Sandra Teta avuga ko kuba umugore wa Weasel ‘si ibintu byoroshye’

Imyidagaduro - 19/09/2025 1:02 PM
Share:

Umwanditsi:

Sandra Teta avuga ko kuba umugore wa Weasel ‘si ibintu byoroshye’

Umunyamideli w’Umunyarwandakazi, Sandra Teta, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo gutangaza ko kuba umugore w’umuhanzi w’Umunya-Uganda Douglas Mayanja, uzwi cyane nka Weasel Manizo, atari ibintu byoroshye nk’uko bamwe babitekereza.

Mu kiganiro yagiranye na Big Eye, Sandra yavuze ko umubano wabo uhangayikishije ahanini bitewe n’uko bakomoka mu miryango n’ahantu hatandukanye.

Yagize ati: “Kuba umugore wa Weasel si ibintu byoroshye. Si uburiri bw’amashuka y’amaroza. Twaturutse mu buzima butandukanye.”

Aya magambo ye aje nyuma y’impanuka iherutse kuvugisha benshi, ubwo bivugwa ko mu makimbirane yabereye mu rugo, Sandra yagonze Weasel bikaba byaramusigiye ibikomere bikomeye byatumye ajya mu bitaro igihe kitari gito.

Uyu muhanzi yamaze ibyumweru mu bitaro, ibintu byongeye kuzamura urunturuntu mu rukundo rwabo rusanzwe rutavugwaho rumwe.

Nubwo bahuye n’ibihe bikomeye, Sandra Teta na Weasel bamaze imyaka irenga 5 babana nk’umugore n’umugabo kandi bafitanye abana.

Uru rukundo rwabo rwagiye rukurura amarangamutima ya benshi, bamwe barubona nk’urukundo rw’akataraboneka rukomeye ku byago n’ibigeragezo, abandi bakarwita urunyura mu makimbirane.

Mu myaka yose bamaze babana, ntibyigeze babura mu nkuru zivuga ku byishimo byabo ndetse no ku makimbirane akunze kubatangarizwa mu itangazamakuru ryo muri Uganda n’iry’i Kigali.

Sandra na Weasel ni bamwe mu bashakanye bakunze kuvugwaho cyane muri Uganda, bikaba rimwe na rimwe bituma haba impaka ku mbuga nkoranyambaga.

Abakunzi b’imyidagaduro bamaze kumenyera kubona urukundo rwabo mu ndorerwamo ebyiri: urw’ibyishimo n’urw’ibibazo.

Kuba Sandra avuga ko kuba umugore wa Weasel “bitamworoheye”, hri abavuga ko bishimangira ko inyuma y’ubwamamare n’ubuzima bwo hejuru, hari ikindi gice cy’ukuri kigaragaza urugendo rw’abantu babiri bashaka kubana nubwo banyuranye byinshi.

 

Sandra yavuze ko we na Weasel bakomoka mu buzima butandukanye bigatuma hari byinshi bibagora 

Sandra Teta yashimangiye ko nubwo hari ibibazo byinshi, we na Weasel bamaze imyaka irenga 5 babana kandi bafitanye abana



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...