SEE Muzik na Chryso Ndasingwa mu bazifatanya na Lecrae mu gitaramo agiye gukorera i Kigali

Iyobokamana - 04/09/2025 11:43 AM
Share:

Umwanditsi:

SEE Muzik na Chryso Ndasingwa mu bazifatanya na Lecrae mu gitaramo agiye gukorera i Kigali

Abahanzi b'Abanyarwanda barimo SEE Muzik na Chryso Ndasingwa bazafatanya n'umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, utegerejwe mu gitaramo cy'amateka.

Umuraperi Lecrae ukunzwe cyane mu ndirimbo zitandukanye nka; I will find you, Fight for me, Blessings, Background n'izindi zatumbagije izina rye ku Isi hose, yahishuye ko agiye kuzenguruka Isi mu rugendo rw'ibitaramo yise 'Reconstruction World Tour.' By'umwihariko, uyu muraperi wubashywe bikomeye azataramira no mu Rwanda ku nshuro ya mbere.

Igitaramo cya Lecrae mu Rwanda kiri gutegurwa na Ascend Solutions, kizaba ku wa 6 Nzeri 2025 muri Camp Kigali. Azataramana n'abahanzi nyarwanda barimo SEE Muzik, Chryso Ndasingwa na Rata Jah NayChah.

SEE Muzik, umwe mu bazaririmba muri iki gitaramo cy'amateka, yabwiye inyaRwanda ko yabyishimiye cyane, ati "Ni iby'agaciro". Yongeyeho ati: "Ariko na none kuri njye, bisobaniye byinshi kurusha gusangira stage nawe, kuko mbifata nk'andi mahirwe yo kuvuga ubutumwa bwa Kristo ku rubyiruko rukunda Rap n’izindi njyana zigezweho." 

SEE Muzik uherutse gushyira hanze indirimbo nshya yise "Ntacyo", yavuze ko gusangira 'stage' n'umuramyi ukomeye ku Isi nka Lecrae abifata nk'amahirwe yo "kujyana Gospel music nyarwanda mu mahanga ndetse no kuba urugero ku rubyiruko rugenzi rwanjye ko Gospel ari nziza, kandi inzozi zacu zose zaba impamo tudacitse intege”.

Lecare ugiye gutaramira bwa mbere mu Rwanda ni muntu ki?

Lecrae Devaughn Moore {Lecrae} ni umuraperi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ufatwa nka nimero ya mbere ku Isi mu baraperi bakunzwe cyane mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel Music). Nyuma y'igihe atangaje ko yafashe icyemezo cyo guhagarika umuziki burundu, agiye kongera kugaragara ataramira mu bihugu binyuranye.

Ni urugendo yise 'Reconstruction World Tour' ruzatangirira ku mugabane wa Afurika muri Zimbabwe ku itariki 4 Nzeri 2025, rukarangirira mu mujyi wa Brisbane muri Australia mu mpera z'umwaka ku ya 13 Ukuboza 2025.

Uyu muraperi washinze Label yitwa Reach Records ifasha bya hafi abanyempano mu njyana ya Hiphop, azataramira i Kigali mu Rwanda ku ya 6 Nzeri 2025. Usibye u Rwanda na Zimbabwe, uyu muraperi azanataramira mu bindi bihugu bya Afurika nka Kenya, Zambia n'Afurika y'Epfo.

Muri ibi bitaramo, Lecrae yatangaje ko azataramana n'umuhanzi nawe ukunzwe cyane mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Miles Minnick, ndetse n'abaraperi 1K Phew na Torey D'Shaun.

Chryso Ndasingwa ugiye gutaramana na Lecrae mu gitaramo azakorera ahazwi nka Camp Kigali ku wa 6 Nzeri 2025, ni izina rikomeye mu muziki wa Gospel mu Rwanda. Yamamaye mu ndirimbo "Wahozeho" imaze kurebwa n'abarenga Miliyoni 3 kuri Youtube. Si iyo gusa ahubwo hari "Wahinduye Ibihe", "Ni nziza", "Nzakomeza nkwiringire" n'izindi nyinshi.

Ni umuhanzi wa kabiri mu baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana wabashije kuzuza BK Arena abantu hirya no hino bakabura ayo bacira n’ayo bamira dore ko hari abahanzi benshi bagerageje BK Arena ariko bikanga.

Ibyihariye ku bahanzi bazasangira stage na Lecrae mu gitaramo azakorera mu Rwanda

Chryso Ndasingwa yavukiye i Nyamirambo, akurira mu muryango w’Abakristo Gatolika, nyuma aza kwimukira mu itorero rya New Life Bible Church ari na ho abarizwa kugeza ubu. Yatangiye umuziki mu buryo bw'umwuga mu gihe cya Covid-19.

Ni mu gihe SEE Muzik ukomeje kuzamuka cyane mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, afite umwihariko wo gukora indirimbo mu njyana zikunzwe cyane n'urubyiruko.Ni umuhanzi w'umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, ukora injyana ya Afro-Fusion, R&B, Pop na EDM, akaba akunze kuririmba mu Cyongereza. 

