Ni ubwa mbere Sabah igeze
muri iki cyiciro cya Champions League, nyuma yo guca mu majonjora y’iri
rushanwa. UEFA yashyize Sabah mu gice cya kane (Pot 4) mbere y’uko
tombola iba.
Tombola yahuje Sabah
n’amakipe akomeye yo mu Burayi, aho izahura na Arsenal, Barcelona, Borussia
Dortmund, Manchester United, Napoli, Villarreal, Slavia Praha na Viking.
Muri iyi mikino, Sabah
izakira Barcelona, Borussia Dortmund, Napoli na Slavia Praha, mu gihe izasura Arsenal,
Manchester United, Villarreal na Viking.
Umukino ushobora gukurura amatsiko cyane ni uwo Sabah izasuramo Arsenal, imwe mu makipe akomeye yo mu Bwongereza. Arsenal na yo ifite gahunda ikomeye muri iri rushanwa, aho izahura kandi na Real Madrid, Bayern Munich, Borussia Dortmund, Real Betis, Lille, Napoli na Slavia Praha.

Mickels ashobora guhurira
ku kibuga n’amakipe akomeye
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu
cy’u Rwanda Joy-Lance Mickels ari mu bakinnyi b’ingenzi ba Sabah muri uru
rugendo rwa Champions League.
Uyu mukinnyi ukina ku ruhande rw’ubusatirizi amaze kugaragara mu mikino umunani ya Sabah muri Champions League 2026/27, akaba amaze gutsinda ibitego bine ndetse anatanga umupira umwe wavuyemo igitego, nk’uko imibare ya UEFA ibigaragaza.

Mickels kandi yagize
uruhare mu mikino y’amajonjora yatumye Sabah igera muri league phase.
UEFA igaragaza ko yakinnye imikino yose umunani ikipe ye yakinnye muri uru
rugendo rwa Champions League.
Kuba Sabah izahura
n’amakipe nka Arsenal, Barcelona, Manchester United na Borussia Dortmund ni
amahirwe akomeye kuri Mickels, kuko azabona umwanya wo gukina ku rwego rwo
hejuru no guhangana n’abakinnyi bakomeye ku mugabane w’u Burayi.
Imikino y’icyiciro cya
shampiyona cya Champions League izatangira hagati ya 8 na 10 Nzeri 2026, naho
gahunda yuzuye y’imikino, irimo amatariki n’amasaha, UEFA yavuze ko izatangazwa
bitarenze ku wa Gatandatu tariki ya 29 Kanama 2026.
Ku ruhande rwa Mickels n’Abanyarwanda bakurikirana umupira w’amaguru, aya makipe akomeye Sabah yahawe ni amahirwe adasanzwe yo kubona Umunyarwanda ahangana n’amwe mu makipe azwi cyane ku isi mu irushanwa rikomeye ry’amakipe ku mugabane w’u Burayi.


Sabah ya Joy-Lance Mickels yamenye amakipe izahura na yo muri UCL
