Sano Panda: Uko urukundo rwa muzika rwamugejeje ku kuba umwe mu batunganya indirimbo bakomeye mu Rwanda - VIDEO

Imyidagaduro - 29/07/2026 3:30 PM
Share:

Umwanditsi:

Sano Panda: Uko urukundo rwa muzika rwamugejeje ku kuba umwe mu batunganya indirimbo bakomeye mu Rwanda - VIDEO

Iyo urebye aho umuziki w’u Rwanda ugeze uyu munsi, usanga inyuma y’indirimbo nyinshi zigezweho hari abantu bakora akazi gakomeye ariko rimwe na rimwe ntibagaragare cyane. Muri abo harimo abatunganya indirimbo (producers), abafasha abahanzi kubona umwimerere w’ibihangano byabo no kubishyira ku rwego rushimisha amatwi y’abakunzi ba muzika.

Umwe muri bo ni Sano Patrick wamamaye nka Sano Panda, producer umaze imyaka myinshi mu rugendo rwa muzika, akaba avuga ko yatangiye gukora umuziki mu 2007.

Kuri uyu mugabo, muzika ntiyaje nk’umwuga wo gushaka amafaranga gusa, ahubwo yaje nk’ikintu yumvaga ari igice cy’ubuzima bwe kuva kera.

Sano avuga ko mbere yo kugera ku rwego amazeho ubu, yanyuze mu nzira yo kwiga no kongera ubumenyi mu muziki. Yize ibijyanye na muzika ubwo yari muri Uganda, akomeza gufashwa n’umuntu wo muri Philippines wamufashije kurushaho kumenya iby’umuziki, nyuma akomereza amasomo muri Afurika y’Epfo ari naho yamenyeye neza ibijyanye no gutunganya indirimbo.

Ati: “Naje gusanga umuziki ari ubuzima bwanjye. Ntabwo nabigiyemo kubera gushaka amaronko kuko narabikunze, bigera aho biba ubuzima kuri njye.”

Kuri Sano Panda, kuba ‘Producer’ ntibigarukira gusa ku kuvanga amajwi no gukora beat, ahubwo abihuza n’ubundi bumenyi afite mu muziki.

Ni umucuranzi wa piano, gitari, accordéon n’ibindi bicurangisho bitandukanye, ndetse akaba n’umuririmbyi ufasha abandi bahanzi mu kunoza amajwi yabo.

Yabwiye InyaRwanda, ati: “Uretse kuba ndi Producer, ncuranga ibicurangisho bitandukanye kandi ndanaririmba. Numvaga ko kubera ko ncuranga izo ngeri zose nakazishyira hamwe mu ndirimbo imwe, hahurijwemo ibitekerezo byinshi.”

Nyuma yo gutangira gukora indirimbo abikunze, Sano avuga ko yaje kubona ko bishobora no kumubyarira umwuga umwinjiriza amafaranga.

Ati: “Natangiye kubikora mbikunda, mbona noneho biri kumpa amafaranga, ndavuga nti birashoboka ko umuntu yabikora nk’umwuga.”

Mu myaka amaze mu ruganda rwa muzika, Sano Panda yakoze ku bihangano by’abahanzi batandukanye barimo amazina akomeye mu Rwanda nka Bruce Melodie, Riderman, Alyn Sano, Hope Irakoze, Mani Martin n’abandi.

Avuga ko icyamushimishije kurusha ibindi ari ukubona abahanzi bakorana bishimira uburyo abatunganyiriza indirimbo, kuko aba ashyira imbere gukoresha ubumenyi yagiye yunguka mu myaka yose.

Ati “Nakoreye indirimbo abahanzi bakomeye hano mu Rwanda. Nishimira ko banyurwaga n’uburyo nkora indirimbo kandi nkora ibyo nzi nigiye.”

Nubwo azwi cyane nka producer, Sano Panda avuga ko ahora yumva ko hakiri byinshi byo gukora no gutanga mu muziki. Izina rye ryamenyekanye cyane mu ndirimbo akoreramo aho akenshi yumvikana ijwi rye rigira riti “Sano Panda”, ikimenyetso cy’umwihariko yamaze kwiyubakira.

Usibye kuba umwe mu batunganya indirimbo, Sano kandi ni musaza w’umuhanzikazi Alyn Sano, umuhanzi uri mu bamaze kugira izina rikomeye mu muziki w’u Rwanda.

Kuri ubu, Sano Panda akomeje urugendo rwo guhuza impano zitandukanye afite, kuva ku gucuranga ibikoresho, kuririmba kugeza ku gutunganya indirimbo, agamije gukomeza gutanga umusanzu we mu kuzamura urwego rw’umuziki nyarwanda.


SanoPanda yatangaje ko yakuze akunda umuziki ibyatumye yiyemeza no gutunganya indirimbo


SanoPanda avuga ko kuva muri 2017 yari yatangiye kugerageza ibyo gukorera indirimbo abahanzi


SanoPanda yishimira intambwe amaze gutera mu buzima bwe, ariko kandi akifuza gukomeza kwagura ikibuga

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA SANOPANDA

VIDEO: Dox Visual /InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...