Iyi
ndirimbo ifite ubutumwa bukomeye bw’ihumure, by’umwihariko ku bantu bahura
n’ibibazo bitandukanye birimo intambara n’akarengane.
Saido
Nesta avuga ko yayikoze ashaka kugaragaza ububabare bw’abantu bapfa ari
inzirakarengane, no gushishikariza abakiriho gukomeza urugamba rwo kubaho
bafite icyizere.
Yagize
ati: “Ni indirimbo ishishikariza kwishyira ukizana, kuko kumva buri munsi hapfa
abantu b’inzirakarengane ni ibintu biteye agahinda.”
Uyu
muhanzi akomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko aza
kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho atuye kuri ubu.
Avuga
ko yagiye muri iki gihugu ahunze ibibazo by’umutekano muke, aho yaje gukomereza
ubuzima bwe no guteza imbere impano ye mu muziki.
Saido
Nesta yatangiye urugendo rwe rwa muzika mu 2012 akiri mu mashuri yisumbuye,
ariko ibikorwa bye birushaho kumenyekana kuva mu 2020 ubwo yasohoraga indirimbo
yise ‘Haso’.
Nyuma
yaho yakomeje gukora izindi ndirimbo ndetse anashyira hanze EP yise ‘Iturufu
y’Ubuzima’, iriho indirimbo zirimo ‘Sikubwabo’ yakoranye na Nessa na
Beatkiller.
Kuri
ubu, Saido Nesta ari gutegura album ye ya mbere izaba igizwe n’indirimbo 11,
aho yamaze gutangira gusohora zimwe zirimo ‘Iza Sarambwe’.
Iyi ndirimbo nshya ije ishimangira umurongo wa Saido Nesta wo gukora umuziki ufite ubutumwa buremereye, by’umwihariko ugaruka ku buzima bw’abantu bahura n’ibibazo by’intambara n’akarengane, abasaba gukomeza kwigirira icyizere no kudacika intege mu rugendo rwabo.


‘Iza
Sarambwe’ ya Saido Nesta ije ishimangira umuhate we mu gukora umuziki ugaruka
ku buzima n’agahinda k’abari mu bihe bikomeye
Saido
Nesta uri gutegura album ye ya mbere, yatangiye kuyimenyekanisha abinyujije mu
ndirimbo ‘Iza Sarambwe’

Uyu
muhanzi ukorera umuziki muri Amerika akomeje kuzamura izina rye binyuze mu
bihangano bifite ubutumwa buremereye

