Mu butumwa yatangaje ku Cyumweru abinyujije kuri X, yavuze ko yafashe icyo cyemezo “nyuma yo gutekereza kwimbitse”.Yavuze ko azakomeza umuhate we ku bwa demokarasi ya Sénégal.
Yongeyeho ko mu bihe by’inshingano kuri rubanda no mu bihe by’ibigeragezo byo mu buzima bw’igihugu, hari ibihe bigera inyungu y’igihugu zigashyirwa imbere hakabaho n’ubushishozi no kwiyumvamo inshingano”. Yavuze ko ari muri urwo rwego yafashe iki cyemezo.
Ukwegura kwa Ndiaye kwabaye nta masaha 48 ashize nyuma yuko Perezida wa Sénégal Bassirou Diomaye Faye yirukanye Minisitiri w’intebe Ousmane Sonko, bigatuma guverinoma iseswa.
Ndiaye ni inshuti ya Sonko, wahoze ari inshuti ya Perezida wa Sénégal ariko ubu bakaba bari bamaze igihe batumvikana.
Radio RFI yatangaje ko iyegura rya Malick Ndiaye ryatumye bishoboka ko Sonko ashobora kumusimbura kuri uwo mwanya, bityo akaba umuyobozi wa kabiri ukomeye mu gihugu.
Ariko mbere y’uko ibyo byashoboka, byasaba ko Ousmane Sonko asubirana umwanya we wa Depite yatsindiye mu matora y’abadepite yo mu mwaka wa 2024, iyo ngingo ikaba yitezwe kuganirwaho ku wa kabiri w’iki cyumweru.
Kuri uwo munsi, mu nama rusange y’inteko, abadepite bitezwe no gutora umusimbura wa Malick Ndiaye.
