Ni
ubutumwa yatanze mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, aho yagaragaje ko hakiri
ababyeyi bataratinyuka cyangwa bagatinya gusobanurira abana babo ibyabaye,
nyamara ari ingenzi ko ukuri kumenyekana kugira ngo Jenoside itazongera kubaho
ukundi.
Safi
Madiba, usigaye akorera umuziki muri Canada, yavuze ko igihe kigeze ngo
ababyeyi batinyuke babwire abana babo amateka nyayo y’u Rwanda, by’umwihariko
ayagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho abarenga miliyoni bishwe mu
buryo bw’agashinyaguro.
Yagize
ati: “Igihe kirageze ngo ababyeyi bigishe urubyiruko ukuri kw’amateka u Rwanda
rwanyuzemo. Babwire abana babo ko ibyabaye atari filime! Ntibikwiye ko babihishwa
cyangwa ngo bagire ipfunwe ryo kubibaganiriza.”
Yasobanuye
ko iyo abana badafite amakuru ahagije ku byabaye, bishobora kubashyira mu kaga
ko kuyoborwa n’ibitekerezo bigoreka amateka cyangwa bihakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ari na
byo byagaragaye mu bihe bitandukanye.
Uyu
muhanzi yashimangiye ko ababyeyi bagomba gusobanurira abana babo uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, bagaragaza n’ubugome bukabije yakoranywe,
kugira ngo urubyiruko rurusheho gusobanukirwa uburemere bwayo.
Ati:
“Mubwire abana banyu uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu
bikorwa, kandi igakoranwa ubugome bw’indengakamere.”
Safi
Madiba kandi yageneye ubutumwa bwihariye urubyiruko, arusaba kutihanganira no
kudaha umwanya uwo ari we wese ushobora kurwinjizamo ingengabitekerezo ya
Jenoside.
Yagaragaje
ko urubyiruko ari rwo mizero y’ejo hazaza h’u Rwanda, bityo rukwiye kugira
ubumenyi buhagije ku mateka yarwo kugira ngo rubashe kurinda ibyagezweho. Yavuze ko umuntu wese upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, "mukwiye
kumugendera kure". Ati: "Rubyiruko nimwe mbwira.”
Ubutumwa
bwa Safi Madiba buje bwiyongera ku bw’abandi bantu batandukanye, by’umwihariko
abahanzi n’abanyamuziki, bakomeje gukoresha ijwi n’ubwamamare bwabo mu
gukangurira Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko gusobanukirwa amateka no
kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Mu
bihe byo kwibuka nka Kwibuka, hibandwa cyane ku guha agaciro amateka,
gusigasira ukuri, no gukomeza kubaka ubumwe n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda,
hagamijwe ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Ibi Safi Madiba asaba ababyeyi n’urubyiruko, ni imwe mu nkingi zikomeye zifasha mu kubungabunga amateka no kurinda ejo hazaza h’u Rwanda, aho buri wese asabwa kugira uruhare mu kwimakaza ukuri no guharanira ko Jenoside yakorewe Abatutsi itazongera kubaho ukundi.

Safi
Madiba yasabye ababyeyi kudatinya kubwiza abana babo ukuri ku mateka ya
Jenoside yakorewe Abatutsi, ashimangira ko ibyabaye atari filime ahubwo ari
amateka akomeye agomba gusobanurirwa urubyiruko kugira ngo rurusheho
kuyasobanukirwa no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside
