Senderi yibukije Abanyarwanda ko ibyagezweho bisaba ubwitange bwo kubirinda no kubyongera

Imyidagaduro - 18/08/2026 9:45 AM
Share:

Umwanditsi:

Senderi yibukije Abanyarwanda ko ibyagezweho bisaba ubwitange bwo kubirinda no kubyongera

Umuhanzi Senderi Hit, uzwi cyane mu ndirimbo zubakiye ku butumwa bw’uburere mboneragihugu, yongeye kugaruka mu nganzo ashyira hanze indirimbo nshya yise ‘Tuzabirinda’, asaba Abanyarwanda gukomeza kurinda, gusigasira no guteza imbere ibyagezweho mu myaka ishize.

Ni indirimbo ije nyuma y’uko agaragaye cyane mu bikorwa bishya by’umuziki, ikaba ifite umwihariko wo kwibutsa umuryango Nyarwanda ko ibyagezweho bitagomba gufatwa nk’ibisanzwe, ahubwo ko bisaba uruhare rwa buri wese kugira ngo birindwe kandi bikomeze kwaguka.

Senderi Hit avuga ko igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo cyaturutse ku cyifuzo cyo kugeza ku Banyarwanda ubutumwa bwo gukomeza guharanira ibyiza igihugu kimaze kugeraho, aho asaba buri wese kubigiramo uruhare, kuva ku rwego rw’umuturage kugera ku nzego zitandukanye z’imiyoborere.

Mu butumwa yaherekeje isohoka ry’iyi ndirimbo, Senderi yagize ati: “Mbahaye indirimbo yanjye nshya yitwa ‘Tuzabirinda’. Mfashe kuyisangiza inshuti zawe hamwe n’abaturanyi, mu isibo kugera ku murenge, ubasaba kurinda no gusigasira ibyiza twagezeho.”

Uyu muhanzi yakomeje ashimira abakunzi be uburyo bakomeza kumushyigikira, avuga ko indirimbo ‘Tuzabirinda’ yayihaye ubutumwa bwihariye bwo gusigasira ibyagezweho no kubyongera.

Yabwiye InyaRwanda ati: “Ikubiyemo ubutumwa nahisemo kubagezaho. Gusigasira ibyagezweho no kubyongera, ku kiguzi icyari cyo cyose. Ntihazagire n’umwe wanyeganyeza ibyo Abanyarwanda bigejejeho, kuko umutekano uraharanirwa, ukaba n’umusingi w’iterambere.”

Mu buryo bwe bwo gusobanura impamvu y’ubu butumwa, Senderi agaruka ku rugendo rw’imyaka 32 avuga ko rwari rutoroshye, kandi ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho bitaje mu buryo bworoshye. Yashimangiye ko ubwitange n’ukwihangana kw’Abanyarwanda ari bimwe mu byatumye igihugu kigera ku rwego kiriho uyu munsi.

Ati: “Imyaka 32 byari urugendo rutoroshye na gato, byasabye ubwitange bw’Abanyarwanda. Uko kwihangana ni ko kwagejeje u Rwanda aha heza.”

Ubutumwa bwa Senderi ntabwo bugarukira ku magambo yavuze mu gusobanura indirimbo gusa, kuko ‘Tuzabirinda’ ubwayo yubakiye ku gitekerezo cyo gukomeza guharanira ibyagezweho no kubirinda ikintu cyose cyabihungabanya.

Mu gace kamwe k’indirimbo, Senderi aririmba ati: “Ibyo Abanyarwanda twigejejeho tuzabirinda, tubyongere ku kiguzi cyose, ntawe uzabinyeganyeza. Rwari urugendo rutoroshye, ubwitange, imbaraga nyinshi by’Abanyarwanda.”

Aya magambo agaragaza ko Senderi yashatse gukoresha umuziki nk’uburyo bwo gutanga ubutumwa bushishikariza Abanyarwanda kudahagarara ku byo bagezeho, ahubwo bakabirinda ndetse bagakomeza kubibyazamo ibindi byiza.

Ku ruhande rw’umuhanzi, ‘Tuzabirinda’ ni igihangano gikomeza umurongo we wo gukora umuziki urimo ubutumwa bugamije gukangurira abantu kugira uruhare mu mibereho n’iterambere by’igihugu. Ni na kimwe mu bihangano bye bikoresha umuziki nk’urubuga rwo gutanga ubutumwa burenze imyidagaduro.

Senderi Hit asanzwe azwi mu Rwanda ku ndirimbo zitandukanye zagiye zubakira ku butumwa bw’uburere mboneragihugu, aho yagiye akoresha injyana n’amagambo yoroshye kugira ngo ubutumwa bugere ku bantu benshi.

Kuri iyi nshuro, yahisemo ubutumwa bwo “kurinda no gusigasira ibyagezweho”, ashimangira ko iterambere ritagomba gufatwa nk’ikintu kirangirira ku byo igihugu kimaze kugeraho, ahubwo ko risaba gukomeza gukora, kwihangana no kugira uruhare mu kuririnda.

‘Tuzabirinda’ rero iza nk’indirimbo Senderi Hit yashyizemo igitekerezo cye ku nshingano rusange yo kurinda ibyiza byagezweho, mu gihe asaba abakunzi be kuyisangiza abandi kugira ngo ubutumwa bwayo bugere kure.

 

Senderi Hit yasabye Abanyarwanda kurinda ibyagezweho no gukomeza kubyongera

‘Ntihazagire ubinyeganyeza’ - Senderi Hit ku nshingano yo gusigasira ibyagezweho


Senderi Hit yamamaye cyane mu ndirimbo z'uburere mboneragihugu mu myaka 20 ishize ari mu muziki

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO ‘TUZABIRINDA’ YA SENDERIHIT



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...