Sarkodie yinubiye ibitaramo bitinda, asaba kujya ataramira abafana mbere ya saa saba z’ijoro

Imyidagaduro - 28/05/2026 8:54 AM
Share:

Umwanditsi:

Sarkodie yinubiye ibitaramo bitinda, asaba kujya ataramira abafana mbere ya saa saba z’ijoro

Umuraperi uri mu bakomeye ruhando rw’umuziki muri Ghana, Sarkodie, yasabye abategura ibitaramo kujya bamushyira ku rubyiniro hakiri kare, avuga ko gukora ibitaramo mu masaha yo mu rukerera bimutwara imbaraga bikagira ingaruka ku buryo yitwara imbere y’abafana.

Uyu muhanzi wubatse izina rikomeye muri Afurika no hanze yayo, yavuze ko nubwo ashimira uburyo abantu bo mu mijyi itandukanye ya Ghana bakunda gusabana kugeza bucyeye, we nk’umuhanzi aba afite imbaraga nyinshi mbere ya saa saba z’ijoro (1:00AM), ariko nyuma y’ayo masaha umubiri ugatangira kunanirwa, kandi ngo n’ibintu bisanzwe.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Facebook, Sarkodie yavuze ko akenshi ajya asabwa kuririmba nka saa kumi z’igitondo (4:00AM), ibintu avuga ko bidasanzwe ku mubiri w’umuntu kandi bituma atabasha gutanga ibyishimo nk’ibyo abafana baba bamwitezeho.

Yagize ati: “Abantu bo mu mijyi myinshi hanze ya Accra nkunda uburyo mukunda kwishimana kugeza mu gitondo. Ariko njye nk’umuhanzi, imbaraga zanjye ziba ziri ku rwego rwo hejuru kugeza nka saa saba z’ijoro. Nyuma yaho umubiri uba utangiye kunanirwa, kandi ni ibintu bisanzwe.”

Yakomeje asaba abategura ibitaramo kujya bamutumira ku rubyiniro hakiri kare kugira ngo abafana babashe kubona uburyo bwe bwiza bwo kuririmba no gushimisha abantu.

Ibi Sarkodie abitangaje mu gihe hakomeje kuvugwa ikibazo cy’imitegurire y’ibitaramo muri Ghana no mu bindi bihugu bya Afurika, aho usanga ibitaramo byinshi bitangira bitinze, bigatuma abahanzi bakomeye baririmba mu rukerera.

Bamwe bavuga ko ibi bishobora kugira ingaruka ku mikorere yabo, ku buzima ndetse no ku rwego rw’imyidagaduro bahaye abakunzi babo.

Sarkodie azwiho kuririmba afite imbaraga nyinshi no gushimisha abafana ku rubyiniro, ndetse amaze imyaka myinshi ari umwe mu bahanzi bafite ibitaramo bikomeye muri Ghana no ku rwego mpuzamahanga.

Amagambo ye ashobora gutuma abategura ibitaramo bongera gutekereza ku micungire y’amasaha y’ibitaramo kugira ngo abahanzi babashe gutanga ibyiza byabo bari mu mwuka mwiza.


Sarkodie yasabye abategura ibitaramo kumushyira ku rubyiniro hakiri kare kubera kunanirwa kuririmba mu rukerera


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...