SEE Muzik akunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo "Recycles" yakoranye na Emeline Penzi ikaba imaze kurebwa inshuro zirenga ibihumbi 106 kuri Youtube, "Mwami Wakomeretse" imaze kurebwa inshuro zirenga ibihumbi 67, "Bajyahe" [Niwe Gusa] yakoranye na Aguilaaa, "Run No More" /Ntuhunge Gukira imaze kurebwa n'abarenga ibihumbi 53 n'izindi.

Aherutse kuvuga ko yifuza ko urubyiruko rubyinira Imana. Ati: “Iyi ni Afro-Salsa ikora ku mutima. Ndashaka ko urubyiruko rubyina, rukitekerezaho, kandi rukibuka ko — n’ubwo waba wagiye kure hose, urukundo rw’Imana ruzahora rugushakisha.”

Rata Jah NayChah na we uzagaragara mu gitaramo Lecrae agiye gukorera i Kigali, ni umuhanzi w'umuhanga cyane mu muziki wa Gospel mu njyana ya Reggae mu mwihariko we yise 'RataJah', akaba yaramamaye cyane mu ndirimbo 'Naganze'.

Ubusanzwe, Lecrae Devaughn Moore uzwi nka Lecrae mu muziki, ni umugabo w'imyaka 45 y'amavuko akaba ari umuhanzi, umwanditsi w'indirimbo, producer ndetse akaba n'umukinnyi wa filime.

Uyu muraperi mu buzima bwe amaze guhatanira ibihembo 55 yegukanamo 27 birimo Grammy Awards enye zirimo ebyiri yegukanye umwaka ushize.

Umwaka ushize ‘Church Clothes 4’ yegukanye Grammy Award nka ‘Best Contemporary Christian Music Album’ mu gihe indirimbo ye "Your Power" yakoranye na Tasha Cobbs Leonard yegukanye igihembo cya ‘Best contemporary christian music performance/song’.

Si Grammy Awards gusa abitse kuko yanatwaye Billboard Award mu 2015, BET Awards eshatu mu 2015, 2017 no mu 2018 mu gihe abitse ariko kandi ibihembo 12 bya ‘Gospel Music Association’ GMA Dove Awards n’ibindi binyuranye.

Uyu muraperi uretse umuziki afitemo album 12 ni n’umukinnyi wa sinema aho amaze kugaragara muri filime zigera kuri 11 n’umwanditsi w’ibitabo ufite ibirimo Unashamed cyasohotse mu 2016 n’icyitwa I Am Restored: How I Lost My Religion but Found My Faith cyasohotse mu 2020.

 Lecrae yavukiye mu mujyi wa Houston muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akura arerwa na nyina. Yaje kujya kuba muri San Diego, Denver na Dallas. Mu buzima bwe, Lecrae avuga ko atigeze ahura na Se.

Nyirakuru wa Lecrae ngo ntiyajyaga amwemerera ko areba indirimbo za Hiphop, ibi byatumye Lecrae yiyiba akajya azireba nijoro. Ku myaka ye 16, Lecrae yatangiye gukoresha ibiyobyabwenge, atangira kurwana n'izindi ngeso mbi.

Mu buhamya bwe, Lecrae avuga ko ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye yaje gutabwa muri yombi azira ingeso y'ubujura. Lecrae avuga ko yakoresheje amoko atandukanye y'ibiyobyabwenge usibye Heroin na Crack cocaine.

CNN yatangaje ko Lecrae yajyaga ajya mu biyobyabwenge afite na Bibiliya yahawe na nyirakuru. Nyuma yo gufatwa na polisi, umupolisi yabonye Bibiliya Lecrae yari afite ahita amurekura basezerana ko atazongera gukoresha ibiyobyabwenge. 

Lecrae yaje kuba undi muntu mubi cyane kurusha mbere kubera ibiyobyabwenge yaje gufata bifite ubukana bwinshi kugeza aho afata Bibiliya akayicamo impapuro akazijugunya hasi kuko ngo yabaga atifuza kuyibona.

Lecrae yaje gukizwa ubwo yajyaga gusenga ari naho yahuriye na Darragh Moorea waje kuba umugore we. Lecrae yakiriye agakiza yiyegurira Yesu Kristo nyuma y'ijambo ry'Imana yari amaze kumva rinyuze muri Pastor James White uyobora Christ Our King Community church. 

Umuraperi Lecrae ategerejwe mu gitaramo i Kigali

Ni ubwa mbere agiye kuhataramira

Mu gitaramo cye, Lecrae yifuje gutaramana n'abahanzi b'Abanyarwanda barimo na Chryso Ndasingwa ukunzwe muri iki gihe

SEE Muzik na we azagaragara muri iki gitaramo

Rata Jah NayChah na we azafatanya na Lecrae

Ni igitaramo kizabera ahazwi nka Camp Kigali ku wa Mbere w'icyumweru gitaha, tariki 6 Nzeri 2025

REBA INDIRIMBO "I'LL FIND YOU" YA LECRAE UTEGEREJWE MU RWANDA

REBA INDIRIMBO "NTACYO" YA SEE MUZIK UMWE MU BAZARIRIMBA MU GITARAMO CYA LECRAE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...