rw’ubuhanzi, cyane
cyane mu bijyanye n’amashusho, guhanga udushya, guteza imbere impano no kuvuga
inkuru binyuze mu bihangano.
Seyn
Muziki amaze igihe akorera ibikorwa bye mu bihugu bitandukanye bya Afurika, aho
kuri ubu atuye kandi akorera muri Benin.
Ni
urugendo avuga ko rwamuhaye amahirwe yo kubona no kumva neza imbogamizi
n’amahirwe ari mu ruganda rw’ubuhanzi rwa Afurika, by’umwihariko mu bijyanye no
guteza imbere impano, gukora amashusho, guhanga imirimo no kugeza ibihangano
by’Abanyafurika ku bantu benshi.
Mu
bikorwa bye muri Benin, Seyn yagize uruhare mu mishinga itandukanye yakozwe ku
bufatanye na Sèmè City, irimo iyibanze ku guteza imbere urwego rw’amashusho
n’ibijyanye n’ubuhanzi, guteza imbere impano no kongerera ubushobozi abari muri
uru rwego.
Iyi
mishinga yamuhaye ubunararibonye mu gukorana n’abantu batandukanye bafite aho
bahuriye n’uruganda rw’ubuhanzi n’umuco, ndetse imufasha kubona ko impano
nyinshi z’Abanyafurika zikeneye ubufasha n’uburyo bwiza bwo kuzibyaza
umusaruro.
Yagize
kandi ubunararibonye binyuze muri 9Yards Media Group, aho yagiye akora mu
bijyanye no gutunganya amashusho, kuvuga inkuru no guhanga ibikorwa
by’ubucuruzi bishingiye ku mpano.
Ibyo
bikorwa, ku ruhande rumwe, ni byo byamufashije kubona ko ubumenyi mu micungire
y’ubuhanzi n’umuco bushobora kujyana n’ubunararibonye amaze kugira mu ruganda
nyarwanda n’urwa Afurika muri rusange.
Master’s arashaka
ko iba intangiriro y’ibindi
Kuri
Seyn Muziki, kurangiza amasomo si iherezo ry’urugendo, ahubwo ni intangiriro
y’ibindi bikorwa ashaka gushyiramo imbaraga.
Avuga
ko ashaka gukoresha ubumenyi n’ubunararibonye afite mu gufasha abandi bahanzi
n’abakora mu ruganda rw’ubuhanzi kubona amahirwe menshi, kunoza imikorere no
kugera ku masoko arenga imbibi z’ibihugu.
Intego
ye kandi ni ugukomeza gukora ibikorwa bihuriza hamwe ubuhanzi, umuco,
ikoranabuhanga n’iterambere ry’impano, kugira ngo Abanyafurika babone uburyo
bwo kubyaza umusaruro impano zabo.
Seyn
avuga ko kuba yarakoreye mu Rwanda, Benin no mu yandi masoko yo muri Afurika
byamuhaye ishusho yagutse y’uburyo uruganda rw’ubuhanzi rukora ku mugabane,
ndetse bikamufasha kumva neza uruhare ashobora kugira mu kuruteza imbere.
Ashaka
kandi kugira uruhare mu gufasha inkuru z’Abanyafurika n’umuco wabo kugera ku
bantu benshi, atari muri Afurika gusa ahubwo no ku rwego mpuzamahanga.
Nubwo
kuri ubu ibikorwa bya Seyn birimo kwaguka bikagera no mu micungire y’urwego
rw’ubuhanzi n’umuco, umuziki ni wo watumye benshi mu Rwanda bamenya izina rye.
Azwi
mu ndirimbo zirimo “Rewind”, “Ndabishaka”, “Cemba” n’izindi, mu gihe yanagiye
agaragaza impano mu gutunganya amashusho y’indirimbo.
Urugendo
rwe rwa muzika yarutangiriye muri Incredible Records ya Bagenzi Bernard mu
2018. Nyuma y’imyaka hafi itatu, mu ntangiriro za 2021, hamenyekanye ko Seyn na
Incredible Records batandukanye, akomeza ibikorwa bye mu buryo bwe.
Uretse
umuziki, Seyn yagiye akora mu bijyanye no gutunganya amashusho no kuvuga
inkuru, ibintu byatumye ibikorwa bye bitagarukira ku kuba umuhanzi gusa, ahubwo
akomeza no kugira uruhare mu bice bitandukanye by’uruganda rw’ubuhanzi.
Uyu
munsi, kuba amaze kubona impamyabumenyi ya Master’s mu bijyanye no gucunga
ubuhanzi n’umuco ku rwego mpuzamahanga, Seyn Muziki ahereye ku byo amaze gukora
mu Rwanda no mu bindi bihugu bya Afurika, avuga ko ashaka gukomeza kubaka
uruganda rutanga amahirwe ku mpano z’Abanyafurika no gufasha inkuru n’umuco
by’umugabane kugera kure.
Seyn Muziki yahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Master’s) muri Rome Business School yo mu Butaliyani, aho yize ibijyanye no guteza imbere ubuhanzi n’umuco ku rwego mpuzamahanga

Seyn Muziki yasoje Master’s ari kumwe n’abandi banyeshuri 68 biganaga, nyuma y’urugendo rw’amasomo avuga ko ruzamufasha kurushaho kugira uruhare mu guteza imbere urwego rw’ubuhanzi n’umuco

Seyn Muziki amaze igihe akorera muri Benin, aho yagize uruhare mu mishinga igamije guteza imbere urwego rw’amashusho, impano no kongerera ubushobozi abakora mu nganda ndangamuco

Seyn Muziki uzwi mu ndirimbo nka “Rewind”, “Ndabishaka” na “Cemba”, yatangiye urugendo rwe rwa muzika muri Incredible Records ya Bagenzi Bernard mu 2018 mbere yo kwagura ibikorwa bye mu bijyanye n’amashusho n’imicungire y’ubuhanzi
