Iki
gitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Gicurasi 2026, nyuma
y’umuganda wahuje abaturage, urubyiruko, Ingabo z’u Rwanda na Polisi y’u
Rwanda, mu rwego rwo gukomeza kwimakaza umuco wo gukorera hamwe no guteza
imbere igihugu.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Senderi yavuze ko yishimiye uburyo abaturage
bitabiriye ibikorwa byateguwe mbere y’igitaramo, cyane cyane urubyiruko
rwagaragaje ubushake bwo kwifatanya n’izindi nzego mu muganda rusange.
Yagize
ati: “Mbere y’igitaramo habanje kuba umuganda wahuje Ingabo na Polisi.
Twishimiye ko urubyiruko rwabyitabiriye ku kigero cyo hejuru cyane, hafi 95%,
bigaragaza ko rwumva neza uruhare rwarwo mu kubaka igihugu.”
Mu
rwego rwo kurushaho gususurutsa abitabiriye iki gikorwa, Senderi yasangiye
urubyiniro n’abahanzi batandukanye barimo Mico The Best, ndetse anatanga
umwanya ku bahanzi bakizamuka bo mu Karere ka Ngoma kugira ngo bagaragaze
impano zabo imbere y’imbaga y’abaturage.
Yavuze
ko aba bahanzi batoranyijwe hashingiwe ku buhanga bwabo n’uko bakunzwe mu bice
baturukamo.
Ati:
“Abo bana twabatoranyije dushingiye ku buhanga bw. Twakoranye n’abaturage
babo kugira ngo hamenyekane abafite impano, buri wese aza aririmba indirimbo ze
imbere y’abitabiriye igitaramo.”
Iki
gitaramo kandi cyaranzwe n’ubutumwa butandukanye bwatanzwe n’inzego z’umutekano.
Uwari uhagarariye Ingabo z’u Rwanda mu Karere ka Ngoma yatanze ikiganiro
cyibanze ku rugendo rwo kwibohora igihugu n’indangagaciro zaruranze, mu gihe
uhagarariye Polisi y’u Rwanda yakanguriye abaturage gukomeza gusigasira ibimaze
kugerwaho, by’umwihariko ibikorwa remezo n’umutekano byubatswe mu myaka ishize.
Abitabiriye
iki gitaramo bagaragaje ibyishimo byinshi, bamwe bavuga ko ari kimwe mu
bitaramo bikomeye bimaze kubera muri aka gace, bitewe n’ubwitabire bw’abaturage
n’uburyo cyahuriyemo imyidagaduro n’ubukangurambaga bugamije iterambere
ry’abaturage.
Iki
gitaramo cya Jarama ni cyo cya mbere mu ruhererekane rw’ibitaramo 10 Senderi
International Hit ateganya gukorera mu turere dutandukanye tw’u Rwanda, mu
rwego rwo kwegera abafana be no gukomeza gutanga ubutumwa bwubaka igihugu
binyuze mu muziki.
















