Sam Karenzi yahishuye uko yaretse umukinnyi yari agiye gusinyisha nyuma yo gusanga yasinze-VIDEO

Imikino - 14/08/2026 10:39 AM
Share:

Umwanditsi:

Sam Karenzi yahishuye uko yaretse umukinnyi yari agiye gusinyisha nyuma yo gusanga yasinze-VIDEO

Umunyamakuru Sam Karenzi yahishuye uko yari agiye gusinyisha umukinnyi mu ikipe ya Bugeszera FC, bikarangira amuretse bitewe no gusanga yasinze.

Ni bimwe mu byo yagarutseho ubwo yatangaga ikiganiro mu gikorwa cyahuje abayobozi batandukanye n’abafite aho bahuriye na siporo kigamije kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi nk’ibyuma cyabaye ku wa Kane tariki ya 13 Kanama 2026.

Sam Karenzi yavuze ko siporo idashoboka ku muntu unywa inzoga, atanga urugero rw’uyu mukinnyi yari agiye gusinyisha muri Bugesera FC, ariko akabireka nyuma yo gusanga uwo mukinnyi yari yasinze mu gitondo cya kare.

Ati: ”Siporo ntabwo ishoboka ku muntu unywa inzoga ntabwo ikunda. Mu bunararibonye mfite nigeze kuba umunyamabanga w’ikipe y’iwacu i Bugesera. Hari hari amarushanwa ya CECAFA i Butare;

Perezida wa Bugesera FC yarampamagaye nari ndiyo ndi mu yindi mirimo arambwira ati 'ariko aho hari umukinnyi nakunze uze kumureba urebe uburyo twamutwara' nti 'nta kibazo ndetse ku bwamahirwe iyo ikipe turi muri hoteli imwe ndamugeraho'”.

Yakomeje agira ati: ”Irushanwa ryari ryasojwe uwo munsi ari ukurara bugacya bagataha. Nza kumucunga amaze kurya turaganira twumvikana amafaranga, (...) ndamubwira nti imodoka iri hariya muri ‘parking’ tuhahurire saa Kumi n'Imwe nta wundi urabyuka nkutware andi makipe atarabyuka.

Turabyumvikana ndara niteguye, saa Kumi n'Imwe zuzuye narabyutse njya aho bakirira abantu kuri hoteli nsanga agaramye hasi yasinze adashobora no kumenya uwo ndi we. Nahise nisubirira mu cyumba ndaryama ibyo kumusinyisha mbivamo. Inzoga zirahari mu basiporutifu bacu”.

Uyu munyamakuru yavuze ko kuba Rayon Sports yaritwaye neza igatwara CECAFA Kagame Cup 2026 yabifashijwemo no kuba abakinnyi bayo baragiye kuba i Gicumbi kure y’i Kigali ntaho bahurira n’ibirimo inzoga.

Ati: ”Iyi kipe ya Rayon Sports iheruka guhesha ishema igihugu igatwara igikombe cya CECAFA mpamya ko byari kugorana iyo iba imaze ukwezi abakinnyi bakingiranye badashobora gusohoka. Iyo ikipe itabafata ngo ibajyane muri hoteli mu buzima busa no muri gereza byari bigoye ko biruka kuriya”.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...