Nk’uko byatangajwe n’Inteko
Ishinga Amategeko y'u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, mu butumwa bwa
Perezida wa Repubulika, bwatanzwe n'Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango
RPF-Inkotanyi, Amb. Bazivamo Christophe, yihanganishije umuryango wa
Nyakwigendera n'Abanyarwanda bose, ashimangira ko u Rwanda rubuze umuyobozi
wagize uruhare rukomeye mu rugendo rw'iterambere.
Yavuze ko:”Senateri Mukabalisa Donatille yarangwaga n’indangagaciro zabaye umusingi w’iterambere ry’u Rwanda, zirimo kuba inyangamugayo, kwicisha bugufi, kwihangana no guhora yubahiriza inshingano afite, yagiye atorerwa cyangwa agahabwa inshingano zitandukanye kandi zisaba byinshi, kandi zose yagiye azisohoza neza n’ubwitange bwinshi.
Ibyo
byaterwaga ni uko yumvaga neza ko gukorera igihugu ari inshingano iruta izindi
kandi ifite agaciro gakomeye. Uwo mutima wo kwitangira abandi ni wo waranze
ubuzima bwe bwose. Watumye yubahwa n’abo bakoranye, anagirirwa icyizere kenshi.
Igihugu cyimushimira ubwo bwitange.”
Mu izina ry'Ishyaka
Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (PL), Depite Munyangeyo Theogene
yavuze ko Mukabalisa atari Perezida w'ishyaka gusa, ahubwo yari umubyeyi,
umujyanama n'umurezi w'abanyamuryango benshi.
Yagize ati: "Adusigiye
imishinga n’icyerecyezo kigari, bigamije gukomeza kwiyubaka no guteza imbere
igihugu cyacu."
Perezida wa Sena, Kalinda
François Xavier, na we yashimiye umurage Nyakwigendera yasize, avuga ko
ibikorwa byaranze ubuzima bwe bizakomeza kwibukwa n'Inteko Ishinga Amategeko
ndetse n'Abanyarwanda muri rusange.
Yasabye umuryango wa
Mukabalisa gukomeza kwihangana muri ibi bihe by'icyunamo, awizeza ko Inteko
Ishinga Amategeko izakomeza kuwuba hafi.
Nyakubahwa Mukabalisa
Donatille yabaye umwe mu bayobozi b'inararibonye bagiriye u Rwanda umusanzu
ukomeye mu nzego zitandukanye, aho yaranzwe n'ubuyobozi bushingiye ku bumwe,
ubwitange no gukorera inyungu z'igihugu.
Umuhango wo kumusezeraho waranzwe n'icyubahiro n'amasengesho, mu rwego rwo kumuha icyubahiro cya nyuma no kuzirikana umurage yasigiye igihugu n'Abanyarwanda.



