Sean ‘Diddy’ Combs yasabye kurekurwa by’agateganyo ku ngwate ya miliyoni 50$

Imyidagaduro - 31/07/2025 7:56 AM
Share:

Umwanditsi:

Sean ‘Diddy’ Combs yasabye kurekurwa by’agateganyo ku ngwate ya miliyoni 50$

Sean "Diddy" Combs, umwe mu bantu bakomeye muri Hip Hop ku rwego rw’isi, yasabye urukiko kumurekura by’agateganyo akishyura ingwate ya miliyoni 50 z’amadolari ya Amerika, mu gihe ategereje igihano gishobora kumugeraho nyuma yo guhamwa n’ibyaha bijyanye no gushora abantu mu bikorwa by’ubusambanyi.

Uyu mugabo w’imyaka 55, unazwi mu bucuruzi no gutunganya umuziki, afungiye muri gereza ya Metropolitan Detention Centre iherereye i Brooklyn, mu mujyi wa New York. Avuga ko aho afungiye hadatekanye, bityo akwiye kurekurwa.

Umwunganizi we mu mategeko, Me Marc Agnifilo, yatangaje ko abandi bantu bahamijwe ibyaha bisa n’ibya Combs barekuwe mbere yo guhabwa ibihano, ndetse yongeraho ko ibyo umukiliya we yakoze bitakabaye intandaro yo gufungwa.

Yagize ati: “Sean Combs ntakwiye gufungwa kubera iki cyaha. Ashobora kuba ari we muntu wenyine muri Amerika ufunzwe azira kwishyura abakora uburaya, by’umwihariko abagabo bakuru yabahaga amafaranga we n’umukunzi we.”

Ubushinjacyaha bwavuze ko Combs ashobora guhunga ubutabera, ari na yo mpamvu butifuza ko arekurwa, bukavuga ko atagaragaje ibimenyetso bihamya ko atateza ibyago abandi bantu cyangwa ku muryango mugari.

Combs aherutse guhamwa n’ibyaha bibiri byo gutwara abantu ku butaka bwa Amerika abajyana mu bikorwa by’ubusambanyi, bikaba byaramuhamye nyuma y’urubanza rwabereye i New York muri uku kwezi. Ibyo byaha biramutse bimuhamye burundu, ashobora guhabwa igifungo cy’imyaka igera ku 10.

Icyakora, urukiko rwamugize umwere ku bindi byaha bikomeye byamuregwaga birimo ibyo gushora abantu mu bucuruzi bw’abantu (sex trafficking) no gukora umutwe w’abagizi ba nabi (racketeering conspiracy). Ibyo byaha iyo bimuhama, yashoboraga guhabwa igihano cyo gufungwa burundu.

Nyuma y’uko akuweho ibyo byaha bikomeye ku itariki ya 2 Nyakanga 2025, abamwunganira basabye ko yarekurwa by’agateganyo. Ariko umucamanza Arun Subramanian yatesheje agaciro ubwo busabe, avuga ko nta bimenyetso bihagije byagaragazaga ko Combs adateje akaga.

Sean Combs ni umwe mu bantu bamenyekanye cyane mu ruganda rwa muzika, akaba yaranabaye umuyobozi w’inzu zitunganya umuziki ndetse n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi bikomeye. Ari ku rutonde rw’abamamaye bafungiye muri gereza ya MDC Brooklyn, aho yasanze abandi barimo R. Kelly, Ghislaine Maxwell na Sam Bankman-Fried.

P.Diddy yasabye gufungurwa by'agateganyo nyuma yo guhamwa n'ibyaha by'ubusambanyi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...