Aba
bahanzi bongeye guhuzwa n’uko batumiwe mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika
Festival mu kiciro cy’abahanzi batwaye Primus Guma Guma Super Stars.
Uretse
kuba aba bahanzi bahujwe n’ibi bitaramo, bari bafite gahunda yabo bwite yo
kongera gushyira hamwe nk’itsinda bagaha ibyishimo abanyarwanda nk’uko byahoze
mu myaka 10 iri tsinda ryamaranye dore ko bakoranye kuva mu mwaka wa 2007
kugera 2017 batandukana.
Safi
Madiba yari yavuye mu gihugu cya Canada hanyuma ahura na Humble Jizzo muri Kenya
bazana mu ndege imwe basanga Nizzo Kabosi abategereje hamwe na Muyoboke Alex
bakoranye igihe kirekire.
Humble
Jizzo yatangaje ko nk’uko byahoze, bagomba guha abanyarwanda ibyishimo nk’uko
nabo bishimiye kuba bongeye guhura nyuma y’igihe kirekire badacana uwaka.
Kubera
urugendo rurerure, Safi Madiba yari naniwe cyane ku buryo ijambo yavuze yagize
ati “Ndananiwe ariko ndishimye.”
Aba bahanzi bazaririmba mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival I Rubavu hanasozwa ibyo bitaramo bimaze ukwezi bizenguruka mu bice byinshi by’igihugu.
DORE AMASHUSHO Y'UKO BAHUJE URUGWIRO KU KIBUGA CY'INDEGE
